Intu 1

Yesu azamurwa mu ijuru, abigishwa basubira i Yerusalemu

1 Tewofilo we:

Muri cya gitabo cya mbere nanditse ibyo Yesu yabanje gukora no kwigisha byose,

2 kugeza ku munsi yazamuriwe mu ijuru amaze gutegeka intumwa yatoranije, azitegekesha Umwuka Wera.

3 Amaze kubabazwa ababonekera ari muzima, atanga ibimenyetso byinshi, agumya kubabonekera mu minsi mirongo ine avuga iby’ubwami bw’Imana.

4 Nuko abateraniriza hamwe, abategeka kutava i Yerusalemu ati “Ahubwo murindire ibyo Data yasezeranije, ibyo nababwiye:

5 kuko Yohana yabatirishaga amazi, ariko mwebweho mu minsi mike muzabatirishwa Umwuka Wera.”

6 Nuko bamaze guterana baramubaza bati “Mbese Mwami, iki ni cyo gihe wenda kugaruriramo ubwami mu Bisirayeli?”

7 Arabasubiza ati “Si ibyanyu kumenya iby’iminsi cyangwa ibihe Data yagennye, ni ubutware bwe wenyine.

8 Icyakora muzahabwa imbaraga Umwuka Wera nabamanukira, kandi muzaba abagabo bo kumpamya i Yerusalemu n’i Yudaya yose n’i Samariya, no kugeza ku mpera y’isi.”

9 Amaze kuvuga atyo azamurwa bakimureba, igicu kiramubakingiriza.

10 Bakiraramye batumbira mu ijuru akigenda, abagabo babiri barababonekera bahagaze iruhande rwabo, bambaye imyenda yera.

11 Barababaza bati “Yemwe bagabo b’i Galilaya, ni iki gitumye muhagaze mureba mu ijuru? Yesu ubakuwemo akazamurwa mu ijuru, azaza atyo nk’uko mumubonye ajya mu ijuru.”

12 Basubira i Yerusalemu bavuye ku musozi witwa Elayono, uri bugufi bw’i Yerusalemu nk’urugendo rwo kugendwa ku isabato.

13 Basohoyeyo barurira bajya mu cyumba cyo hejuru, aho Petero na Yohana na Yakobo, na Andereya na Filipo na Toma, na Barutolomayo na Matayo na Yakobo mwene Alufayo, na Simoni Zelote na Yuda mwene Yakobo babaga.

14 Abo bose hamwe n’abagore na Mariya nyina wa Yesu na bene se, bakomezaga gusengana umutima uhuye.

Matiyasi atoranywa gusubira mu mwanya wa Yuda

15 Muri iyo minsi Petero ahagaze hagati ya bene Data, (umubare w’abantu bose bari bahateraniye bari nk’ijana na makumyabiri), aravuga ati

16 “Bagabo bene Data, ibyanditswe byari bikwiriye gusohora, ibyo Umwuka Wera yahanuriye mu kanwa ka Dawidi kuri Yuda wayoboye abafashe Yesu,

17 kuko yari yarabazwe muri twe, agahabwa umugabane w’uyu murimo.”

18 (Kandi uwo muntu, amaze kugura isambu ku byo yahawe ho igihembo cyo gukiranirwa kwe, agwa yubamye araturika, amara ye yose arataraka.

19 Bimenyekana mu batuye i Yerusalemu bose, ni cyo cyatumye iyo sambu mu rurimi rwabo bayita Akeludama, risobanurwa ngo “Isambu y’amaraso.”)

20 “Ndetse byanditswe mu gitabo cya Zaburi ngo

‘Iwe hasigare ubusa,

Kandi he kugira undi uhaba.’

Kandi ngo

‘Ubusonga bwe bugabane undi.’

21 “Nuko muri abo twagendanaga iteka, ubwo Umwami Yesu yari akiri muri twe,

22 uhereye ku kubatiza kwa Yohana ukageza ku munsi Yesu yadukuriwemo azamuwe, bikwiriye ko umwe aba umugabo hamwe natwe wo guhamya kuzuka kwe.”

23 Bahitamo babiri, umwe ni Yosefu witwaga Barisaba, uwo bahimbye Yusito, undi ni Matiyasi.

24 Barasenga bati “Mwami Mana, umenya imitima y’abantu bose, werekane uwo utoranije muri aba bombi

25 abe intumwa, ahabwe uyu murimo Yuda yataye akajya ahe.”

26 Barabafindira, ubufindo bufata Matiyasi. Nuko abaranwa n’intumwa cumi n’imwe.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 5 =