Amosi 3

Imana ihana Isirayeli

1 Nimwumve iri jambo Uwiteka yabavuzeho, mwa Bisirayeli mwe, ab’umuryango wose navanye mu gihugu cya Egiputa ati

2 “Ni mwe gusa namenye bo mu miryango yose yo mu isi, ni cyo gituma nzabahanira ibicumuro byanyu byose.”

3 Mbese abantu babiri bajyana batasezeranye?

4 Intare yatontomera mu ishyamba idafite umuhigo? Umugunzu w’intare warurumira mu buvumo bwawo ari nta cyo ufashe?

5 Inyoni se yagwa mu mutego uri hasi kandi udatezwe? Umutego w’umushibuka washibuka ari nta cyo ufashe?

6 Mbese impanda yavugirizwa mu mudugudu abantu ntibagire ubwoba? Hari ibibi byatera umudugudu Uwiteka atari we ubizanye?

7 Ni ukuri Uwiteka Imana ntizagira icyo ikora itabanje guhishurira abagaragu bayo b’abahanuzi ibihishwe byayo.

8 Intare iyo itontomye hari udatinya? Uwiteka Imana yaravuze. Ni nde warorera guhanura?

9 Mubyamamaze mu manyumba yo muri Ashidodi, no mu manyumba yo mu gihugu cya Egiputa muti “Muteranire mu mpinga z’imisozi y’i Samariya, kandi murebe impagarara zihari zikomeye n’urugomo ruhagirirwa.”

10 Uwiteka aravuga ati “Ntibazi gukora ibitunganye, ahubwo biyuzuriza mu manyumba yabo ibyo bendeshaga urugomo n’ubwambuzi.”

11 Ni cyo gituma Uwiteka Imana ivuga iti “Hazabaho umwanzi ndetse azagota igihugu, azacogoza imbaraga zawe, amanyumba yawe azasahurwa.”

12 Uwiteka aravuga ati “Abisirayeli bibera i Samariya bicaye ku miguno y’amariri no ku misego ya hariri, ariko nk’uko umwungeri yaka intare iminono ibiri cyangwa igice cy’ugutwi biri mu kanwa kayo, ni ko bazarokorwa.

13 Nimwumve, mushinje inzu ya Yakobo.” Ni ko Uwiteka Imana Nyiringabo ivuga.

14 “Kuko umunsi nzahanira Isirayeli ibicumuro bye, nzahana n’ibicaniro by’i Beteli, kandi amahembe y’igicaniro azacibwa agwe hasi.

15 Inyumba y’itumba nzayisenya hamwe n’inyumba y’impeshyi, kandi amanyumba arimbishijwe amahembe y’inzovu azasenywa, n’amazu akomeye azatsembwaho.” Ni ko Uwiteka avuga.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − fourteen =