Mubw 7

1 Kuvugwa neza kuruta amavuta atamye y’igiciro cyinshi, kandi umunsi wo gupfamo uruta umunsi wo kuvukamo.

2 Kujya mu rugo rurimo imiborogo biruta kujya mu rugo rurimo ibirori, kuko ibyo ari byo herezo ry’abantu bose, kandi ukiriho azabihorana ku mutima we.

3 Agahinda karuta guseka, kuko agahinda kagaragaye mu maso kanezeza umutima.

4 Umutima w’abanyabwenge uri mu nzu y’imiborogo, ariko umutima w’abapfapfa uri mu nzu y’ibyishimo.

5 Ibyiza ni ukwemera guhanwa n’umunyabwenge kuruta kumva indirimbo y’abapfapfa.

6 Kuko guseka k’umupfapfa kumeze nk’amahwa aturagurikira munsi y’inkono, ibyo na byo ni ubusa.

7 Ni ukuri agahato gahindura umunyabwenge umupfapfa, kandi impongano zica ubwenge.

8 Iherezo ry’ikintu riruta intangiro yacyo, uw’umutima wihangana aruta uw’umutima w’umwibone.

9 Ntukihutire kurakara mu mutima, kuko uburakari buba mu mutima w’umupfapfa.

10 Ntukavuge uti “Ni iki cyatumye ibihe bya kera biruta iby’ubu?” Ubwenge si bwo buguteye kubaza utyo.

11 Ubwenge buhwanije ubwiza nk’ibyo umuntu arazwe, ndetse burushaho kubonerera abakireba izuba.

12 Kuko ubwenge ari ubwugamo nk’uko ifeza ari ubwugamo, ariko umumaro wo kumenya ni uyu: ni uko ubwenge burinda ubugingo bw’ubufite.

13 Itegereze umurimo w’Imana. Ni nde wabasha kugorora icyo yagoretse?

14 Ku munsi w’amahirwe ujye wishima, no ku munsi w’amakuba ujye utekereza yuko Imana ari yo yaremye byombi ikabibangikanya, kugira ngo umuntu atazabona ibizaba mu nyuma ze.

15 Ibi byose nabibonye mu minsi namaze y’impfabusa: habaho umukiranutsi ukenyuka kandi akiranuka, kandi habaho umunyabyaha uramba kandi akora ibibi.

16 Ntugakabye gukiranuka kandi ntiwigire umunyabwenge burengeranye. Ni kuki wirimbuza?

17 Ntugashayishe gukora ibibi ntukabe n’umupfapfa. Byakumarira iki gukenyuka?

18 Ibyiza ni uko bimwe ubikomeza ndetse ibindi ntukabikureho iminwe, kuko uwubaha Imana azava muri ibyo byose.

19 Ubwenge butera umunyabwenge imbaraga kuruta abatware cumi bari mu mudugudu.

20 Ni ukuri nta mukiranutsi uri mu isi, ukora neza ntacumure.

21 Kandi ntukite ku magambo yose avugwa, kugira ngo utumva umugaragu wawe agutuka,

22 kuko kenshi mu mutima wawe nawe uzi ko watukaga abandi.

23 Ibi byose nabigerageje mu bwenge. Naravuze nti “Nzaba umunyabwenge”, ariko bumba kure.

24 Ibiriho biri kure ikuzimu cyane, ni nde wabishyikira?

25 Ndahindukira maramaje mu mutima kumenya no kugenzura no gushaka ubwenge, no guhanuza ibintu no kumenya ko ibibi ari ubupfapfa, kandi ko ubupfapfa ari ibisazi.

26 Maze mbona ikintu kirusha urupfu kurura: ni umugore umeze nk’umutego n’inshundura, n’amaboko ye akaba nk’ingoyi. Unezeza Imana azamurokoka, ariko umunyabyaha azafatwa na we.

27 Umubwiriza aravuga ati “Dore iki ni cyo nabonye negeranya kimwe n’ikindi, kugira ngo menye impamvu zabyo,

28 ari cyo umutima wanjye ugishaka ariko sindakibona: mu bagabo igihumbi nabonye umwe, ariko mu bagore bose nta n’umwe nabonye.

29 Dore icyo nabonye gusa ni iki: ni uko Imana yaremye umuntu utunganye, ariko abantu bishakiye ibihimbano byinshi.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =