Amosi 2

1 Uwiteka aravuga ati “Ibicumuro bitatu bya Mowabu, ndetse bine, bizantera kutabakuraho igihano kuko yatwitse amagufwa y’umwami wo muri Edomu, akayagira ishwagara. Zef 2.8-11

2 Ariko nzohereza inkongi kuri Mowabu zitwike amanyumba ya Keriyoti, Mowabu azapfa habaye urusaku n’induru n’ijwi ry’impanda.

3 Nzabakuramo umucamanza, mwicane n’ibikomangoma byaho byose.” Ni ko Uwiteka avuga.

4 Uwiteka aravuga ati “Ibicumuro bitatu bya Yuda, ndetse bine, bizantera kutabakuraho igihano kuko banze amategeko y’Uwiteka, ntibakomeza amateka ye, kandi ibinyoma byabo byabateye kuyoba, ari byo ba sekuruza bakurikizaga.

5 Ariko nzohereza inkongi i Buyuda zitwike amanyumba y’i Yerusalemu.”

6 Uwiteka aravuga ati “Ibicumuro bitatu bya Isirayeli, ndetse bine, bizantera kutabakuraho igihano kuko baguze umukiranutsi ifeza, n’umutindi bakamugura inkweto.

7 Bifuza kureba abakene birenza umukungugu ku mutwe, bakagoreka n’inzira y’umugwaneza. Umwana na se baryamana n’umukobwa umwe, bakagayisha izina ryanjye ryera.

8 Biryamira iruhande rw’igicaniro cyose ku myambaro bendeye ubugwate, kandi banywera mu nzu y’Imana yabo vino y’abaciwe ibyiru.

9 “Kandi ni jye warimburiye Umwamori imbere yabo, uburebure bwe bwari nk’uburebure bw’imyerezi, kandi yari akomeye nk’imyela, ariko natsembyeho imbuto ze nturutse hejuru, n’imizi ye nturutse hasi.

10 Kandi nabakuye mu gihugu cya Egiputa mbayobora mu butayu imyaka mirongo ine, kugira ngo muhindūre igihugu cy’Abamori.

11 Kandi mu bahungu banyu nahagurukijemo abahanuzi no mu basore banyu Abanaziri. Mbese si ko byabaye mwa Bisirayeli mwe?” Ni ko Uwiteka abaza.

12 “Ariko mwanywesheje Abanaziri vino, mutegeka abahanuzi muti ‘Ntimugahanure.’

13 Dore ngiye kubashikamira nk’uko igare ryuzuwemo n’imiba rishikamira hasi.

14 Kandi guhunga ntikuzashobokera abanyambaraga, n’umunyamaboko ntazabasha kwiyungura intege, n’intwari ntizabasha kwikiza,

15 n’umunyamuheto ntazabasha guhagarara, n’impayamaguru ntizīrokora, n’ugendera ku ifarashi na we ntazabasha kwikiza,

16 kandi intwari yo mu bakomeye, uwo munsi izahunga yambaye ubusa.” Ni ko Uwiteka avuga.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − three =