Intu 6

Abadiyakoni ba mbere

1 Nuko muri icyo gihe abigishwa bakigwira, Abayuda ba kigiriki batangira kwitotombera Abaheburayo, kuko abapfakazi babo bacikanwaga ku igerero ry’iminsi yose.

2 Abo cumi na babiri bahamagara abigishwa bose bati “Ntibikwiriye ko turekera kwigisha ijambo ry’Imana kwicara ku meza tugabura.

3 Nuko bene Data, mutoranye muri mwe abantu barindwi bashimwa, buzuye Umwuka Wera n’ubwenge, tubashyire kuri uwo murimo.

4 Ariko twebweho tuzakomeza gusenga no kugabura ijambo ry’Imana.”

5 Abahateraniye bose bashima ayo magambo, batoranya Sitefano umuntu wuzuye kwizera n’Umwuka Wera, na Filipo na Purokoro na Nikanori na Timoni, na Parumena na Nikolawo wo muri Antiyokiya watoye idini y’Abayuda,

6 babashyira imbere y’intumwa kandi bamaze gusenga babarambikaho ibiganza.

7 Nuko ijambo ry’Imana rikomeza kwamamara, umubare w’abigishwa ugwira cyane i Yerusalemu, abatambyi benshi bumvira uko kwizera.

Abayuda bafata Sitefano bamurega ibinyoma

8 Sitefano wari wuzuye ubuntu bw’Imana n’imbaraga, yakoraga mu bantu ibitangaza n’ibimenyetso bikomeye.

9 Ariko abantu bamwe bo mu isinagogi yitwa iy’Abaliberutino n’iy’Abanyakurene n’iy’Abanyalekizanderiya n’iy’Abanyakilikiya n’iy’Abanyasiya, barahaguruka bajya impaka na Sitefano,

10 nyamara ntibabasha gutsinda ubwenge n’Umwuka bimuvugisha.

11 Nuko bagurira abagabo bo kuvuga bati “Twumvise avuga amagambo yo gutuka Mose n’Imana.”

12 Boshya abantu n’abakuru n’abanditsi baramusumira, baramufata bamushyīra abanyarukiko.

13 Nuko bahagurutsa abagabo b’ibinyoma baravuga bati “Uyu muntu ntabwo asiba gutuka Ahera n’amategeko,

14 kuko twumvise avuga ati ‘Yesu w’i Nazareti azasenya aha hantu, kandi azahindura imigenzo twahawe na Mose.’ ”

15 Abicaye mu rukiko bose bamutumbiriye, babona mu maso ha Sitefano hasa n’aha marayika.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − three =