Intu 8

Abakristo bararenganywa, baratatana

1 Uhereye uwo munsi hāduka akarengane gakomeye mu Itorero ry’i Yerusalemu, bose batatanira mu bihugu by’i Yudaya n’i Samariya, keretse intumwa.

2 Abantu bubahaga Imana bahamba Sitefano, baramuborogera cyane.

3 Ariko Sawuli we akomeza guca igikuba mu Itorero no kuryonona cyane, akinjira mu mazu yose agafata abagabo n’abagore, akabakurubana mu nzu y’imbohe.

Filipo ajya i Samariya

4 Nuko abatatanye bajya hose, bamamaza ijambo ry’Imana.

5 Filipo aramanuka ajya mu mudugudu w’i Samariya, ababwiriza ibya Kristo.

6 Ab’aho benshi baraterana, bumva ibyo Filipo avuga n’umutima uhuye bamwitayeho, bumvise kandi babonye ibimenyetso yakoraga.

7 Kuko benshi muri bo bari bafite abadayimoni babavamo basakuza cyane, n’abari baremaye n’abacumbagira benshi barakizwa.

8 Haba umunezero mwinshi muri uwo mudugudu.

Ibya Simoni umukonikoni

9 Hariho umuntu w’umukonikoni witwaga Simoni wabaga muri uwo mudugudu, agatangaza ubwoko bw’Abasamariya akiyita ukomeye.

10 Baramwumvaga bamwitayeho bose, abakomeye n’aboroheje bati “Uyu muntu ni we Mbaraga y’Imana yitwa ikomeye.”

11 Icyatumaga bamwitaho, ni uko uhereye kera yajyaga abatangarisha iby’ubukonikoni bwe.

12 Ariko bamaze kwizera ubutumwa bwiza Filipo ababwira bw’ubwami bw’Imana n’ubw’izina rya Yesu Kristo, barabatizwa, abagabo n’abagore.

13 Na Simoni ubwe aremera, kandi amaze kubatizwa agumya kubana na Filipo. Abonye uburyo akora ibimenyetso n’imirimo ikomeye arumirwa.

14 Nuko intumwa zari i Yerusalemu zumvise yuko Abasamariya bemeye ijambo ry’Imana, zibatumaho Petero na Yohana,

15 na bo basohoyeyo barabasabira ngo bahabwe Umwuka Wera,

16 kuko hari hataragira n’umwe wo muri bo amanukira, ahubwo bari barabatijwe gusa mu izina ry’Umwami Yesu.

17 Nuko babarambikaho ibiganza, bahabwa Umwuka Wera.

18 Ariko Simoni abonye yuko abarambitsweho ibiganza by’intumwa bahabwa Umwuka Wera, azizanira ifeza

19 arazibwira ati “Nanjye nimumpe ubwo bubasha ngo uwo nzarambikaho ibiganza ahabwe Umwuka Wera.”

20 Petero aramubwira ati “Pfana ifeza yawe, kuko wagize ngo impano y’Imana iboneshwa ifeza.

21 Nta mugabane haba n’urutabe ufite muri byo, kuko umutima wawe udatunganiye Imana.

22 Nuko wihane ubwo bubi bwawe, usabe Umwami kugira ngo ahari niba bishoboka, ibyo wibwira mu mutima wawe ubibabarirwe.

23 Ndakureba uri mu birura no mu ngoyi zo gukiranirwa.”

24 Simoni aramusubiza ati “Munsabire Umwami, kugira ngo hatagira ikintu kimbaho mu byo muvuze.”

25 Na bo bamaze guhamya no kubwira abantu ijambo ry’Umwami, basubira i Yerusalemu babwiriza ubutumwa bwiza mu birorero byinshi by’Abasamariya.

Umunyetiyopiya w’inkone yizera Yesu

26 Bukeye marayika w’Umwami Imana abwira Filipo ati “Haguruka ugane ikusi, ugere mu nzira imanuka iva i Yerusalemu ikajya i Gaza, ya yindi ica mu butayu.”

27 Arahaguruka aragenda. Nuko haza Umunyetiyopiya w’inkone, umutware n’umunyabyuma w’ibintu byose bya Kandake, umugabekazi w’Abanyetiyopiya. Yari yaragiye i Yerusalemu gusenga.

28 Yasubiragayo yicaye mu igare rye, asoma igitabo cy’umuhanuzi Yesaya.

29 Umwuka abwira Filipo ati “Sanga ririya gare ujyane na ryo.”

30 Filipo arirukanka yumva asoma igitabo cy’umuhanuzi Yesaya, aramubaza ati “Ibyo usoma ibyo urabyumva?”

31 Undi ati “Nabibasha nte ntabonye ubinsobanurira?” Yinginga Filipo ngo yurire bicarane.

32 Ibyo yasomaga mu byanditswe byari ibi ngo

“Yajyanywe nk’intama bajyana mu ibagiro,

Kandi nk’uko umwana w’intama ucecekera imbere y’uwukemura ubwoya,

Ni ko atabumbuye akanwa ke.

33 Ubwo yacishwaga bugufi,

Urubanza rwari rumukwiriye barumukuyeho.

Umuryango we uzamenyekana ute?

Ko ubugingo bwe bukuwe mu isi?”

34 Iyo nkone ibaza Filipo iti “Ndakwinginga mbwira, ayo magambo umuhanuzi yayavuze kuri nde? Yayivuzeho cyangwa yayavuze ku wundi?”

35 Filipo aterura amagambo, ahera kuri ibyo byanditswe amubwira ubutumwa bwiza bwa Yesu.

36 Bakigenda mu nzira bagera ku mazi, iyo nkone iramubaza iti “Dore amazi, ikimbuza kubatizwa ni iki?” [

37 Filipo arayisubiza ati “Niba wizeye mu mutima wawe wose birashoboka.” Na yo iti “Nizeye Yesu Kristo ko ari Umwana w’Imana.”]

38 Itegeka ko bahagarika igare, baramanukana bajya mu mazi bombi Filipo n’inkone, arayibatiza.

39 Bavuye mu mazi Umwuka w’Imana ajyana Filipo inkone ntiyasubira kumubona, nuko ikomeza kugenda inezerewe.

40 Ariko Filipo abonekera muri Azoto, agenda abwira abantu ubutumwa bwiza mu midugudu yose, kugeza aho yagereye i Kayisariya.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =