Intu 9

Yesu abonekera Sawuli mu nzira ijya i Damasiko

1 Ariko Sawuli akomeza gukangisha abigishwa b’Umwami ko bicwa, ajya ku mutambyi mukuru

2 amusaba inzandiko zo guha ab’amasinagogi y’i Damasiko, kugira ngo nabona abantu b’Inzira ya Yesu, abagabo cyangwa abagore, ababohe abajyane i Yerusalemu.

3 Akigenda yenda gusohora i Damasiko, umucyo uramutungura uvuye mu ijuru uramugota.

4 Agwa hasi yumva ijwi rimubaza riti “Sawuli, Sawuli, undenganiriza iki?”

5 Aramubaza ati “Uri nde, Mwami?”

Na we ati “Ndi Yesu, uwo urenganya.

6 Ariko haguruka ujye mu mudugudu, uzabwirwa ibyo ukwiriye gukora.”

7 Abagabo bajyanye na we bahagarara badakoma, kuko bumvise iryo jwi batagize umuntu babona.

8 Sawuli arabyuka arambuye amaso ntiyagira icyo areba, baramurandata bamujyana i Damasiko.

9 Amarayo gatatu atareba, atarya kandi atanywa.

Ananiya abatiza Sawuli

10 I Damasiko hari umwigishwa witwaga Ananiya. Umwami Yesu aramubonekera aramuhamagara ati “Ananiya.”

Na we ati “Karame, Mwami.”

11 Umwami aramubwira ati “Haguruka ujye mu nzira yitwa Igororotse, ushakire mu nzu ya Yuda umuntu witwa Sawuli w’i Taruso, kuko ubu ngubu asenga.

12 Kandi na we abonye mu iyerekwa umuntu witwa Ananiya yinjira, amurambikaho ibiganza kugira ngo ahumuke.”

13 Ananiya aramusubiza ati “Mwami, uwo muntu numvise benshi bamuvuga, uko yagiriraga nabi abera bawe bari i Yerusalemu,

14 kandi n’ino afite ubutware abuhawe n’abatambyi bakuru, bwo kuboha abāmbaza izina ryawe.”

15 Umwami aramusubiza ati “Genda kuko uwo muntu ari igikoreshwa nitoranirije, ngo yogeze izina ryanjye imbere y’abanyamahanga n’abami n’Abisirayeli,

16 nanjye nzamwereka ibyo azababazwa na we uburyo ari byinshi, bamuhora izina ryanjye.”

17 Ananiya aragenda yinjira mu nzu, amurambikaho ibiganza aramubwira ati “Sawuli mwene Data, Umwami Yesu wakubonekereye mu nzira waturutsemo, arantumye ngo uhumuke wuzuzwe Umwuka Wera.”

18 Uwo mwanya ibisa n’imboneranyi bimuva ku maso arahumuka, arahaguruka arabatizwa,

19 amaze gufungura abona intege.

Amarana iminsi n’abigishwa b’i Damasiko,

20 aherako abwiriza mu masinagogi yuko Yesu ari Umwana w’Imana.

21 Abamwumvise bose barumirwa bati “Uyu si we warimburiraga i Yerusalemu abāmbaza iryo zina? Kandi icyamuzanye n’ino si ukugira ngo ababohe, abashyīre abatambyi bakuru?”

22 Ariko Sawuli arushaho kugwiza imbaraga, atsinda Abayuda batuye i Damasiko arabamwaza, abahamiriza yuko Yesu ari we Kristo.

23 Hashize iminsi myinshi Abayuda bajya inama yo kumwica,

24 ariko Sawuli amenya inama yabo. Bubikirira ku marembo ku manywa na nijoro, kugira ngo bamwice.

25 Abigishwa be ni ko kumujyana nijoro, bamucisha mu nkike z’amabuye, bamumanurira mu gitebo.

26 Asohoye i Yerusalemu agerageza kwifatanya n’abigishwa, ariko bose baramutinya ntibemera ko ari umwigishwa.

27 Maze Barinaba aramujyana amushyīra intumwa, azisobanurira uko yabonye Umwami Yesu mu nzira, kandi uko yavuganye na we, n’uko yavuze ashize amanga mu izina rya Yesu i Damasiko.

28 Abana na bo i Yerusalemu akajya abasura, abwiriza mu izina ry’Umwami ashize amanga,

29 akaganira n’Abayuda ba kigiriki ajya impaka na bo, bigeza ubwo na bo bashaka kumwica.

30 Ariko bene Data babimenye bamujyana i Kayisariya, bamwohereza i Taruso.

Petero akiza Ayineya

31 Nuko Itorero ryose ryari i Yudaya hose n’i Galilaya n’i Samariya rigira amahoro, rirakomezwa kandi rigenda ryubaha Umwami Yesu, rifashwa n’Umwuka Wera riragwira.

32 Nuko Petero ajya hose kubasūra, ajya no ku bera batuye i Luda,

33 asangayo umugabo witwaga Ayineya wamaze imyaka munani atava ku buriri, kuko yari aremaye.

34 Petero aramubwira ati “Ayineya, Yesu Kristo aragukijije, haguruka wisasire.” Uwo mwanya arahaguruka.

35 Abatuye i Luda n’i Saroni bose bamubonye bahindukirira Umwami Yesu.

Petero azura Tabita

36 Kandi i Yopa hari umugore w’umwigishwa witwaga Tabita, risobanurwa ngo “Doruka”. Uwo mugore yagiraga imirimo myiza myinshi n’ubuntu bwinshi.

37 Muri iyo minsi ararwara arapfa, bamaze kumwuhagira bamushyira mu cyumba cyo hejuru.

38 Kandi kuko i Luda hari bugufi bw’i Yopa, abigishwa bumvise ko Petero ari yo ari, bamutumaho abantu babiri bamwinginga bati “Ngwino uze iwacu, ntutinde.”

39 Petero arahaguruka, ajyana na bo. Asohoyeyo bamujyana muri icyo cyumba cyo hejuru, abapfakazi bose bahagarara iruhande rwe barira, berekana amakanzu n’imyenda Doruka yababoheye akiriho.

40 Petero abaheza bose, arapfukama arasenga, ahindukirira intumbi ati “Tabita, haguruka.” Arambura amaso, abonye Petero arabyuka aricara.

41 Petero amufata ukuboko aramuhagurutsa. Maze ahamagara abera n’abapfakazi, amubaha ari muzima.

42 Bimenyekana i Yopa hose, benshi bizera Umwami.

43 Nuko amara iminsi myinshi i Yopa, acumbitse kwa Simoni w’umuhazi.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =