Mika 4

Ahanura ubwami bw’amahoro n’uko abirukanywe bazagarurwa

1 Ariko mu minsi y’imperuka, umusozi wubatsweho urusengero rw’Uwiteka uzakomerezwa mu mpinga z’imisozi, ushyirwe hejuru usumbe iyindi, n’amoko azawushikira.

2 Kandi amahanga menshi azahaguruka avuge ati “Nimuze tuzamuke tujye ku musozi w’Uwiteka no ku rusengero rw’Imana ya Yakobo, kandi izatuyobora inzira zayo tuzigenderemo.” Kuko i Siyoni ari ho hazava amategeko, n’i Yerusalemu hakava ijambo ry’Uwiteka,

3 kandi azacira imanza mu moko menshi, azahana amahanga akomeye ya kure, na bo inkota zabo bazazicuramo amasuka, n’amacumu yabo bazayacuramo impabuzo. Nta shyanga rizabangurira inkota irindi shyanga, kandi ntabwo bazongera kwiga kurwana.

4 Ariko umuntu wese azatura munsi y’uruzabibu rwe no munsi y’umutini we, kandi nta wuzabakangisha kuko akanwa k’Uwiteka Nyiringabo ari ko kabivuze.

5 Kuko ubwoko bwose buzagendera mu izina ry’ikigirwamana cyabwo, natwe tuzagendera mu izina ry’Uwiteka Imana yacu iteka ryose.

6 Uwiteka aravuga ati “Uwo munsi nzateranyiriza hamwe abacumbagira, kandi nzakoranya abatatanijwe n’abo nababazaga,

7 kandi abacumbagiraga nzabagira abarokotse, n’abatatanirijwe kure mbagire ishyanga rikomeye, kandi Uwiteka azabategeka ari ku ngoma ye i Siyoni, uhereye ubwo ukageza iteka ryose.

8 “Nawe munara w’umukumbi, umusozi w’umukobwa w’i Siyoni, ubutware bwa mbere buzakugarukira. Ni ukuri ubwami buzaba ubw’umukobwa w’i Yerusalemu.”

9 Ariko none ni iki gituma uvuza induru? Mbese nta mwami ufite, cyangwa se umujyanama wawe yapfuye bituma ibise bigufata nk’umugore uri ku nda?

10 Ubabare ugire ibise byo kubyara, mukobwa w’i Siyoni we nk’umugore uri ku nda, kuko ugiye gusohoka mu mudugudu ukaba mu gasozi, ndetse uzajya n’i Babuloni. Ni ho uzarokorerwa, ni ho Uwiteka azagukiriza akuvane mu maboko y’ababisha bawe.

11 Ubu amahanga menshi ateraniye kugutera aravuga ati “I Siyoni nihangizwe, amaso yacu arebe ibibi tuhifuriza.”

12 Ariko ntibazi ibyo Uwiteka atekereza kandi ntibumva n’imigambi ye, yuko azabateraniriza hamwe nk’imiba irunze ku mbuga.

13 Haguruka uhure, mukobwa w’i Siyoni we, kuko ihembe ryawe nzarihindura icyuma, n’inzara z’ibinono byawe nzazihindura umuringa, kandi uzacagagura amoko menshi. Kandi ibintu byabo uzabyereza Uwiteka, n’ubutunzi bwabo ubwereze Umwami w’isi yose.

14 Noneho gera ingabo zawe, wa mukobwa w’ingabo we! Yaratugose, bazakubitisha umucamanza wa Isirayeli inkoni ku itama.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 7 =