Rom 1

1 Pawulo imbata ya Yesu Kristo, wahamagariwe kuba intumwa, kandi watoranirijwe ubutumwa bwiza bw’Imana,

2 ubwo yasezeranije kera mu kanwa k’abahanuzi bayo mu byanditswe byera,

3 buvuga iby’Umwana wayo wavutse mu rubyaro rwa Dawidi ku mubiri,

4 kandi werekanywe n’ubushobozi ko ari Umwana w’Imana mu buryo bw’Umwuka Wera bigahamywa no kuzuka kwe, ni we Yesu Kristo Umwami wacu.

5 Ni we waduhesheje igikundiro no kuba intumwa ku bw’izina rye, kugira ngo mu mahanga yose habemo abumvira Imana babiheshwa no kwizera,

6 kandi namwe muri muri bo, abahamagariwe kuba aba Yesu Kristo,

7 ndabandikiye abari i Roma mwese bakundwa n’Imana, bahamagariwe kuba abera.

Ubuntu bube muri mwe n’amahoro biva ku Mana Data wa twese, no ku Mwami wacu Yesu Kristo.

8 Irya mbere mwese mbashimiye Imana yanjye muri Yesu Kristo, kuko kwizera kwanyu kwamamaye mu isi yose.

9 Imana nkorera mu mutima wanjye mvuga ubutumwa bwiza bw’Umwana wayo, ni yo ntanze ho umugabo yuko mbasabira urudaca uko nsenze,

10 kugira ngo naho byamera bite, Imana yemere kungendesha amahoro ubu ikangeza iwanyu,

11 kuko nifuza kubonana namwe kugira ngo mbahe impano y’Umwuka ngo ibakomeze,

12 tubone uko duhumurizanya mwebwe nanjye, mpumurizwe no kwizera kwanyu namwe mube muhumurijwe n’ukwanjye.

13 Ariko bene Data, sinshaka ko mutamenya yuko kenshi nagambiriraga kuza iwanyu, ngo mbone imbuto muri mwe namwe nko mu yandi mahanga, ariko ngira ibisībya kugeza na n’ubu.

14 Abagiriki n’abatari Abagiriki, abanyabwenge n’abaswa mbafiteho umwenda,

15 ni cyo gituma ku bwanjye nshaka kubabwira ubutumwa bwiza namwe abari i Roma.

16 Erega ubutumwa bwiza ntibunkoza isoni: kuko ari imbaraga y’Imana ihesha uwizera wese gukizwa, uhereye ku Muyuda ukageza ku Mugiriki,

17 kuko muri bwo ari na mo gukiranuka kuva ku Mana guhishurirwa, guheshwa no kwizera kugakomezwa na ko, nk’uko byanditswe ngo “Ukiranuka azabeshwaho no kwizera!”

Ubuhenebere bwatewe no kwimura Imana

18 Umujinya w’Imana uhishurwa uva mu ijuru, ubyukirijwe ubugomeno gukiranirwa by’abantu byose, bashikamiza ukuri gukiranirwa kwabo

19 kuko bigaragara ko bazi Imana, Imana ikaba ari yo ubwayo yabahishuriye ubwo bwenge,

20 kuko ibitaboneka byayo ari byo bubasha bwayo buhoraho n’ubumana bwayo, bigaragara neza uhereye ku kuremwa kw’isi, bigaragazwa n’ibyo yaremye kugira ngo batagira icyo kwireguza,

21 kuko ubwo bamenye Imana batayubahirije nk’Imana, habe no kuyishima, ahubwo bahinduka abībwira ibitagira umumaro, maze imitima yabo y’ibirimarima icura umwijima.

22 Bīyise abanyabwenge bahinduka abapfu,

23 maze ubwiza bw’Imana idapfa babuhindura ibishushanyo by’abantu bapfa, n’iby’ibiguruka, n’iby’ibigenza amaguru ane, n’iby’ibikururuka.

24 Ni cyo cyatumye Imana ibareka ngo bakurikize ibyo imitima yabo irarikiye, bakor ibiteye isoni bononane imibiri yabo,

25 kuko baguraniye ukuri kw’Imana gukurikiza ibinyoma, bakaramya ibyaremwe bakabikorera kubirutisha Imana Rurema, ari yo ishimwa iteka ryose, Amen.

26 Ni cyo cyatumye Imana ibarekera kurarikira ibyonona, ndetse bigeza ubwo abagore babo bakoresha imibiri yabo uburyo bunyuranye n’ubwo yaremewe.

27 Kandi n’abagabo ni uko, bareka kugirira abagore ibyo imibiri yabo yaremewe, bashyushywa no kurarikirana. Abagabo bagirirana n’abandi bagabo ibiteye isoni, bituma mu mibiri yabo bagarurirwa ingaruka mbi ikwiriye kuyoba kwabo.

28 Kandi ubwo banze kumenya Imana, ni cyo cyatumye Imana ibareka ngo bagire imitima yabaye akāhebwe bakora ibidakwiriye.

29 Buzuye gukiranirwa kose n’ububi, no kurarikira n’igomwa, buzuye n’ishyari n’ubwicanyi, n’intonganya n’ubugambanyi no gukina ku mubyimba, no gusebaniriza mu byongorerano,

30 n’abatukana, n’abanga Imana n’abanyagasuzuguro, n’abīrarīra n’abahimba ibibi, n’abatumvira ababyeyi

31 n’indakurwa ku izima, n’abava mu masezerano n’abadakunda ababo n’intababarira,

32 nubwo bamenye iteka ry’Imana yuko abakora ibisa bityo bakwiriye gupfa, uretse kubikora ubwabo gusa bashima n’abandi babikora.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + nineteen =