1 Kor 10

Abisirayeli batubereye akabarore ko kuturinda gukora ibibi

1 Bene Data, sinshaka ko mutamenya yuko ba sogokuruza bose bari munsi ya cya gicu, kandi yuko bose baciye mu nyanja yigabanije,

2 bose bakabatirizwa muri icyo gicu no muri iyo nyanja gutegekwa na Mose,

3 bose bagasangira bya byokurya by’Umwuka na bya byokunywa by’Umwuka,

4 kuko banywaga ku gitare cy’Umwuka cyabakurikiraga, kandi icyo gitare cyari Kristo.

5 Ariko abenshi muri bo Imana ntiyabashimye, ni cyo cyatumye barimbukira mu butayu.

6 Ariko ibyo byababereyeho kugira ngo bitubere akabarore, ngo tutifuza ibibi nk’uko bo babyifuje.

7 Nuko rero ntimugasenge ibishushanyo nk’uko bamwe bo muri bo babisengaga, nk’uko byanditswe ngo “Abantu bicajwe no kurya no kunywa bahagurutswa no gukina.”

8 Kandi ntimugasambane nk’uko bamwe bo muri bo basambanaga, bigatuma hapfa abantu inzovu ebyiri n’ibihumbi bitatu ku munsi umwe.

9 Kandi ntimukagerageze Umwami wacu, nk’uko bamwe bo muri bo bamugerageje bakicwa n’inzoka.

10 Ntimukivovote, nk’uko bamwe bo muri bo bivovose bakicwa n’umurimbuzi.

11 Ibyo byababereyeho kutubera akabarore, kandi byandikiwe kuduhugura twebwe abasohoreweho n’imperuka y’ibihe.

12 Nuko rero uwibwira ko ahagaze, yirinde atagwa.

13 Nta kigeragezo kibasha kubageraho kitari urusange mu bantu, kandi Imana ni iyo kwizerwa kuko itazabakundira kugeragezwa ibiruta ibyo mushobora, ahubwo hamwe n’ikibagerageza izabacira akanzu, kugira ngo mubone uko mubasha kucyihanganira.

Ibyerekeye gusenga ibishushanyo

14 Nuko rero bakundwa, nimuzibukire kuramya ibishushanyo.

15 Ndababwira namwe muri abanyabwenge, mutekereze ibyo mvuga niba ari iby’ukuri koko.

16 Gusangiraigikombe, icyo dusabira umugisha, mbese si ko gusangira amaraso ya Kristo?Gusangiraumutsima tumanyagura si ko gusangira umubiri wa Kristo?

17 Nuko ubwo uwo mutsima ari umwe, twebwe nubwo turi benshi turi umubiri umwe, kuko twese dusangira umutsima umwe.

18 Murebe Abisirayeli bo ku mubiri. Mbese abarya igitambo ntibaba basangiye n’igicaniro?

19 Icyo mvuze ni iki? Boshye ibyaterekerejwe ibishushanyo ari ikintu, cyangwa ko igishushanyo ubwacyo ari cyo kintu?

20 Reka da! Ahubwo mvuze yuko ibyo abapagani baterekereza babiterekereza abadayimoni batabitura Imana, nanjye sinshaka ko musangira n’abadayimoni.

21 Ntibishoboka ko munywera ku gikombe cy’Umwami wacu kandi ngo munywere ku gikombe cy’abadayimoni. Ntimushobora gusangira ibyo ku meza y’Umwami wacu n’ibyo ku meza y’abadayimoni.

22 Mbese icyo mushaka ni ugutera Umwami ishyari? Tumurusha amaboko?

Umudendezo n’urukundo bya Gikristo

23 Nubwo twemererwa byose, ariko ibigira icyo bitumarira si byose. Byose turabyemererwa koko, ariko ibitwungura si byose.

24 Ntihakagire umuntu wizirikana ubwe, ahubwo azirikane na mugenzi we.

25 Ibiguzwe mu iguriro ry’inyama mujye mubirya, mutagize icyo mubaza ku bw’umutima uhana,

26 kuko isi n’ibiyuzuye ari iby’Uwiteka.

27 Umuntu wo mu batizera nabararika namwe mugashaka kugenda, icyo bazabahereza cyose mujye mukirya ari nta cyo mubajije ku bw’umutima uhana.

28 Ariko nihagira umuntu ubabwira ati “Icyo cyaterekerejwe”, ntimukakirye ku bw’uwo ubivuze no ku bw’umutima uhana,

29 icyakora umutima mvuze si uwawe ahubwo ni uwa wa wundi.

Ni iki cyatuma umudendezo mfite uhinyurwa n’umutima uhana w’undi muntu?

30 Nuko rero niba ndya mbishimiye, ni iki gituma ngayirwa ibyo nshimira?

31 Namwe iyo murya cyangwa munywa cyangwa mukora ikindi kintu cyose, mujye mukorera byose guhimbaza Imana.

32 Ntimukabere Abayuda ikigusha, cyangwa Abagiriki cyangwa Itorero ry’Imana,

33 nk’uko nanjye nezeza bose muri byose, sinishakira ikinyungura ubwanjye, keretse icyungura benshi kugira ngo bakizwe.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − thirteen =