Ruti 3

Rusi ajya ku mbuga ya Bowazi, amusaba kumuhungura

1 Nawomi nyirabukwe abwira Rusi ati “Mukobwa wanjye, sinagushakira uburuhukiro kugira ngo ugubwe neza?

2 Ntihariho Bowazi mwene wacu, wabanaga n’abaja be? Dore iri joro aragosoreza sayiri ku mbuga bahuriraho.

3 Nuko wiyuhagire wihezure, wambare umanuke ujye ku mbuga, ariko ntumwimenyetseho atararangiza kurya no kunywa.

4 Kandi naryama witegereze aho aryamye, umwegere worosore ibirenge bye uryame, hanyuma arakubwira icyo uri bukore.”

5 Aramusubiza ati “Ibyo umbwiye byose ndabikora.”

6 Aramanuka ajya ku mbuga, abigenza uko nyirabukwe yamutegetse.

7 Bowazi amaze kurya no kunywa, umutima we unezerewe, ajya kuryama iruhande rw’ikirundo cy’imyaka. Undi aza yomboka, yorosora ibirenge bye araryama.

8 Mu gicuku uwo mugabo arashiguka, areguka abona umugore uryamye ku birenge bye.

9 Aramubaza ati “Uri nde?”

Aramusubiza ati “Ndi umuja wawe Rusi. Worose umuja wawe umwambaro wawe, kuko uri umucunguzi wacu.”

10 Aramusubiza ati “Uhiriwe ku Uwiteka mukobwa wanjye, ineza werekanye none iruta iyo werekanye ubwa mbere, kuko utashatse abasore naho baba abakene cyangwa abatunzi.

11 None mukobwa wanjye witinya, ndakugirira ibyo uvuze byose, kuko abanyarukiko bose b’ubwoko bwanjye bazi yuko uri umugore utunganye.

12 Ni ukuri koko ndi umucunguzi wanyu, ariko hariho undi undusha kuba umucunguzi wa bugufi.

13 Rara hano iri joro, kandi mu gitondo nagukorera ibikwiriye umucunguzi, bizaba byiza azabigukorere. Ariko niyanga kubigukorera, ndahiye Uwiteka Uhoraho yuko ubwanjye nzagukorera ibikwiriye umucunguzi, ryama bucye.”

14 Aryama ku birenge bye ageza mu rubungabungo, abyuka hataragera igihe umuntu abasha kwitegereza undi, kuko yagiraga ngo “Bye kumenyekana yuko uwo mugore yaje ku mbuga.”

15 Aramubwira ati “Zana umwenda witeye uwufate.” Arawufata amugereraho incuro esheshatu za sayiri, arazimukorera ajya mu mudugudu.

16 Ageze aho nyirabukwe ari aramubaza ati “Mbega ni wowe mukobwa wanjye?”

Rusi amubwira ibyo uwo mugabo yamugiriye byose.

17 Ati “Izi ncuro za sayiri uko ari esheshatu ni we wazimpaye, kuko yambwiye ati ‘Ntiwasubira kuri nyokobukwe ari nta cyo ufite.’ ”

18 Nawomi aramubwira ati “Mukobwa wanjye, iyicarire ugeze aho uri bumenyere amaherezo yabyo, kuko uwo mugabo atari buruhuke atararangiza ibyo.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 1 =