Yh 10

Umwungeri mwiza

1 “Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko uwinjira mu rugo rw’intama atanyuze mu irembo, ahubwo akuririra ahandi, uwo aba ari umujura n’umunyazi.

2 Ariko unyura mu irembo ni we mwungeri w’intama.

3 Umurinzi w’irembo aramwugururira, kandi intama zumva ijwi rye. Ahamagara intama ze mu mazina yazo akazahura.

4 Iyo amaze kwahura ize zose azijya imbere, intama zikamukurikira kuko zizi ijwi rye.

5 Undi ntizamukurikira, ahubwo zamuhunga kuko zitazi amajwi y’abandi.”

6 Yesu abacira uwo mugani, ariko ntibamenya ibyo yababwiye.

7 Nuko Yesu arongera arababwira ati “Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko ari jye rembo ry’intama.

8 Abambanjirije bose bari abajura n’abanyazi, ariko intama ntizabumvise.

9 Ni jye rembo, umuntu niyinjira muri jye azakizwa, azinjira asohoke kandi azabona urwuri.

10 Umujura ntazanwa n’ikindi keretse kwiba no kwica no kurimbura, ariko jyeweho nazanywe no kugira ngo zibone ubugingo, ndetse ngo zibone bwinshi.

11 “Ni jye mwungeri mwiza. Umwungeri mwiza apfira intama ze,

12 ariko uragirira ibihembo, utari umwungeri bwite kandi n’intama atari ize, iyo abonye isega rije asiga intama agahunga, isega rikazifata rikazitatanya.

13 Kuko ari uw’ibihembo, arahunga ntiyite ku ntama.

14 Ni jye mwungeri mwiza kandi menya izanjye, izanjye zikamenya

15 nk’uko Data amenya nanjye nkamumenya, kandi mpfira intama zanjye.

16 Mfite n’izindi ntama zitari izo muri uru rugo, na zo nkwiriye kuzizana. Zizumva ijwi ryanjye kandi zizaba umukumbi umwe, zigire umwungeri umwe.

17 “Igituma Data ankunda ni uko ntanga ubugingo bwanjye ngo mbusubirane.

18 Nta wubunyaka, ahubwo mbutanga ku bushake bwanjye. Nshobora kubutanga kandi nshobora kubusubirana, kuko iryo ari ryo tegeko nategetswe na Data.”

19 Abayuda bongera kumupfa ku bw’ayo magambo.

20 Benshi muri bo baravuga bati “Afite dayimoni kandi yasaze. Muramwumvira iki?”

21 Abandi bati “Ayo magambo si ay’utewe na dayimoni. Mbese dayimoni yabasha guhumūra impumyi?”

Yesu ahamya ko ari umwe na Se, Abayuda bashaka kumwica

22 Icyo gihe hari umunsi mukuru wo kwibuka kwezwa k’urusengero rw’i Yerusalemu, kandi hari no mu mezi y’imbeho.

23 Yesu agendagenda mu rusengero, mu ibaraza ryitwa irya Salomo.

24 Abayuda baramugota baramubaza bati “Uzageza he kutuyoberanya? Niba uri Kristo utwerurire.”

25 Yesu arabasubiza ati “Narababwiye ariko ntimwizera, kandi n’imirimo nkora mu izina rya Data na yo irampamya.

26 Ariko ntimwizera kuko mutari abo mu ntama zanjye.

27 Intama zanjye zumva ijwi ryanjye, nanjye ndazizi kandi zirankurikira.

28 Nziha ubugingo buhoraho, kandi ntizizarimbuka na hato iteka ryose, kandi nta wuzazivuvunura mu kuboko kwanjye.

29 Data wazimpaye aruta bose, nta wubasha kuzivuvunura mu kuboko kwa Data.

30 Jyewe na Data turi umwe.”

31 Abayuda bongera gutora amabuye ngo bayamutere.

32 Yesu arababwira ati “Naberetse imirimo myinshi myiza yavuye kuri Data, noneho ni uwuhe murimo muri yo ubatera kuntera amabuye?”

33 Abayuda baramusubiza bati “Ku bw’imirimo myiza ntitugutera amabuye, ahubwo tuguhora kwigereranya, kuko uri umuntu ukigira Imana.”

34 Yesu arabasubiza ati “Ntibyanditswe mu mategeko yanyu ngo ‘Navuze ngo: Muri imana’?

35 Nuko ubwo yabise imana, abo ijambo ry’Imana ryajeho kandi ibyanditswe bitabasha gukuka,

36 mubwirira iki uwo Data yejeje akamutuma mu isi muti ‘Wigereranije’, kuko navuze nti ‘Ndi Umwana w’Imana’?

37 Niba ntakora imirimo ya Data ntimunyizere.

38 Ariko ninyikora, nubwo mutanyizera mwizere imirimo ubwayo, kugira ngo mumenye neza yuko Data ari muri jye, nanjye nkaba ndi muri Data.”

39 Nuko bongera gushaka kumufata, ariko abava mu maboko.

40 Avayo yongera kujya hakurya ya Yorodani, aho Yohana yabatirizaga bwa mbere agumayo.

41 Abantu benshi baza aho ari baravuga bati “Yohana nta kimenyetso yakoze, ariko ibyo Yohana yavuze kuri uyu byari iby’ukuri byose.”

42 Benshi bamwizererayo.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 9 =