Imig 5

Ibyo kwirinda ubusambanyi

1 Mwana wanjye ita ku bwenge bwanjye,

Tegera ugutwi ubuhanga bwanjye,

2 Kugira ngo uhore witonda,

Kandi iminwa yawe ikomeze ubwenge.

3 Kuko iminwa y’umugore w’inzaduka itonyanga ubuki,

Kandi akanwa ke karusha amavuta koroha,

4 Ariko hanyuma asharīra nk’umuravumba,

Agira ubugi nk’ubw’inkota ityaye.

5 Ibirenge bye bimanuka bijya ku rupfu,

Intambwe ze ziherera ikuzimu.

6 Bituma atabona inzira y’ubugingo itunganye,

Kugenda kwe ni ukuzerera atabizi.

7 Noneho bahungu banjye, nimunyumvire,

Kandi ntimwirengagize amagambo yo mu kanwa kanjye.

8 Cisha inzira yawe kure y’uwo mugore,

Kandi ntiwegere umuryango w’inzu ye,

9 Kugira ngo utiyaka icyubahiro cyane ngo ugihe abandi,

Cyangwa ngo uharire imyaka yawe abanyarugomo.

10 Abashyitsi be guhazwa n’ibiguturukamo,

Kandi imirimo yawe ye gukorerwa mu nzu y’umunyamahanga.

11 Amaherezo ukazaboroga,

Umubiri wawe umaze gushiraho,

12 Ukavuga uti “Ayii we, ko nanze kwigishwa!

Umutima wanjye ukanga guhanwa.

13 Sinumviye amajwi y’abanyigishaga,

Kandi sintegere amatwi abampuguraga.

14 Nari ngiye kurohama mu bibi byose,

Imbere ya rubanda ndetse n’imbere y’iteraniro.”

15 Ujye unywa amazi y’iriba ryawe,

Amazi ava mu isōko wifukuriye.

16 Mbese amasōko yawe yasandarira hanze,

N’imigezi yawe yatemba mu mayira?

17 Bibe ibyawe bwite,

Kandi ntubikorere ku nzaduka.

18 Isōko yawe ihirwe,

Kandi wishimire umugore w’ubusore bwawe.

19 Nk’imparakazi ikundwa n’isirabo nziza,

Amabere ye ahore akunezeza,

Kandi ujye wishimira cyane urukundo rwe.

20 Mwana wanjye, kuki wakwishimira umugore w’inzaduka,

Ukagira ngo uhoberane na we?

21 Kuko imigendere y’umuntu iri imbere y’amaso y’Uwiteka,

Kandi ni we umenya imigenzereze ye yose.

22 Umunyabyaha azafatwa no gukiranirwa kwe,

Kandi azakomezwa n’ingoyi z’icyaha cye.

23 Azapfa azize ko yanze kwigishwa,

Kandi ubupfapfa bwe bwinshi buzamutera kuyoba.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 8 =