Rom 2

Uburyo Imana itarobanura ku butoni

1 Ni cyo gituma utagira icyo kwireguza, wa muntu we ucira abandi urubanza. Ubwo ucira undi urubanza uba witsindishirije, kuko wowe umucira urubanza ukora bimwe n’ibyo akora.

2 Ariko tuzi yuko iteka Imana izacira ku bakora bene ibyo ari iry’ukuri.

3 Wowe muntu ucira urubanza abakora bene ibyo nawe ukabikora, mbese wibwira yuko uzakira iteka ry’Imana,

4 kandi usuzugura ubutunzi bwo kugira neza kwayo, n’ubw’imbabazi zayo n’ubwo kwihangana kwayo? Ntuzi yuko kugira neza kw’Imana ari ko kukurehereza kwihana?

5 Ariko kuko ufite umutima unangiwe utihana, wirindirije umujinya uzaba ku munsi w’uburakari, ubwo amateka y’ukuri y’Imana azahishurwa,

6 kuko Imana izītura umuntu wese ibikwiriye ibyo yakoze.

7 Abashaka ubwiza n’icyubahiro no kudapfa babishakisha gukora ibyiza badacogora, izabītura ubugingo buhoraho.

8 Ariko abafite imitima ikunda kwirema ibice ntibumvire iby’ukuri ahubwo bakumvira gukiranirwa, izabītura umujinya n’uburakari

9 n’amakuba n’ibyago. Ni byo izateza umuntu wese ukora ibyaha, uhereye ku Muyuda ukageza ku Mugiriki.

10 Ariko ubwiza n’icyubahiro n’amahoro, ni byo izītura umuntu wese ukora ibyiza, uhereye ku Muyuda ukageza ku Mugiriki,

11 kuko Imana itarobanura abantu ku butoni.

12 Abakoze ibyaha bose batazi amategeko bazarimbuka badahowe amategeko, kandi abakoze ibyaha bose bazi amategeko bazacirwa ho iteka ry’amategeko,

13 kuko abumva gusa amategeko atari bo bakiranuka ku Mana, ahubwo abayumvira ni bo bazatsindishirizwa na yo.

14 Abapagani badafite amategeko y’Imana, iyo bakoze iby’amategeko ku bwabo baba bihīndukiye amategeko nubwo batayafite,

15 bakagaragaza ko umurimo utegetswe n’amategeko wanditswe mu mitima yabo, ugahamywa n’imitima ihana ibabwiriza, igafatanya n’ibitekerezo byabo kubarega cyangwa se kubaregura.

16 Kandi ni na byo Imana izatanga ho umugabo ku munsi izacirira abantu ho iteka muri Yesu Kristo ku byahishwe byabo, nk’uko ubutumwa bwiza nahawe buri.

Umuyuda nyakuri uwo ari we

17 Ubwo witwa Umuyuda ukiringira amategeko, ukīrāta Imana

18 ukamenya ibyo ishaka, ukarobanura iby’ingenzi kuko wigishijwe iby’amategeko,

19 ukīzigira yuko uri umurandasi w’impumyi n’umucyo w’abari mu mwijima,

20 n’umubwiriza w’abanyabwenge buke n’umwigisha w’abana, kuko mu mategeko ufite icyitegererezo cy’ukuri n’ubwenge kibonerwa muri yo.

21 Mbese wigisha abandi, ntiwiyigisha? Ko uhana kwiba, nawe ukiba?

22 Ko uvuga ngo “Ntugasambane”, nawe usambana? Ko wanga ibishushanyo bisengwa, nawe ukanduza urusengero?

23 Ko wīrāta amategeko, nawe ugayishisha Imana kuyacumura?

24 Izina ry’Imana ritukwa mu bapagani ku bwanyu, nk’uko byanditswe.

25 Ni koko gukebwa kugira icyo kumara, iyo witondeye amategeko: ariko nucumura amategeko, gukebwa kwawe kuba guhindutse kudakebwa.

26 Mbese utakebwe niyitondera ibyategetswe n’amategeko, kudakebwa kwe ntikuzamuhanirizwa no gukebwa?

27 Kandi utakebwe umubiri niyitondera amategeko, ntazagutsindisha wowe ucumura amategeko kandi warakebwe ku mubiri?

28 Kuko ugaragara ko ari Umuyuda atari we Muyuda nyakuri, kandi gukebwa kugaragara ko ku mubiri, atari ko gukebwa nyakuri.

29 Ahubwo Umuyuda wo mu mutima ni we Muyuda, kandi gukebwa ko mu mutima n’umwuka kutari uk’umubiri, ni ko gukebwa nyakuri. Umeze atyo ntashimwa n’abantu, ahubwo ashimwa n’Imana.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 1 =