Yer 2

Imana itonganyiriza Abayuda gusubira inyuma kwabo

1 Ijambo ry’Uwiteka ryanjeho riti

2 “Genda urangururire mu matwi y’ab’i Yerusalemu uti ‘Uku ni ko Uwiteka avuze ati: Nibutse ineza yo mu bukumi bwawe, n’urukundo rw’ubugeni bwawe, uko wankurikiye mu butayu mu gihugu kitigeze guhingwa.

3 Isirayeli yari Uwera ku Uwiteka, umuganura w’ibyo yungukaga. Abamugirira nabi bose bazabihanirwa, kandi ibyago bizabazaho.’ ” Ni ko Uwiteka avuga.

4 Nimwumve ijambo ry’Uwiteka yemwe ab’inzu ya Yakobo mwe, n’imiryango yose y’inzu ya Isirayeli.

5 Uku ni ko Uwiteka abaza ati “Gukiranirwa ba so bambonyeho ni uguki, kwatumye banyimūra bagakurikira ibitagira akamaro, kandi bagahinduka nk’ubusa?

6 Ntibarushya babaza bati ‘Uwiteka wadukuye mu gihugu cya Egiputa ari he? Ni we waturongōye mu butayu mu gihugu cy’umutarwe n’imyobo, mu gihugu cyumye kirimo igicucu cy’urupfu, mu gihugu kitanyuramo umuntu kandi kitagira ugituyemo.’

7 Kandi nabazanye mu gihugu kirimo ubukire kugira ngo murye umwero wacyo n’ibyiza byacyo, ariko mumaze kuhagera mwanyandurije igihugu, umwandu wanjye mwawuhinduye ikizira.

8 Abatambyi ntibarushya babaza bati ‘Uwiteka ari hehe?’ N’abanyamategeko ntibamenyaga, abashumba na bo bancumuragaho, n’abahanuzi bahanuriraga Bāli, bikurikiriye ibitagira umumaro.

9 “Ni cyo gituma ngiye kongera kubaburanya, ni ko Uwiteka avuga, nzaburanya abuzukuru banyu.

10 Nimwambuke mufate ku birwa by’i Kitimu mwirebere, mutume i Kedari kandi mwitegereze cyane, murebe ko hariho igisa gityo cyigeze kubaho.

11 Mbese hariho ishyanga ryakunda kugurana imana zaryo kandi atari imana? Ariko abantu banjye baguranye icyubahiro cyabo ibitagira umumaro.

12 Wumirwe ku bw’ibyo wa juru we, ufatwe n’ubwoba bukabije wihebe cyane. Ni ko Uwiteka avuga.

13 Kuko abantu banjye bakoze ibyaha bibiri: baranyimūye kandi ari jye sōko y’amazi y’ubugingo, kandi bikorogoshoreye ibitega mu rutare, ndetse ni ibitega bitobotse bitabasha gukomeza amazi.”

Ibyiringiro by’Abayuda ni iby’ubusa

14 “Mbese Isirayeli ni umuretwa? Yavukiye se mu nzu y’uburetwa? Niba atari ko biri kuki yabaye umunyago?

15 Ibyana by’intare byaramutontomeye birivuga, kandi byahinduye igihugu cye umwirare, imidugudu ye yarahiye ari nta muturage ukiyirimo.

16 Ndetse n’ab’i Nofu n’i Tahapanesi bakwambuye ikamba ryo ku mutwe wawe.

17 Mbese si wowe wizaniye ibyo, kuko wimuye Uwiteka Imana yawe ubwo yakuyoboraga inzira?

18 None se mu nzira ijya muri Egiputa urayikoramo iki? Urashaka se kunywa amazi ya Nili? Cyangwa se mu nzira ijya mu Ashuri yo urayikoramo iki? Urashaka se kujya kunywa amazi ya rwa ruzi?

19 Ububi bwawe buzaguhana n’ubuhemu bwawe buzagukoraho, nuko umenye kandi urebe ko ari ikintu kibi kandi gisharira, kuko wimuye Uwiteka Imana yawe ntube ukinyubaha.” Ni ko Umwami Uwiteka Nyiringabo avuga.

20 “Erega kera wiyiciye ubuhake, wica isezerano ryari rikuboshye kandi uvuga uti ‘Sinzakoreshwa!’ Ahubwo mu mpinga y’umusozi wose no munsi y’igiti cyose gitoshye, waraharamyaga wibunza.

21 Ariko nari narakugize uruzabibu rwiza cyane, umubyare utunganye rwose. None se wahindutse ute ukambera nk’igiti cy’ingwingiri cy’uruzabibu ntazi?

22 Kuko naho wakwiyuhagiza shura, ukagira n’isabune nyinshi, ariko imbere yanjye ibyaha byawe byaraguhindanije. Ni ko Umwami Uwiteka avuga.

23 Wabasha ute kuvuga uti ‘Sinanduye, sinakurikiye ibigirwamana bya Bāli’? Reba ubukanda bwawe mu gikombe umenye ibyo wakoze. Umeze nk’ingamiya ikiri ntoya itana yiruka,

24 kandi umeze nk’ishashi yamenyereye kugishira mu butayu, irehera mu muyaga yarinze. Ni nde wabasha kuyirindura yarinze? Abamushaka ntibazananirwa; bazamubona ukwezi kwe kubonetse.

25 Wirinda ibikumarira inkweto ku birenge, kandi n’ibikumisha mu muhogo. Ariko uravuga uti ‘Biramaze kuko nkunda imana z’abanyamahanga, kandi ari bo nzikurikirira.’

26 “Uko igisambo kimwara gifashwe, ni ko ab’inzu ya Isirayeli bamwaye, bo n’abami babo n’ibikomangoma byabo, n’abatambyi babo n’abahanuzi babo,

27 babwira igishyitsi cy’igiti bati ‘Ni wowe data’, bakabwira n’ibuye bati ‘Ni wowe watubyaye’, kuko aho kumpangaho amaso, banteye umugongo, ariko mu gihe cy’amakuba yabo bazavuga bati ‘Haguruka udukize.’

28 Ariko imana zawe wiremeye ziri he? Nizihaguruke niba zibasha kugukiza mu gihe cy’amakuba yawe, kuko uko imidugudu yawe ingana Yuda we, ari ko n’imana zawe zingana.

29 “Ni iki gituma mungisha impaka? Mwese mwancumuyeho.” Ni ko Uwiteka avuga.

30 “Abana banyu nabakubitiye ubusa, ntibitaye ku gihano, inkota yanyu ni yo yarimbuye abahanuzi banyu nk’intare irimbura.

31 Yemwe ab’iki gihe, nimwitegereze ijambo ry’Uwiteka. Mbese nabereye Isirayeli ubutayu, cyangwa igihugu cy’umwijima w’icuraburindi? Ni iki gituma abantu banjye bavuga bati ‘Turi ibyigenge, ntabwo tuzakugarukaho ukundi’?

32 Mbese umwari yakwibagirwa ibyo arimbana, cyangwa umugeni ibyambarwa bye? Nyamara abantu banjye banyibagiwe iminsi itabarika.

33 Dore ko uringaniza inzira yawe wishakira kubengukwa! Ndetse n’abagore basanzwe ari babi wabunguye ingeso zawe.

34 No ku binyita by’imyambaro yawe habonetseho amaraso y’ubugingo bw’abakene wahoye ubusa: ni abantu utigeze gufata baca icyuho, ahubwo ibyo ni byo wabahoye.

35 Nyamara ukavuga wishuka uti ‘Nta rubanza rundiho, ngira ngo uburakari yari amfitiye bwarashize.’ Dore ngiye kukuburanya kuko uvuga uti ‘Sinacumuye.’

36 Kuki ujarajara cyane utyo ngo ukore hirya no hino? Egiputa na ho hazagukoza isoni nk’uko Ashuri hazigukojeje.

37 Na ho uzahava wikoreye amaboko, kuko Uwiteka yanze abo wiringiye kandi ntuzagubwa neza uri kumwe na bo.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =