Yh 9

Yesu akiza uwavutse ari impumyi

1 Akigenda abona umuntu wavutse ari impumyi.

2 Abigishwa baramubaza bati “Mwigisha, ni nde wakoze icyaha, ni uyu cyangwa ni ababyeyi be ko yavutse ari impumyi?”

3 Yesu arabasubiza ati “Uyu nta cyaha yakoze cyangwa ababyeyi be, ahubwo ni ukugira ngo imirimo y’Imana yerekanirwe muri we.

4 Nkwiriye gukora imirimo y’uwantumye hakiri ku manywa, bugiye kwira ni igihe umuntu atakibasha gukora.

5 Nkiri mu isi ndi umucyo w’isi.”

6 Amaze kuvuga atyo acira amacandwe hasi, ayatobesha akondo akamusīga ku maso,

7 aramubwira ati “Genda wiyuhagire mu kidendezi cy’i Silowamu”, (hasobanurwa ngo “Yaratumwe”). Nuko aragenda ariyuhagira, agaruka ahumutse.

8 Abaturanyi be n’abamubonaga kera ahora asabiriza barabazanya bati “Uyu si we wicaraga asabiriza?”

9 Bamwe bati “Ni we.”

Abandi bati “Si we, icyakora asa na we.”

Na we arabasubiza ati “Ni jye.”

10 Baramubaza bati “Mbese wahumutse ute?”

11 Arabasubiza ati “Wa muntu witwa Yesu yatobye akondo, akansīga ku maso arambwira ati ‘Jya i Silowamu wiyuhagire.’ Nuko ndagenda ndiyuhagira, ndahumuka.”

12 Baramubaza bati “Ari hehe?”

Ati “Simbizi.”

13 Uwari impumyi bamushyira Abafarisayo.

14 Kandi ubwo hari ku munsi w’isabato, uwo Yesu yatobeyemo akondo akamuhumūra.

15 Nuko Abafarisayo na bo bongera kumubaza uko yahumutse. Arababwira ati “Yansīze akondo ku maso, ndiyuhagira ndahumuka.”

16 Bamwe mu Bafarisayo baravuga bati “Uwo muntu si uw’Imana kuko ataziririza isabato.”

Abandi bati “Umunyabyaha yabasha ate gukora ibimenyetso bingana bityo?” Baramupfa.

17 Nuko bongera kubaza uwari impumyi bati “Ku bwawe umuvugaho iki ubwo yaguhumūye?”

Ati “Ni umuhanuzi.”

18 Ariko Abayuda ntibemera yuko yari impumyi agahumuka, kugeza aho bamariye guhamagara ababyeyi b’uwahumutse.

19 Barababaza bati “Uyu ni umwana wanyu muvuga ko yavutse ari impumyi. None yahumuwe n’iki?”

20 Ababyeyi be barabasubiza bati “Tuzi yuko uyu ari umwana wacu, kandi yavutse ari impumyi.

21 None arareba ariko igituma areba ntitukizi, kandi n’uwamuhumūye ntitumuzi. Nimumwibarize namwe, ni umugabo mukuru arivugira.”

22 Icyatumye ababyeyi be bavuga batyo ni uko batinyaga Abayuda, kuko Abayuda bari bamaze guhuza inama, yuko umuntu wese uzerura Yesu ko ari Kristo acibwa mu isinagogi.

23 Ni cyo cyatumye ababyeyi be bavuga bati “Ni umugabo mukuru nimumwibarize.”

24 Nuko rero uwari impumyi bamuhamagara ubwa kabiri, baramubwira bati “Shima Imana, twebwe tuzi yuko uwo muntu ari umunyabyaha.”

25 Na we arabasubiza ati “Niba ari umunyabyaha simbizi, icyo nzi ni kimwe, ni uko nari impumyi none nkaba ndeba.”

26 Baramubaza bati “Yakugenjeje ate? Yaguhumūye ate?”

27 Arabasubiza ati “Maze kubibabwira ntimwabyumva. Icyo mushakira kubyumva ubwa kabiri ni iki? Mbese namwe murashaka kuba abigishwa be?”

28 Baramutuka baramubwira bati “Ni wowe mwigishwa we, ariko twebweho turi abigishwa ba Mose.

29 Tuzi yuko Imana yavuganye na Mose, ariko uwo muntu ntituzi aho yaturutse.”

30 Arabasubiza ati “Iri ni ishyano, ko mutazi aho yaturutse kandi ari we wampumuye!

31 Tuzi yuko Imana itumva abanyabyaha, ariko uyubaha agakora ibyo ishaka, uwo ni we yumva.

32 Uhereye kera kose, ntihari haboneka umuntu wahumuye uwavutse ari impumyi.

33 Uwo muntu iyaba atavuye ku Mana, nta cyo yabashije gukora.”

34 Baramusubiza bati “Wowe wavukiye mu byaha bisa, ni wowe utwigisha?” Bamusunikira hanze.

35 Yesu yumvise yuko bamusunikiye hanze aramushaka, amubonye aramubaza ati “Mbese wizeye Umwana w’Imana?”

36 Na we aramusubiza ati “Databuja, ni nde nkamwizera?”

37 Yesu aramubwira ati “Wamubonye, kandi ni we muvugana.”

38 Na we aramubwira ati “Databuja, ndizeye.” Aramupfukamira.

39 Yesu aravuga ati “Nazanywe muri iyi si no guca amateka ngo abatabona barebe, n’ababona bahume.”

40 Abafarisayo bamwe bari kumwe na we bumvise ibyo baramubaza bati “Mbese natwe turi impumyi?”

41 Yesu arababwira ati “Iyo muba impumyi nta cyaha muba mufite, ariko none kuko muvuga yuko mureba, icyaha cyanyu gihoraho.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =