Amosi 1

Imana izahana amahanga

1 Amagambo ya Amosi, wari umwe mu bashumba b’i Tekowa, y’ibyo yabonye byerekeye ku Bisirayeli, ku ngoma ya Uziya umwami w’u Buyuda, no ku ngoma ya Yerobowamu mwene Yehowasi, umwami wa Isirayeli, hari hasigaye imyaka ibiri cya gishyitsi cy’isi kikaba.

2 Aravuga ati “Uwiteka azivuga ari i Siyoni, arangurure ijwi rye ari i Yerusalemu, kandi ibyanya by’abashumba bizasigara biganya, n’impinga z’i Karumeli zizuma.”

3 Uwiteka aravuga ati “Ibicumuro bitatu by’i Damasiko, ndetse bine, bizantera kutabakuraho igihano kuko bahurishije i Galeyadi ibibando by’ibyuma.

4 Ariko nzohereza inkongi, nzashumika inzu ya Hazayeli, kandi zizakongora amanyumba ya Benihadadi.

5 Nzamenagura ibyuma byugariye i Damasiko, nzatsembaho abatuye mu gikombe cyo muri Aveni, kandi n’uwitwaje umuringiso w’inkoni y’ubwami nzamutsemba, ashire mu muryango w’inzu ya Edeni, kandi ubwoko bw’Abasiriya buzajyanwa i Kiri ari imbohe.” Ni ko Uwiteka avuga.

6 Uwiteka aravuga ati “Ibicumuro bitatu by’i Gaza, ndetse bine, bizantera kutabakuraho igihano kuko bajyanye abantu bose ari imbohe, bakabaha Edomu. 2.4-7; Zek 9.5-7

7 Nzohereza inkongi, nzashumika inkike z’i Gaza, kandi zizatwika amanyumba yaho.

8 Nzatsembaho abatuye muri Ashidodi, kandi n’uwitwaje umuringiso w’inkoni y’ubwami wo muri Ashikeloni. Nzahindura ukuboko kwanjye ntere Ekuroni, ni bwo abasigaye bo mu Bafilisitiya bazarimbuka.” Ni ko Umwami Imana ivuga.

9 Uwiteka aravuga ati “Ibicumuro bitatu by’i Tiro, ndetse bine, bizantera kutabakuraho igihano kuko abo bajyanye ari imbohe bose, babahaye Edomu ntibibuka isezerano ry’ubuvandimwe. 11.21-22; Luka 10.13-14

10 Ariko nzohereza inkongi, nzashumika inkike y’i Tiro, zitwike amanyumba yaho yose.”

11 Uwiteka aravuga ati “Ibicumuro bitatu bya Edomu, ndetse bine, bizantera kutamukuraho igihano, kuko yirukanishije mwene se inkota, agacubya imbabazi kandi uburakari bwe ntibuhweme gutanyagura, ahorana umujinya iteka ryose. 35.1-15; Obad 1-14; Mal 1.2-5

12 Nzohereza inkongi i Temani zitwike amanyumba ya Bosira.”

13 Uwiteka aravuga ati “Ibicumuro bitatu bya bene Amoni, ndetse bine, bizantera kutabakuraho igihano kuko abagore batwite b’i Galeyadi babafomoje kugira ngo bacume ingabano zabo.

14 Ariko nzakongeza inkongi ku nkike z’i Raba zitwike n’amanyumba yaho, habe n’urusaku rw’intambara n’inkubi y’umuyaga ku munsi wa serwakira.

15 Umwami wabo azajyanwa ari imbohe, we n’ibikomangoma bye bari kumwe.” Ni ko Uwiteka avuga.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 12 =