Mika 5

Umutegetsi uzakomoka i Betelehemu

1 Ariko wowe Betelehemu Efurata, uri mutoya mu bihumbi by’i Buyuda, muri wowe ni ho hazava uzaba umwami wa Isirayeli akansanga, imirambagirire ye ni iy’iteka uhereye kera kose.

2 Ni cyo gituma azabatanga kugeza igihe uwo uri ku nda azabyarira, kandi abasigaye bo muri bene se bazagarukira Abisirayeli.

3 Azakomera aragire umukumbi we afite imbaraga z’Uwiteka n’icyubahiro cy’izina ry’Uwiteka Imana ye, kandi na bo bazakomera kuko icyo gihe azaba akomeye kugeza ku mpera z’isi.

4 Kandi uwo muntu azatubera amahoro.

Umwashuri naza mu gihugu cyacu akaturibatira amanyumba, tuzamuteza abungeri barindwi n’ibikomangoma munani.

5 Kandi bazarimbuza igihugu cya Ashuri inkota, n’igihugu cya Nimurodi babarimburire mu byambu byo mu ngabano zacyo. Uko ni ko azadukiza Umwashuri natuzira mu gihugu akagikandagiramo.

6 Abarokotse ba Yakobo bazaba mu moko menshi, bababere nk’ikime kivuye ku Uwiteka cyangwa nk’imvura y’urujojo igwa mu byatsi, bitagomba kurindira umuntu habe no gutegereza abantu.

7 Kandi abasigaye ba Yakobo bazaba mu mahanga no mu moko menshi nk’intare iri mu nyamaswa zo mu ishyamba, nk’umugunzu w’intare uri mu mikumbi y’intama. Iyo uyinyuzemo urayinyukanyuka ukayitanyagura, ntihagire uwutesha.

8 Ukuboko kwawe kuramburirwe ku banzi bawe, ababisha bawe bose bacibwe.

9 Icyo gihe, ni ko Uwiteka avuga, nzagutsembaho amafarashi yawe ndimbure n’amagare yawe y’intambara,

10 kandi nzarimbura imidugudu yo mu gihugu cyawe, n’ibihome byawe byose nzabyubika.

11 Kandi nzaca uburozi buturuka mu kuboko kwawe, n’abacunnyi ntuzongera kubagira.

12 Nzatsembaho ibishushanyo byawe bibajwe n’ibigirwamana byawe by’inkingi, ntuzongera gusenga ibyakozwe n’amaboko yawe.

13 Kandi nzagushikuzamo ibishushanyo byawe bibajwe bya Ashera, nzarimbura n’imidugudu yawe.

14 Kandi amahanga atumvira, nzayahōra mfite uburakari n’umujinya.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =