1 Sam 7

1 Nuko ab’i Kiriyatiyeyarimu baraza benda isanduku y’Uwiteka, bayizamukana umusozi bayishyira mwa Abinadabu, maze bereza umuhungu we Eleyazari kujya arinda isanduku y’Uwiteka.

Uwiteka akiza Abisirayeli amaboko y’Abafilisitiya

2 Aho isanduku igereye i Kiriyatiyeyarimu, hashize igihe kirekire cy’imyaka makumyabiri ab’inzu ya Isirayeli yose bashaka Uwiteka barira.

3 Maze Samweli abwira inzu ya Isirayeli yose ati “Niba mugarukira Uwiteka n’imitima yanyu yose, nimwikuremo imana z’abanyamahanga na Ashitaroti, mutunganirize Uwiteka imitima yanyu abe ari we mukorera musa, na we azabakiza amaboko y’Abafilisitiya.”

4 Nuko Abisirayeli baherako bakuraho ba Bāli na Ashitaroti, bakorera Uwiteka musa.

5 Bukeye Samweli aravuga ati “Nimuteranye Abisirayeli baze i Misipa, nanjye nzabasabira ku Uwiteka.”

6 Nuko bateranira i Misipa, bavoma amazi bayabyarira imbere y’Uwiteka. Uwo munsi biyiriza ubusa baravuga bati “Twacumuye ku Uwiteka.” Maze Samweli acirira Abisirayeli imanza i Misipa.

7 Abafilisitiya bumvise ko Abisirayeli bateraniye i Misipa, abatware babo baherako batera Abisirayeli. Abisirayeli babyumvise bashya ubwoba ku bw’Abafilisitiya.

8 Abisirayeli babwira Samweli bati “Ntuhweme kudutakambirira Uwiteka Imana yacu, kugira ngo idukize amaboko y’Abafilisitiya.”

9 Nuko Samweli yenda umwana w’intama ucyonka, awutambirira Uwiteka ho igitambo cyoswa kitagabanije, maze Samweli atakambirira Abisirayeli ku Uwiteka, Uwiteka aramwumvira.

10 Samweli agitamba igitambo cyoswa, Abafilisitiya bigira hafi kurwanya Abisirayeli. Uwo munsi Uwiteka ahindira ku Bafilisitiya guhinda gukomeye arabatatanya, banesherezwa imbere y’Abisirayeli.

11 Abagabo b’Abisirayeli baherako baturumbuka i Misipa bagerekana Abafilisitiya, babica umugenda babageza i Betikari.

12 Maze Samweli yenda ibuye arishinga hagati y’i Misipa n’i Sheni, arihimba izina Ebenezeri ati “Uwiteka yaratuzahuye kugeza n’ubu.”

13 Nuko Abafilisitiya baratsindwa ntibongera kurenga urugabano rw’Abisirayeli. Mu gihe cya Samweli cyose ukuboko k’Uwiteka kwibasiraga Abafilisitiya.

14 Kandi imidugudu y’Abisirayeli yari yaranyazwe n’Abafilisitiya igarurirwa Abisirayeli, uhereye kuri Ekuroni ukageza i Gati, n’urugabano rwayo Abisirayeli barukura mu butware bw’Abafilisitiya kandi babana amahoro n’Abamori.

15 Nuko Samweli aba umucamanza w’Abisirayeli iminsi yose yo kubaho kwe.

16 Kandi uko umwaka utashye yajyaga acuragana i Beteli n’i Gilugali n’i Misipa, acira Abisirayeli imanza muri iyo myanya yose,

17 akajya asubira iwe i Rama kuko ari ho urugo rwe rwari ruri agacirayo Abisirayeli imanza, yubakayo igicaniro cy’Uwiteka.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =