Mubw 8

1 Ni nde umeze nk’umunyabwenge? Kandi ni nde uzi uko ikintu gisobanurwa? Ubwenge bw’umuntu butera mu maso he gucya bukahamara umunya.

2 Nkugiriye inama: ukomeze itegeko ry’umwami ku bw’indahiro warahiye Imana.

3 Ntukagire ubwira bwo gusezera, ntugashishikarire ikibi, kuko umwami akora icyo ashatse cyose.

4 Erega ijambo ry’umwami rifite ububasha! Kandi ni nde watinyuka kumubaza ati “Urakora ibiki?”

5 Ukomeza itegeko ntazamenya ikibi, umutima w’umunyabwenge ugenzura ibihe n’imanza,

6 kuko ikintu cyose kigira igihe cyacyo n’urubanza gicirwa, kandi imibabaro y’umuntu iramuvuna

7 kuko atazi ibizaba. Ni nde wabasha kumubwira uko bizamera?

8 Nta muntu ufite ububasha ku mwuka we kugira ngo awiyumirize, kandi nta bubasha afite bwo kwīmīra umunsi wo gupfa. Muri izo ntambara nta gusezererwa, kandi uwitanze gukora ibibi ntibizamurokora.

9 Ibi byose narabibonye, nerekeza umutima wanjye kumenya umurimo wose ukorerwa munsi y’ijuru: haba ubwo umuntu agira ububasha ku wundi bwo kumugirira nabi.

10 Nabonye abanyabibi bahambwa, bakajya ikuzimu, kandi abakoze ibitunganye na bo bakurwa mu buturo bwera bakibagirana mu murwa. Ibyo na byo ni ubusa.

11 Kuko iteka ry’umurimo mubi rituzura vuba, ni cyo gituma imitima y’abantu ishishikarira gukora ibibi.

12 Nubwo umunyabyaha acumura incuro ijana ariko akaramba, nzi rwose yuko abubaha Imana bari imbere yayo ari bo bazamererwa neza.

13 Ariko umunyabyaha we ntazamererwa neza no kuramba ntazaramba, ndetse n’iminsi ye izaba nk’igicucu gihita, kuko atubaha Imana ari imbere yayo.

14 Hariho ikitagira umumaro gikorerwa mu isi, ni uko habaho abakiranutsi bababwaho n’ibikwiriye imirimo y’abakiranirwa, kandi habaho abanyabibi bababwaho n’ibikwiriye imirimo y’abakiranutsi. Ni ko kuvuga nti “Ibyo na byo ni ubusa.”

15 Nuko mperako nshima ibitwenge, kuko munsi y’ijuru nta kirutira umuntu kurya no kunywa no kunezerwa, kuko ibyo ari byo bizagumana na we mu miruho ye iminsi yose Imana yamuhaye kubaho munsi y’ijuru.

16 Ubwo nerekezaga umutima wanjye kumenya ubwenge no kureba imirimo ikorerwa mu isi (kuko hariho uwibuza ibitotsi ku manywa na nijoro),

17 nuko nitegereje imirimo y’Imana yose,nsangayuko umuntu atabasha kugenzura umurimo wose ukorerwa munsi y’ijuru, kuko nubwo umuntu yakwihata kuwumenya atazawumenya, ndetse nubwo umunyabwenge yibwira ko azawumenya, ariko ntazawumenya.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 6 =