2 Kor 7

1 Nuko bakundwa, ubwo dufite ibyo byasezeranijwe, twiyezeho imyanda yose y’umubiri n’umutima, tugende twiyejesha rwose kubaha Imana.

2 Nimutwakire mu mitima yanyu dore nta we twagiriye nabi, nta we twononnye, nta we twariganije.

3 Ibyo simbivugiye kubagaya, kuko maze kuvuga yuko muri mu mitima yacu ngo dupfane kandi ngo tubaneho.

4 Mbashiraho amanga cyane, kandi ndabirata cyane. Nuzuye ihumure, ndetse no mu makuba yacu yose ngira umunezero usesekaye.

Ibyo kuza kwa Tito n’agahinda ko mu buryo bw’Imana

5 Ubwo twazaga i Makedoniya imibiri yacu ntirakaruhuka na hato, ahubwo twababajwe uburyo bwose. Inyuma hāri intambara, imbere hāri ubwoba.

6 Ariko Imana ihumuriza abicisha bugufi, yaduhumurishije kuza kwa Tito.

7 Nyamara si ukuza kwe konyine, ahubwo no guhumurizwa yahumurijwe namwe n’uko yadutekerereje urukumbuzi rwanyu mwankumburaga, n’umubabaro mwangiriraga n’ishyaka mwandwaniraga, ni cyo cyatumye ndushaho kwishima.

8 Nubwo nabateje agahinda rwa rwandiko sinicuza. Kandi nubwo nicuzaga, mbonye yuko urwo rwandiko rwabateye agahinda (nubwo kari ak’umwanya muto gusa kagashira),

9 none ndishimye. Icyakora sinishimishijwe n’uko mwagize agahinda, ahubwo ni uko ako gahinda kabateye kwihana, kuko mwagize agahinda ko mu buryo bw’Imana ngo mutagira icyo mubura ku bwacu.

10 Agahinda ko mu buryo bw’Imana gatera kwihana kuticuzwa, na ko kukazana agakiza, ariko agahinda ko mu buryo bw’isi gatera urupfu.

11 Aho ntimurora ako gahinda ko mu buryo bw’Imana uburyo kabateye umwete mwinshi ungana utyo, ukabatera kwiregura no kurakara no gutinya, n’urukumbuzi n’ishyaka no guhōra? Muri byose mwiyerekanye ko muboneye muri ibyo.

12 Nuko ubwo nabandikiraga, ibyanyandikishije si iby’uwagize nabi cyangwa si iby’uwagiriwe nabi, ahubwo ni ukugira ngo umwete mutugirira werekanirwe mu maso y’Imana.

13 Ni cyo cyatumye duhumurizwa, kandi muri iryo humure twarushijeho kwishimishwa n’ibyishimo bya Tito, kuko umutima we waruhuwe namwe mwese.

14 Niba hariho icyanteye kumubiratira sinakozwe n’isoni, ahubwo nk’uko twababwiye byose mu kuri, ni ko kwirata kwacu twiratiye Tito kwabonetse ko ari uk’ukuri.

15 Umutima we urushaho kubakunda iyo yibutse uko mwumviye mwese, kandi uko mwamwakiriye mutinya muhinda imishyitsi.

16 Nishimiye yuko muri byose nshobora kubiringira rwose ntashidikanya.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =