Intu 4

Abatambyi bafata Petero na Yohana

1 Bakivugana n’abantu, abatambyi bazana aho bari n’umutware w’urusengero n’Abasadukayo,

2 bababajwe cyane n’uko bigisha abantu, bababwira yuko kuzuka kw’abapfuye kwabonetse kuri Yesu.

3 Barabafata maze kuko bwari bugorobye, babashyira mu nzu y’imbohe kugeza mu gitondo.

4 Ariko benshi mu bumvise iryo jambo ry’Imana barizera, umubare w’abagabo uragwira uba nk’ibihumbi bitanu.

5 Bukeye bwaho, abatware n’abakuru n’abanditsi bateranira i Yerusalemu,

6 na Ana umutambyi mukuru na Kayafa, na Yohana na Alekizanderi n’ab’umuryango bose w’abatambyi bakuru.

7 Babata hagati barababaza bati “Ni mbaraga ki, cyangwa ni zina ki byabateye gukora ibyo?”

8 Nuko Petero yuzuye Umwuka Wera arababwira ati “Batware b’abantu namwe bakuru,

9 uyu munsi turabazwa ibyo twagiriye neza umuntu wari uremaye, kandi turabazwa icyamukijije.

10 Ariko mumenye mwese n’abantu bose bo mu Bisirayeli, yuko ari izina rya Yesu Kristo w’i Nazareti, uwo mwabambye Imana ikamuzura, ari ryo ritumye uyu muntu ahagarara imbere yanyu ari muzima.

11 Yesu ni we buye ryahinyuwe namwe abubatsi, kandi ryahindutse irikomeza imfuruka.

12 Kandi nta wundi agakiza kabonerwamo, kuko ari nta rindi zina munsi y’ijuru ryahawe abantu, dukwiriye gukirizwamo.”

Babura uko babahana babarekura

13 Babonye ubushizi bw’amanga bwa Petero na Yohana, kandi bamenye ko ari abaswa batigishijwe baratangara, maze bibuka ko babanaga na Yesu.

14 Kandi babonye uwo muntu wakijijwe ahagararanye na bo, babura icyo babasubiza.

15 Babategeka kuva mu rukiko maze bajya inama bati

16 “Aba bantu tubagire dute ko bimenyekanye mu batuye i Yerusalemu bose yuko bakoze ikimenyetso cyogeye, natwe tutubasha kubihakana?

17 Ariko kugira ngo bitarushaho kwamamara mu bantu, tubakangishe batongera kugira umuntu wese babwira muri iryo zina.”

18 Bongera kubahamagara, barabategeka ngo bareke rwose kuvuga cyangwa kwigisha mu izina rya Yesu.

19 Petero na Yohana barabasubiza bati “Niba ari byiza imbere y’Imana kubumvira kuruta Imana nimuhitemo,

20 kuko tutabasha kwiyumanganya ngo tureke kuvuga ibyo twabonye kandi twumvise.”

21 Na bo bongeye kubakangisha barabarekura, babuze uko babahana batinya abantu, kuko bose bahimbarizaga Imana ibyabaye.

22 Kuko uwo muntu wakorewe icyo kimenyetso cyo kumukiza yari ashagije imyaka mirongo ine avutse.

Ab’Itorero babyumvise basaba Imana kubaha gushira amanga

23 Nuko barekuwe basubira muri bagenzi babo, babatekerereza ibyo babwiwe byose n’abatambyi bakuru n’abakuru.

24 Na bo babyumvise bavuga ijwi rirenga n’umutima uhuye, babwira Imana bati “Databuja, ni wowe waremye ijuru n’isi n’inyanja n’ibirimo byose,

25 kandi wavugiye mu kanwa ka sogokuruza Dawidi umugaragu wawe, ubivugisha Umwuka Wera ngo

‘Ni iki gitumye abanyamahanga bagira imidugararo,

N’abantu bagatekereza iby’ubusa?

26 Abami bo mu isi bateje urugamba,

N’abakuru bateraniye hamwe,

Kurwanya Uwiteka n’Uwo yasīze.’

27 Kandi koko Herode na Pontiyo Pilato, hamwe n’abanyamahanga n’imiryango y’Abisirayeli bateraniye muri uyu murwa kurwanya Umugaragu wawe wera Yesu, uwo wasīze,

28 ngo basohoze ibyo ukuboko kwawe n’ubwenge bwawe byategetse mbere, byose bitari byaba.

29 Kandi none Mwami Mana, reba ibikangisho byabo, uhe abagaragu bawe kuvuga ijambo ryawe bashize amanga rwose,

30 ukiramburira ukuboko kwawe kugira ngo gukize, gukore n’ibimenyetso n’ibitangaza mu izina ry’Umugaragu wawe wera Yesu.”

31 Bamaze gusenga, aho bari bateraniye haba umushyitsi, bose buzuzwa Umwuka Wera, bavuga ijambo ry’Imana bashize amanga.

Uko Abakristo ba mbere basangiraga ibyabo

32 Abizeye bose bahuzaga umutima n’inama, kandi nta n’umwe wagiraga ubwiko ku kintu, ahubwo byose barabisangiraga.

33 Kandi intumwa zagiraga imbaraga nyinshi zo guhamya kuzuka k’Umwami Yesu, nuko rero ubuntu bw’Imana bwinshi bukaba kuri bo bose.

34 Nta mukene wababagamo, kuko abari bafite amasambu bose cyangwa amazu babiguraga, bakazana ibiguzi by’ibyo baguze

35 bakabishyīra intumwa, na zo zikabigabanya abantu, umuntu wese agahabwa icyo akennye.

36 Na Yosefu Umulewi wavukiye i Kupuro, uwo intumwa zahimbye Barinaba, risobanurwa ngo “Umwana wo guhugura”,

37 yari afite isambu arayigura, azana ibiguzi byayo abishyīra intumwa.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + fourteen =