Rom 3

Amahirwe Abayuda barusha abandi

1 Nuko Abayuda barusha abandi iki? Cyangwa se gukebwa kumaze iki?

2 Abayuda babarusha mu buryo bwose. Irya mbere ni uko babikijwe ibyavuzwe n’Imana.

3 Mbese ye, niba bamwe muri bo batizeye, kutizera kwabo kwahindura ubusa gukiranuka kw’Imana?

4 Ntibishoboka! Ahubwo Imana iboneke ko ari inyangamugayo, nubwo umuntu wese yaba umubeshyi nk’uko byanditswe ngo

“Mu magambo yawe uboneke ko ukiranuka,

Kugira ngo utsinde nucirwa urubanza.”

5 Ariko se niba gukiranirwa kwacu guhamya gukiranuka kw’Imana tuvuge iki? Mbese Imana irakiranirwa kuko ihanisha umujinya? (Ibyo mbivuze nk’umuntu.)

6 Ntibishoboka! Iyo biba bityo Imana yazacira ite abari mu isi ho iteka?

7 Niba ibinyoma byanjye bituma ukuri kw’Imana kurushaho kumenyekana bikayihesha icyubahiro, ni iki gituma nanjye ncirwa urubanza nk’umunyabyaha?

8 Kandi ni iki kitubuza gukorera ibibi kugira ngo ibyiza bibeho? (Nk’uko batubeshyera kandi bamwe bagahamya yuko ari ko twigisha). Abagira batyo bazatsindwa n’urubanza rubakwiriye.

Urutabi ibyaha bifite ku bantu

9 Nuko tuvuge iki? Mbese turabaruta? Oya da, habe na gato! Kuko tumaze guhamya Abayuda n’Abagiriki yuko bose batwarwa n’ibyaha

10 nk’uko byanditswe ngo

“Nta wukiranuka n’umwe,

11 Nta wumenya, nta wushaka Imana.

12 Bose barayobye, bose bahindutse ibigwari,

Nta wukora ibyiza n’umwe.”

13 “Umuhogo wabo ni imva irangaye,

Bariganishije indimi zabo.”

“Ubusagwe bw’incira buri mu minwa yabo.”

14 “Akanwa kabo kuzuye ibitutsi n’amagambo abishye.”

15 “Ibirenge byabo byihutira kuvusha amaraso,

16 Kurimbuka n’umubabaro biri mu nzira zabo,

17 Inzira y’amahoro ntibarakayimenya.”

18 “Kūbaha Imana ntikuri imbere yabo.”

19 Tuzi yuko ibyo amategeko avuga byose abibwira abatwarwa na yo, kugira ngo akanwa kose kazibwe, kandi abari mu isi bose batsindirwe n’urubanza imbere y’Imana,

20 kuko imbere yayo ari nta muntu uzatsindishirizwa n’imirimo itegetswe n’amategeko, kuko amategeko ari yo amenyekanisha icyaha.

Gukiranuka guheshwa no kwizera Yesu Kristo

21 Ariko noneho hariho gukiranuka kw’Imana kwahishuwe kudaheshwa n’amategeko, nubwo amategeko n’ibyahanuwe ari byo biguhamya,

22 ni ko gukiranuka kw’Imana abizeye bose baheshwa no kwizera YesuKristo ari nta tandukaniro,

23 kuko bose bakoze ibyaha, ntibashyikīra ubwiza bw’Imana,

24 ahubwo batsindishirizwa n’ubuntu bwayo ibibahereye ubusa, ku bwo gucungurwa kubonerwa muri Yesu Kristo.

25 Ni we Imana yashyizeho kuba impongano y’uwizera amaraso ye, kugira ngo yerekane gukiranuka kwayo kwayiteye kwirengagiza ibyaha byakozwe mbere y’icyo gihe, ubwo Imana yabyihanganiraga,

26 kandi yabikoreye kugira ngo no muri iki gihe yerekane gukiranuka kwayo, ngo ibe Ikiranuka kandi Itsindishiriza uwizeye Yesu.

27 None se twakwīrāta iki? Nta cyo. Ni ayahe mategeko yabitubujije? Ni ay’imirimo? Reka da! Ahubwo twabibujijwe n’amategeko yo kwizera,

28 kuko duhamije yuko umuntu atsindishirizwa no kwizera, atari imirimo itegetswe n’amategeko.

29 Mbese Imana ni iy’Abayuda bonyine? Si iy’abanyamahanga na bo? Yee, ni iy’abanyamahanga na bo,

30 kandi ubwo Imana ari imwe izatsindishiriza abakebwe ku bwo kwizera, n’abatakebwe na bo izabatsindishiriza ku bwo kwizera.

31 Mbese none duhinduze ubusa amategeko kwizera? Ntibikabeho! Ahubwo turayakomeza.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =