Intu 2

Uko Umwuka Wera yamanukiye intumwa

1 Umunsi wa Pentekote usohoye, bose bari bari hamwe mu mwanya umwe bahuje umutima.

2 Nuko umuriri ubatungura uvuye mu ijuru umeze nk’uw’umuyaga uhuha cyane, ukwira inzu bari bicayemo.

3 Haboneka indimi zīgabanije zisa n’umuriro, ururimi rujya ku muntu wese wo muri bo.

4 Bose buzuzwa Umwuka Wera, batangira kuvuga izindi ndimi nk’uko Umwuka yabahaye kuzivuga.

5 Muri Yerusalemu habaga Abayuda b’abaturage b’abanyadini, bari baraturutse mu mahanga yose ari munsi y’ijuru.

6 Uwo muriri ubaye abantu benshi baraterana, batangazwa n’uko umuntu wese yumvise ba bandi bavuga ururimi rw’iwabo.

7 Barumirwa bose baratangara bati “Mbese aba bose bavuga si Abanyagalilaya?

8 None se ni iki gitumye twese tubumva bavuga indimi z’iwacu za kavukire?

9 Kandi turi Abapariti n’Abamedi n’Abanyelamu, n’abatuye i Mezopotamiya n’i Yudaya, n’i Kapadokiya n’i Ponto no muri Asiya,

10 n’i Furugiya n’i Pamfiliya no muri Egiputa, no mu gihugu cy’i Libiya gihereranye n’i Kurene, n’Abaroma b’abashyitsi n’Abayuda n’abakomeza idini yabo,

11 kandi n’Abakirete n’Abarabu, turabumva bavuga ibitangaza by’Imana mu ndimi z’iwacu.”

12 Bose barumirwa, bibayobeye barabazanya bati “Mbese ibi ni ibiki?”

13 Abandi barabanegura bati “Basinze ihira.”

Petero abasobanurira ibyabaye abemeza ibya Yesu

14 Ariko Petero ahagararana n’abo cumi n’umwe, ababwiza ijwi rirenga ati “Yemwe bagabo b’i Yudaya n’abatuye i Yerusalemu mwese mwe, ibi mubimenye kandi mwumvirize amagambo yanjye.

15 Aba ntibasinze nk’uko mwibwira kuko ubu ari isaha ya gatatu y’umunsi,

16 ahubwo ibyo mureba ibi byavuzwe n’umuhanuzi Yoweli ngo

17 ‘Imana iravuze iti:

Uku ni ko bizaba mu minsi y’imperuka,

Nzasuka ku Mwuka wanjye ku bantu bose,

Kandi abahungu n’abakobwa banyu bazahanura,

N’abasore banyu bazerekwa,

N’abakambwe babarimo bazarota.

18 Ndetse n’abagaragu banjye n’abaja banjye muri iyo minsi,

Nzabasukira ku Mwuka wanjye bazahanura.

19 Nzashyira amahano mu ijuru hejuru,

Nshyire n’ibimenyetso mu isi hasi,

Amaraso n’umuriro no gucumba k’umwotsi.

20 Izuba rizahinduka umwijima,

N’ukwezi guhinduke amaraso,

Uwo munsi mukuru kandi utangaje w’Uwiteka utaraza.

21 Kandi umuntu wese uzambaza izina ry’Uwiteka azakizwa.’

22 “Yemwe bagabo ba Isirayeli mwe, nimwumve aya magambo: Yesu w’i Nazareti, wa muntu Imana yabahamirishije imirimo ikomeye n’ibitangaza n’ibimenyetso, ibyo yamukoresheje hagati yanyu nk’uko mubizi ubwanyu,

23 uwo muntu amaze gutangwa nk’uko Imana yabigambiriye, ibimenye bitari byaba, mwamubambishije amaboko y’abagome muramwica.

24 Ariko Imana yaramuzuye ibohoye umubabaro uterwa n’urupfu, kuko bitashobotse ko akomezwa na rwo.

25 Kuko Dawidi yavuze iby’uwo ati

‘Nabonye Umwami ari imbere yanjye iteka ryose,

Kuko ari iburyo bwanjye ngo ntanyeganyezwa.

26 Ni cyo gituma umutima wanjye unezerwa,

Ururimi rwanjye rukīshima,

Kandi n’umubiri wanjye uzaruhuka wiringiye ibizaba.

27 Kuko utazarekera ubugingo bwanjye ikuzimu,

Cyangwa ngo uhāne Uwera wawe abone kubora.

28 Wamenyesheje inzira y’ubugingo,

Uzanyuzuza umunezero kuko ndi imbere yawe.’

29 “Bagabo bene Data, nta kimbuza kubabwira nshize amanga ibya sogokuruza mukuru Dawidi, yuko yapfuye agahambwa ndetse n’igituro cye kiracyari iwacu n’ubu.

30 Nuko rero, kuko yari umuhanuzi akamenya ko Imana yamurahiye indahiro, yuko izamuha umwe mu buzukuruza be ngo abe ari we usubira ku ngoma ye,

31 yavugaga ibyo kuzuka kwa Kristo abibonye bitari byaba. Ni cyo cyatumye avuga ko atārekewe ikuzimu, kandi ngo n’umubiri we nturakabora.

32 Imana yazuye Yesu uwo, natwe twese turi abagabo bo guhamya ibyo.

33 Nuko amaze kuzamurwa n’ukuboko kw’iburyo kw’Imana, no guhabwa na Se ibyo yasezeranije ari byo Mwuka Wera, none asutse icyo mureba kandi mwumva.

34 Kuko atari Dawidi wazamutse mu ijuru, ahubwo ubwe yaravuze ati

‘Uwiteka yabwiye Umwami wanjye ati:

Icara iburyo bwanjye,

35 Ugeze aho nzashyira abanzi bawe munsi y’ibirenge byawe.’

36 “Nuko abo mu muryango wa Isirayeli bose, nibamenye badashidikanya yuko Yesu uwo mwabambye, Imana yamugize Umwami na Kristo.”

Abantu ibihumbi bitatu bahindukirira Imana

37 Abo bantu bumvise ibyo bibacumita mu mitima, nuko babaza Petero n’izindi ntumwa bati “Bagabo bene Data, mbese tugire dute?”

38 Petero arabasubiza ati “Nimwihane, umuntu wese muri mwe abatizwe mu izina rya Yesu Kristo ngo mubone kubabarirwa ibyaha byanyu, kandi namwe muzahabwa iyi mpano y’Umwuka Wera,

39 kuko isezerano ari iryanyu n’abana banyu n’abari kure bose, abazahamagarwa n’Umwami Imana yacu.”

40 Nuko akomeza kubahamiriza n’andi magambo menshi, arabahugura ati “Mwikize ab’iki gihe bīyobagiza.”

41 Nuko abemeye amagambo ye barabatizwa, abongewe ku basanzwe kuri uwo munsi baba nk’ibihumbi bitatu.

42 Bahoraga bashishikariye ibyo intumwa zigishaga, bagasangira ibyabo, no kumanyagura umutsima no gusenga.

Uko Abakristo ba mbere basangiraga ibyabo

43 Abantu bose bagira ubwoba, nuko intumwa zikora ibitangaza n’ibimenyetso byinshi.

44 Abizeye bose babaga hamwe bagasangira ibyabo byose,

45 ubutunzi bwabo n’ibintu byabo barabiguraga, bakabigabanya bose nk’uko umuntu akennye.

46 Kandi iminsi yose bakomezaga kujya mu rusengero n’umutima uhuye, n’iwabo bakamanyagura umutsima bakarya bishimye, bafite imitima itishāma

47 bahimbaza Imana, bashimwa n’abantu bose, kandi uko bukeye Umwami Imana ikabongerera abakizwa.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 10 =