Imig 6

Ibyo kwishingira

1 Mwana wanjye, niba wishingiye umuturanyi wawe,

Cyangwa ukarahirira ko wishingiye umunyamahanga,

2 Uba ufashwe n’indahiro warahiye,

Ukaba uboshywe n’amagambo y’ururimi rwawe.

3 Noneho mwana wanjye, genza utya kandi wikize,

Ubwo waguye mu maboko y’umuturanyi wawe,

Genda wicishe bugufi umwinginge.

4 Ntureke amaso yawe agoheka,

Ntuhunikire.

5 Ikize nk’isirabo iva mu maboko y’umuhigi,

Nk’inyoni iva mu kuboko k’umutezi.

Iby’ubute

6 Wa munyabute we, sanga ikimonyo,

Witegereze uko kigenza kandi ugire ubwenge.

7 Ntikigira umutware cyangwa igisonga cyangwa shebuja,

8 Ariko gihunika ibiryo byacyo mu cyi,

Kandi mu isarura kikishakira ibigitunga.

9 Uzasinzira ugeze ryari, wa munyabute we?

Uzakanguka ryari?

10 Uti “Henga nsinzire gato, nihweture kanzinya,

Kandi nipfunyapfunye nsinzire.”

11 Nuko ubukene buzakugeraho nk’umwambuzi,

N’ubutindi bugutere nk’ingabo.

Ibyo Imana yanga

12 Umuntu w’ikiburaburyo, umuntu w’inkozi y’ibibi,

Ni we ugendana umunwa ugoreka,

13 Akicirana amaso akavugisha ibirenge,

Agacisha amarenga intoki ze.

14 Umutima we urimo ubugoryi,

Ahorana imigambi yo gukora ibibi,

Akabiba ibiteranya.

15 Ni cyo gituma amakuba ye azamutungura,

Azavunika vuba kandi ntazungwa.

16 Hariho ibintu bitandatu ndetse birindwi,

Uwiteka yanga bimubera ikizira ni ibi:

17 Amaso y’ubwibone, ururimi rubeshya,

Amaboko avusha amaraso y’utariho urubanza,

18 Umutima ugambirira ibibi,

Amaguru yihutira kugira urugomo,

19 Umugabo w’indarikwa uvuga ibinyoma,

N’uteranya abavandimwe.

Iby’abamaraya

20 Mwana wanjye, komeza icyo so yagutegetse,

Kandi we kureka icyo nyoko yakwigishije.

21 Uhore ubikomeje ku mutima wawe,

Ubyambare mu ijosi.

22 Nugenda bizakuyobora,

Nujya kuryama bizakurinda,

Kandi nukanguka bizakubwiriza.

23 Kuko itegeko ari itabaza,

amategeko ari umucyo,

Kandi ibihano byo guhugura ari inzira y’ubugingo.

24 Byakurinda umugore w’inkozi z’ibibi,

No gushyeshya ku ururimi rw’umunyamahangakazi,

25 We kwifuza ubwiza bwe mu mutima wawe,

Kandi ntukunde ko akwicira ijisho.

26 Kuko maraya akenesha umuntu,

Agasigara ku gasate k’umutsima,

Kandi umugore usambana ahīga ubugingo bw’igiciro cyinshi.

27 Mbese umuntu yashyira umuriro mu gituza cye,

Imyambaro ye ntishye?

28 Cyangwa hari uwabasha gukandagira amakara yaka,

Ibirenge bye ntibibabuke?

29 Ni ko bimera no ku muntu usanga muka mugenzi we,

Kandi umukoraho wese ntazabura kugibwaho igihano.

30 Abantu ntibagaya umujura wibishijwe n’inzara,

31 Ariko iyo afashwe abiriha karindwi,

Agatanga ibyo afite mu rugo rwe byose.

32 Usambana n’umugore nta mutima afite,

Ugenza atyo aba arimbuye ubugingo bwe.

33 Inguma no gukorwa n’isoni ni byo azabona,

Kandi umugayo we ntuzahanagurwa.

34 Kuko ifuhe ry’umugabo w’umugore ari uburakari bukaze,

Kandi ntazamubabarira ku munsi wo guhōra.

35 Ntazita ku mpongano,

Ntabwo azatuza naho wamuhongera byinshi.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 6 =