Ezira 10

Abisirayeli bongera kwitandukanya n’abanyamahanga

1 Nuko Ezira agisenga yātura, kandi arira n’amarira yikubise hasi imbere y’inzu y’Imana, iteraniro rinini cyane rivuye mu Bisirayeli, abagabo n’abagore n’abana bato bateranira aho yari ari aho ngaho, kandi abantu barariraga cyane.

2 Maze Shekaniya mwene Yehiyeli umwe wo muri bene Elamu, abwira Ezira ati “Twacumuye ku Mana yacu, dushaka abagore b’abanyamahangakazi bo mu mahanga yo mu bihugu, ariko noneho muri ibyo haracyariho ibyiringiro by’uko Abisirayeli bākira.

3 Nuko rero none dusezerane isezerano n’Imana yacu, yuko dusenda abagore bose n’abana babyaye, dukurikije inama ya databuja n’iy’abahindira imishyitsi itegeko ry’Imana yacu, kandi bigenzwe nk’uko amategeko ategeka.

4 Byuka kuko ari ibyawe kandi turi kumwe nawe, ntutinye ubikore.”

5 Ezira aherako arabyuka arahiza abakuru b’abatambyi n’Abalewi n’Abisirayeli bose, yuko bazabigenza nk’uko bagiye inama. Nuko bararahira.

6 Maze Ezira arahaguruka ava imbere y’inzu y’Imana ajya mu nzu ya Yehohanani mwene Eliyashibu, agezeyo ntiyagira icyo afungura kuko yababajwe n’igicumuro cy’abavuye mu bunyage.

7 Hanyuma bamamaza i Buyuda n’i Yerusalemu, ngo abavukiye mu bunyage bakabuvamo bateranire i Yerusalemu,

8 kandi ngo utazaza mu minsi itatu nk’uko abatware n’abakuru bagiye inama, azanyagwa ibye byose kandi na we ubwe akurwe mu iteraniro ry’abavuye mu bunyage.

9 Nuko Abayuda n’Ababenyamini bose bateranira i Yerusalemu mu minsi itatu, kandi hari ku munsi wa makumyabiri w’ukwezi kwa cyenda. Abantu bose bicara mu muharuro imbere y’inzu y’Imana, bahindishwa umushyitsi n’ibyo kandi kuko hari imvura nyinshi.

10 Maze Ezira arahaguruka arababwira ati “Mwaracumuye mushaka abagore b’abanyamahangakazi, mwongerera Abisirayeli icyaha.

11 None nimwāturire Uwiteka Imana ya ba sogokuruza mukore ibyo ishaka, mwitandukanye n’abanyamahanga bo mu gihugu, n’abagore b’abanyamahangakazi.”

12 Nuko iteraniro ryose bamusubizanya ijwi rirenga bati “Nk’uko udutegeka ni ko twemeye kubikora.

13 Ariko abantu ni benshi kandi ubu ni igihe cy’imvura nyinshi, ntitubasha guhagarara hanze kandi uwo murimo si uw’umunsi umwe cyangwa ibiri, kuko muri ibyo twacumuye cyane.

14 Nuko rero abatware bacu nibagabanye iteraniro, maze abashatse abagore b’abanyamahangakazi mu midugudu yacu yose bajye baza mu bihe bitegetswe, bazanywe n’abatware b’umudugudu bose n’abacamanza bawo, bageze aho uburakari bw’Imana yacu buzatuviraho kandi iryo jambo rigasohozwa.”

15 Yonatani mwene Asaheli na Yahazeya mwene Tikuva ni bo bonyine bahagarutse bahakana iyo nama, kandi bafatanya na Meshulamu na Shabetayi Umulewi.

16 Nuko abavukiye mu bunyage babigenza batyo. Maze Ezira umutambyi n’abatware bamwe b’amazu ya ba sekuruza, uko amazu yabo yari ari, bose uko amazina yabo yari ari, baratoranywa, hanyuma ku munsi wa mbere w’ukwezi kwa cumi bicazwa no kubigenzura.

17 Ku munsi wa mbere w’ukwezi kwa mbere, bari barangije iby’abagabo bose bari barashatse abagore b’abanyamahangakazi.

18 Abashatse abagore b’abanyamahangakazi bo mu bana b’abatambyi ni aba: muri bene Yeshuwa mwene Yosadaki na bene se, ni Māseya na Eliyezeri na Yaribu na Gedaliya.

19 Batanga amaboko yabo ho abagabo yuko basenda abagore babo, kandi batanga impfizi y’intama yo mu mukumbi ho icyiru kuko batsinzwe n’urubanza.

20 Muri bene Imerini Hanani na Zebadiya.

21 Muri bene Harimu ni Māseya na Eliya na Shemaya, na Yehiyeli na Uziya.

22 Muri bene Pashuri ni Eliyowenayi na Māseya na Ishimayeli, na Netanēli na Yozabadi na Elasa.

23 Mu Balewi ni Yozabadi na Shimeyi na Kelaya (ari we Kelita), na Petahiya na Yuda na Eliyezeri.

24 Mu baririmbyi ni Eliyashibu.

Mu bakumirizi ni Shalumu na Telemu na Uri.

25 Mu Bisirayeli: muri bene Paroshi ni Ramiya na Iziya na Malikiya, na Miyamini na Eleyazari na Malikiya na Benaya.

26 Muri bene Elamu ni Mataniya na Zekariya na Yehiyeli, na Abudi na Yeremoti na Eliya.

27 Muri bene Zatu ni Eliyowenayi na Eliyashibu na Mataniya, na Yeremoti na Zabadi na Aziza.

28 Muri bene Bebayi ni Yehohanani na Hananiya, na Zabayi na Atilayi.

29 Muri bene Bani ni Meshulamu na Maluki na Adaya, na Yashubu na Sheyali na Yeremoti.

30 Muri bene Pahatimowabu ni Adina na Kelali na Benaya, na Māseya na Mataniya na Besalēli, na Binuwi na Manase.

31 Muri bene Harimu ni Eliyezeri na Ishiya na Malikiya, na Shemaya na Shimeyoni,

32 na Benyamini na Maluki na Shemariya.

33 Muri bene Hashumu ni Matenayi na Matata na Zabadi, na Elifeleti na Yeremayi na Manase na Shimeyi.

34 Muri bene Bani ni Madayi na Amuramu na Uweli,

35 na Benaya na Bedeya na Keluhi,

36 na Vaniya na Meremoti na Eliyashibu,

37 na Mataniya na Matenayi na Yāsayi,

38 na Bani na Binuwi na Shimeyi,

39 na Shelemiya na Natani na Adaya,

40 na Makinadebayi na Shashayi na Sharayi,

41 na Azarēli na Shelemiya na Shemariya,

42 na Shalumu na Amariya na Yosefu.

43 Muri bene Nebo ni Yeyeli na Matitiya na Zabadi, na Zebina na Ido na Yoweli na Benaya.

44 Abo bose bari barashatse abagore b’abanyamahangakazi, ndetse bamwe muri bo bari babyaranye abana.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + two =