2 Kor 6

1 Kandi ubwo dukorana na yo, turabinginga kugira ngo mudaherwa ubuntu bw’Imana gupfa ubusa,

2 kuko yavuze iti

“Mu gihe cyo kwemererwamo narakumviye,

No ku munsi wo gukirizwamo naragutabaye.”

Dore none ni cyo gihe cyo kwemererwamo, dore none ni wo munsi wo gukirizwamo.

3 Ntitugire igisitaza dushyira mu nzira y’umuntu wese, kugira ngo umurimo wacu utagira umugayo.

4 Ahubwo ku kintu cyose twihe agaciro nk’abakozi b’Imana bagabura ibyayo, twihangana cyane mu makuba, mu mibabaro, mu byago,

5 mu biboko, mu mazu y’imbohe, mu midugararo, no mu mihati; tuba maso, twirirwa ubusa,

6 dufite umutima uboneye, dufite ubwenge, tutarambirwa, tugira neza, dufite Umwuka Wera, dufite n’urukundo rutaryarya;

7 tuvuga ijambo ry’ukuri, dufite imbaraga z’Imana kandi dufite intwaro zo gukiranuka z’iburyo n’iz’ibumoso,

8 mu cyubahiro no mu buhemu, mu mugayo no mu ishimwe. Dutekerezwa ko turi abashukanyi ariko turi ab’ukuri,

9 dutekerezwa ko turi abatamenyekana nyamara turi ibirangirire, dusa n’abagiye gupfa ariko dore turi bazima, dusa n’abahanwa ariko ntitwicwa,

10 dusa n’abababara ariko twishima iteka, dusa n’abakene nyamara dutungisha benshi, dusa n’abatagira icyo bafite nyamara dufite byose.

11 Mwa Bakorinto mwe, akanwa kacu karababumbukiye, umutima wacu uragūtse.

12 Ntimubyigana muri twe, ahubwo mubyigana mu mitima yanyu ubwanyu.

13 Nuko ndababwira nk’abana banjye, namwe mwaguke kugira ngo mwiture nk’uko mwagiriwe.

Ibyo kutifatanya n’abatizera

14 Ntimwifatanye n’abatizera mudahwanye. Mbese gukiranuka no gukiranirwa byafatanya bite? Cyangwa umucyo n’umwijima byabana bite?

15 Kandi Kristo ahuriye he na Beliyali, cyangwa uwizera n’utizera bafitanye mugabane ki?

16 Mbese urusengero rw’Imana rwahuza rute n’ibishushanyobisengwa, ko turi urusengero rw’Imana ihoraho? Nk’uko Imana yabivuze iti

“Nzatura muri bo ngendere muri bo,

Nzaba Imana yabo na bo bazaba ubwoko bwanjye.

17 Nuko muve hagati ya ba bandi,

Mwitandukanye ni ko Uwiteka avuga,

Kandi ntimugakore ku kintu gihumanye.

Nanjye nzabākīra,

18 Kandi nzababera So,

Namwe muzambere abahungu n’abakobwa,

Ni ko Uwiteka Ushoborabyose avuga.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 10 =