Yer 1

Imana ihamagarira Yeremiya ubuhanuzi

1 Amagambo ya Yeremiya mwene Hilukiya, wo mu batambyi bahoze mu Anatoti mu gihugu cya Benyamini.

2 Yabwiwe ijambo ry’Uwiteka ku ngoma ya Yosiya mwene Amoni umwami w’u Buyuda, mu mwaka wa cumi n’itatu wo ku ngoma ye.

3 Ryaje kandi no ku ngoma ya Yehoyakimu mwene Yosiya umwami w’u Buyuda, kugeza mu iherezo ry’umwaka wa cumi n’umwe wo ku ngoma ya Sedekiya mwene Yosiya umwami w’u Buyuda, igihe ab’i Yerusalemu bajyanywe ari imbohe, mu kwezi kwa gatanu.

4 Nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho riti

5 “Nakumenye ntarakurema mu ndaya nyokokandi nakwejeje utaravuka, ngushyiriraho kuba umuhanuzi uhanurira amahanga.”

6 Nuko ndavuga nti “Nyamuneka Nyagasani Yehova,dore sinzi kuvuga ndi umwana!”

7 Ariko Uwiteka arambwira ati “Wivuga uti ‘Ndi umwana’, kuko abo nzagutumaho bose uzabasanga kandi icyo nzagutegeka cyose ni cyo uzavuga.

8 Ntukabatinye kuko ndi kumwe nawe kugira ngo nkurokore.” Ni ko Uwiteka avuga.

9 Uwiteka aherako arambura ukuboko kwe ankora ku munwa, maze Uwiteka arambwira ati “Nshyize amagambo yanjye mu kanwa kawe.

10 Dore ngushyiriye hejuru y’amahanga n’ibihugu by’abami, kurandura no gusenya, kurimbura no kūbika, kubaka no gutera imbuto.”

Ibyerekwa byerekana ibihano Imana igiye kubahanisha

11 Ijambo ry’Uwiteka rinzaho riti “Yeremiya we, uruzi iki?”

Maze ndavuga nti “Nduzi inkoni y’umurinzi.”

12 Maze Uwiteka arambwira ati “Waroye neza, kuko ndinda ijambo ryanjye kugira ngo ndisohoze.”

13 Ijambo ry’Uwiteka rinzaho ubwa kabiri riti “Uruzi iki?”

Ndasubiza nti “Nduzi inkono ibira itwerekejeho urugāra iri ikasikazi.”

14 Maze Uwiteka arambwira ati “Ibyago bizatera abaturage bo mu gihugu bose biturutse ikasikazi.

15 Dore nzahamagara imiryango yose yo mu bihugu byose by’ikasikazi,” ni ko Uwiteka avuga, “Kandi abami babyo bose bazaza bashinge intebe zabo mu marembo y’i Yerusalemu no ku nkike zaho zose no ku midugudu yose y’u Buyuda.

16 Kandi nzabagaragariza imanza nabaciriye mbahoye ibyaha byabo byose, kuko banyimūye bakosereza izindi mana imibavu, kandi bagasenga imirimo y’amaboko yabo.

17 Nuko weho kenyera uhaguruke ubabwire ibyo ngutegeka byose, ntibagukure umutima ntazagutera gukukira umutima imbere yabo,

18 kuko uyu munsi nakugize umudugudu w’igihome, n’inkingi y’icyuma n’inkike z’imiringa. Igihugu cyose n’abami b’u Buyuda n’ibikomangoma byaho, n’abatambyi baho n’abaturage baho

19 bazakurwanya, ariko ntibazakubasha kuko ndi kumwe nawe kugira ngo nkurokore.” Ni ko Uwiteka avuga.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =