Mk 9

Yesu arabagirana, Mose na Eliya babonekana na we

1 Arababwira ati “Ndababwira ukuri yuko aba ngaba bahagaze hano, harimo bamwe bazabona ubwami bw’Imana buzanye ububasha batarapfa.”

2 Nuko iminsi itandatu ishize, Yesu ajyana Petero na Yakobo na Yohana bonyine abageza mu mpinga y’umusozi muremure, umubiri we uhindukira imbere yabo.

3 Imyenda ye irarabagirana yera de de, kandi nta mumeshi wo mu isi wese wabasha kuyeza atyo.

4 Maze Eliya na Mose barababonekera bavugana na Yesu.

5 Petero abwira Yesu ati “Mwigisha, ni byiza ubwo turi hano. Reka duce ingando eshatu, imwe yawe, indi ya Mose n’indi ya Eliya.”

6 Ntiyari azi icyo akwiriye kuvuga, kuko bari batinye rwose.

7 Maze igicu kiraza kirabakingiriza, ijwi rikivugiramo riti “Nguyu Umwana wanjye nkunda mumwumvire.”

8 Bakebaguza vuba, ariko ntibagira undi babona keretse Yesu gusa uri kumwe na bo.

9 Bakimanuka umusozi arabihanangiriza ngo batagira uwo babwira ibyo babonye, keretse Umwana w’umuntu amaze kuzuka.

10 Bazigama iryo jambo bagenda babazanya bati “Mbese kuzuka ni iki?”

11 Baramubaza bati “Ni iki gituma abanditsi bavuga bati ‘Eliya akwiriye kubanza kuza’?”

12 Arabasubiza ati “Ni koko, Eliya ni we ukwiriye kubanza kuza ngo atunganye byose, akababazwa cyane kandi agashinyagurirwa nk’uko byanditswe ku Mwana w’umuntu na we.

13 Ariko ndababwira yuko Eliya yamaze kuza, kandi bamugize uko bashaka nk’uko byanditswe kuri we.”

Akiza umuhungu urwaye igicuri

14 Bageze aho abigishwa be bari babona iteraniro ry’abantu ribakikije, n’abanditsi bajya impaka na bo.

15 Uwo mwanya abantu bamubonye baratangara cyane, barirukanka baramusanganira, baramuramutsa.

16 Arababaza ati “Mwabagishaga impaka z’ibiki?”

17 Umwe muri bo aramusubiza ati “Mwigisha, nkuzaniye umwana wanjye utewe na dayimoni utavuga,

18 aho amusanze hose iyo amufashe amutura hasi, akamubirisha ifuro, akamuhekenyesha amenyo, akamugagaza. Mbwira abigishwa bawe ngo bamwirukane, ntibabishobora.”

19 Arabasubiza ati “Yemwe bantu b’iki gihe batizera, nzageza he kubana namwe? Nzabihanganira kugeza ryari? Nimumunzanire.”

20 Baramumuzanira.

Dayimoni abonye Yesu, atigisa uwo mwana cyane, aragwa arigaragura, abira ifuro.

21 Yesu abaza se ati “Yafashwe ryari?”

Aramusubiza ati “Yafashwe akiri umwana.

22 Kenshi cyane amuta mu muriro cyangwa mu mazi ngo amwice. Ariko niba ubishobora, tugirire imbabazi udutabare.”

23 Yesu aramubwira ati “Uvuze ngo ‘Niba mbishobora’? Byose bishobokera uwizeye.”

24 Uwo mwanya se w’uwo mwana avuga cyane ati “Ndizeye, nkiza kutizera.”

25 Yesu abonye iryo teraniro ry’abantu rimushikiye biruka acyaha dayimoni ati “Yewe dayimoni utavuga kandi utumva, ndagutegetse muvemo, ntukamugarukemo ukundi.”

26 Arataka aramutigisa cyane, amuvamo asiga umuhungu asa n’upfuye, bituma benshi bavuga bati “Arapfuye.”

27 Yesu amufata ukuboko aramuhagurutsa, arahagarara.

28 Yinjiye mu nzu abigishwa be babonye ko biherereye baramubaza bati “Ni iki gitumye twebwe tutashoboye kumwirukana?”

29 Arabasubiza ati “Bene uwo ntavanwamo n’ikindi, keretse gusenga no kwiyiriza ubusa.”

Ahana abigishwa be kutagira amakimbirane

30 Bavayo banyura i Galilaya, ariko ntiyashaka ko hagira ubimenya,

31 kuko yigishaga abigishwa be yuko Umwana w’umuntu azagambanirwa, agafatwa n’abantu bakamwica, ariko hashira iminsi itatu bamwishe, akazuka.

32 Ariko ntibamenya iryo jambo, ndetse batinya kumubaza.

33 Bagera i Kaperinawumu, yinjiye mu nzu arababaza ati “Icyo mwahoze mugira impaka tukiri mu nzira ni iki?”

34 Baramwihorera, kuko mu nzira bahoze bajya impaka z’umukuru wabo uwo ari we.

35 Aricara ahamagara abo cumi na babiri arababwira ati “Umuntu ushaka kuba uw’imbere nabe inyuma ya bose, ndetse abe n’umugaragu wa bose.”

36 Azana umwana muto amuhagarika hagati yabo, aramukikira arababwira ati

37 “Uwemera umwe mu bana bato nk’uyu mu izina ryanjye ni jye aba yemeye, kandi unyemera si jye yemera gusa, ahubwo aba yemeye n’uwantumye.”

Utari umwanzi wa Yesu aba ari mu ruhande rwe

38 Nuko Yohana aramubwira ati “Mwigisha, twabonye umuntu wirukana abadayimoni mu izina ryawe, turamubuza kuko adasanzwe adukurikira.”

39 Yesu aramusubiza ati “Ntimumubuze, kuko umuntu ukora igitangaza mu izina ryanjye atābasha kunsebya bitamuruhije,

40 kuko utari umwanzi wacu aba ari mu ruhande rwacu.

41 Umuntu uzabaha agacuma kamwe k’amazi kuko muri aba Kristo, ndababwira ukuri yuko atazabura ingororano ye.”

Ahana abagusha abandi

42 “Umuntu wese uzashuka umwe muri aba bato banyizera akamugusha, ibyiza ni uko yahambirwa urusyo mu ijosi akarohwa mu nyanja.

43 Ukuboko kwawe nikugucumuza uguce. Ibyiza ni uko wakwinjira mu bugingo usigaranye ukuboko kumwe, biruta ko wajya muri Gehinomu y’umuriro utazima ufite amaboko yombi, [

44 aho ‘urunyo rwabo rudapfa kandi n’umuriro ntuzime.’]

45 N’ikirenge cyawe, nikigucumuza, ugice: ibyiza ni uko wakwinjira mu bugingo usigaranye ikirenge kimwe, biruta ko wajugunywa muri Gehinomu ufite ibirenge byombi, [

46 aho ‘urunyo rwabo rudapfa, kandi n’umuriro ntuzime.’]

47 N’ijisho ryawe nirigucumuza urinogore. Ibyiza ni uko wakwinjira mu bwami bw’Imana usigaranye ijisho rimwe, biruta ko wajugunywa muri Gehinomu ufite amaso yombi,

48 aho ‘urunyo rwabo rudapfa kandi n’umuriro ntuzime.’

49 “Kandi umuntu wese azasābwa n’umuriro, nk’uko umunyu usāba ibyokurya.

50 “Umunyu ni mwiza, ariko umunyu iyo ukayutse mwawuryohesha iki? Mwebwe mugire umunyu mu mitima yanyu, kandi mubane amahoro.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 15 =