1 Bami 6

Imyubakire y’inzu y’Imana

1 Hashize imyaka magana ane na mirongo inani Abisirayeli bavuye muri Egiputa, Salomo atangira kubaka inzu y’Uwiteka mu mwaka wa kane ari ku ngoma, hari mu kwezi kwa Zivu ari ko kwezi kwa kabiri.

2 Iyo nzu Umwami Salomo yubakiye Uwiteka, uburebure bwayo bw’umurambararo bwari mikono mirongo itandatu, ubugari bwayo bwari mikono makumyabiri, uburebure bwayo bw’igihagararo bwari mikono mirongo itatu.

3 Kandi ibaraza ry’inzu y’inyumba y’urusengero, uburebure bwaryo bw’umurambararo bwari mikono makumyabiri nk’uko ubugari bw’inyumba bwanganaga, ubugari bwaryo bw’imbere y’inyumba bwari mikono icumi.

4 Abajishiriza iyo nyumba amadirishya y’ibisate bisobekeranije, bidakuka.

5 Ku nzu y’inyumba yomekaho ibyumba bigerekeranye bikikije inzu y’urusengero n’iy’ahavugirwa. Uko ni ko yubatse ibyumba by’impande biyikikije.

6 Ibyumba byo hasi ubugari bwabyo bwari mikono itanu, ibyo hagati ubugari bwabyo bwari mikono itandatu, hakurikiyeho ibya gatatu ubugari bwabyo bwari mikono irindwi. Kandi yabigenjeje atya: inyuma ku nzu y’inyumba asiga aho azomeka ibiti, kugira ngo bidatobora inzu y’urusengero.

7 Mu iyubaka ry’iyo nyumba bayubakishije amabuye yatunganirijwe mu nganzo, nta nyundo cyangwa intorezo cyangwa ikindi kintu cyose cy’icyuma cyumvikanye muri iryo yubaka ryayo.

8 Kandi urugi rw’ibyo byumba byo hagati rwari mu ruhande rw’iburyo bw’urusengero, abajyagayo bazamukiraga ku rwego rwihotaguye bakajya mu cyumba cyo hagati, bava muri cyo bakajya mu cya gatatu.

9 Uko ni ko yubatse inzu arayuzuza, hejuru yayo asakaza ibiti n’imbaho by’imyerezi.

10 Kandi ibyo byumba bigerekeranye yabyubatse ku nzu y’inyumba hose: uburebure bwabyo bw’igihagararo bwari mikono itanu kimwe kimwe, byari bigeretswe ku biti by’imyerezi byometse kuri iyo nyumba.

11 Bukeye ijambo ry’Uwiteka riza kuri Salomo riti

12 “Mbonye iyi nzu wubaka. Nuko nugendera mu mateka yanjye, ugasohoza ibyo nategetse ukitondera amategeko yanjye yose akaba ari yo ugenderamo, nzakomeza ijambo ryanjye navuganye na so Dawidi,

13 mbe mu Bisirayeli ne kureka ubwoko bwanjye bwa Isirayeli.”

14 Uko ni ko Salomo yubatse iyo nzu, arayuzuza.

15 Muri iyo nzu y’inyumba yomekaho imbaho z’imyerezi, uhereye hasi ukageza hejuru ku gisenge na ho aharandisha imbaho, kandi hasi ahasasa imbaho z’imiberoshi.

16 Mu mwinjiro w’iyo nzu hari mikono makumyabiri, yomekaho imbaho z’imyerezi uhereye hasi ukageza ku gisenge. Muri uwo mwinjiro hagirwa ahavugirwa hitwa Ahera cyane.

17 Imbere y’ahavugirwa hitwa urusengero, uburebure bwaho bw’umurambararo bwari mikono mirongo ine.

18 Na ho bahomeka imbaho z’imyerezi bazikebaho amabara, amwe asa n’imihe, andi asa n’uburabyo busambuye. Hose zari imbaho z’imyerezi nta buye ryagaragaraga.

19 Kandi atunganya ahavugirwa mu mwinjiro w’iyo nzu, kugira ngo ahatereke isanduku y’isezerano ry’Uwiteka.

20 Aho havugirwa uburebure bwaho bw’umurambararo bwari mikono makumyabiri, ubugari bwaho bwari mikono makumyabiri, uburebure bwaho bw’igihagararo bwari mikono makumyabiri. Hose ahateraho izahabu itunganijwe, ayitera no ku cyotero cyakozwe mu myerezi.

21 Maze Salomo atera ku nzu yose izahabu itunganijwe, imbere y’ahavugirwa atambikaho iminyururu y’izahabu.

22 Inzu yose ayiteraho izahabu kugeza aho inzu yose yuzuriye, kandi icyotero cy’ahavugirwa na cyo agiteraho izahabu cyose.

23 Ahavugirwa aharemera ibishushanyo by’abakerubi bibiri mu biti by’umwelayo, kimwe muri byo uburebure bwacyo bwari mikono cumi.

24 Uburebure bw’ibaba ry’igishushanyo cy’umukerubi rimwe bwari mikono itanu, n’irindi baba na ryo ari uko. Uhereye ku iherezo ry’ibaba rimwe ukageza ku iherezo ry’irindi, yose yari mikono cumi.

25 Igishushanyo cy’umukerubi cya kabiri uburebure bwacyo bwari mikono cumi. Ibishushanyo by’abakerubi byombi byari ikigero kimwe n’ishusho imwe.

26 Uburebure bw’igishushanyo cy’umukerubi kimwe bwari mikono cumi, n’ubw’ikindi ari uko.

27 Ashyira ibyo bishushanyo by’abakerubi mu mwinjiro w’inzu. Amababa yabyo yari afatanye urunana, bituma rimwe ry’igishushanyo kimwe rifata ku ruhande rumwe rw’inzu, iry’ikindi ku rundi ruhande, kandi ayandi mababa yombi ahurira hagati mu nzu.

28 Ibyo bishushanyo by’abakerubi byombi abiteraho izahabu.

29 Inyuma n’imbere h’iyo nzu akebaho amabara y’ibishushanyo by’abakerubi, n’iby’imikindo n’iby’uburabyo busambuye.

30 Kandi mu nzu imbere hasi no ku ibaraza ryayo, ateraho izahabu.

31 Ahajya ahavugirwa ahashyira inzugi z’ibiti by’imyelayo, inkomanizo n’inkingi z’izo nzugi byari igice cya gatanu cy’ikibambano.

32 Kandi akora inzugi ebyiri z’ibiti by’imyelayo, akebaho amabara y’ibishushanyo by’abakerubi, n’iby’imikindo n’iby’uburabyo busambuye, hanyuma ateraho izahabu kuri izo nzugi, ayinogereza no ku bishushanyo by’abakerubi no ku by’imikindo.

33 Kandi ahajya mu rusengero ahabajishiriza inkingi z’ibiti by’imyelayo. Izo nkingi zari igice cya kane cy’iyo nzu,

34 n’inzugi zaho zombi zibajwe mu biti by’imiberoshi, ibisate byombi by’urugi rumwe iyo byakingurwaga byaribumbaga, n’ibisate byombi by’urundi rugi ni ko byameraga.

35 Azikebaho amabara y’ibishushanyo by’abakerubi, n’iby’imikindo n’iby’uburabyo busambuye, aziteraho izahabu.

36 Kandi urugo rw’ingombe arwubakisha amabuye abajwe mu mpushya eshatu, n’uruhushya rumwe rw’ibiti by’imyerezi.

37 Igihe batangiriye kubaka urufatiro rw’inzu y’Uwiteka, hari mu kwezi kwa Zivu k’umwaka wa kane.

38 Mu kwezi kwa Bula, ari ko kwezi kwa munani k’umwaka wa cumi n’umwe, buzuza inzu n’imyanya yayo yose uko yayigenewe yose. Nuko amara imyaka irindwi ayubaka.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − fourteen =