Yh 3

Ibya Nikodemo

1 Hariho umuntu wo mu Bafarisayo witwaga Nikodemo, umutware wo mu Bayuda.

2 Uwo yasanze Yesu nijoro aramubwira ati “Mwigisha, tuzi yuko uri umwigisha wavuye ku Mana, kuko ari nta wubasha gukora ibimenyetso ujya ukora, keretse Imana iri kumwe na we.”

3 Yesu aramusubiza ati “Ni ukuri, ni ukuri, ndakubwira yuko umuntu utabyawe ubwa kabiri, atabasha kubona ubwami bw’Imana.”

4 Nikodemo aramubaza ati “Mbese umuntu yabasha ate kubyarwa akuze? Yakongera agasubira mu nda ya nyina akabyarwa?”

5 Yesu aramusubiza ati “Ni ukuri, ni ukuri, ndakubwira yuko umuntu utabyawe n’amazi n’Umwuka atabasha kwinjira mu bwami bw’Imana.

6 Ikibyarwa n’umubiri na cyo ni umubiri, n’ikibyarwa n’Umwuka na cyo ni umwuka.

7 Witangazwa n’uko nkubwiye yuko bibakwiriye kubyarwa ubwa kabiri.

8 Umuyaga uhuha aho ushaka, ukumva guhuha kwawo ariko ntumenya aho uva cyangwa aho ujya. Ni ko uwabyawe n’Umwuka wese amera.”

9 Nikodemo aramusubiza ati “Ibyo byashoboka bite?”

10 Yesu aramusubiza ati “Ukaba uri umwigisha w’Abisirayeli ntumenye ibyo!

11 Ni ukuri, ni ukuri, ndakubwira yuko tuvuga ibyo tuzi kandi duhamya ibyo twabonye, nyamara ntimwemera ibyo duhamya.

12 Ubwo nababwiye iby’isi ntimwemere, nimbabwira iby’ijuru muzemera mute?

13 Ntawazamutse ngo ajye mu ijuru, keretse Umwana w’umuntu wavuye mu ijuru, akamanuka akaza hasi.

14 “Kandi nk’uko Mose yamanitse inzoka mu butayu, ni ko Umwana w’umuntu akwiriye kumanikwa,

15 kugira ngo umwizera wese abone guhabwa ubugingo buhoraho.”

16 Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane, byatumye itanga Umwana wayo w’ikinege kugira ngo umwizera wese atarimbuka, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho.

17 Kuko Imana itatumye Umwana wayo mu isi gucira abari mu isi ho iteka, ahubwo yabikoreye kugira ngo abari mu isi bakizwe na we.

18 Umwizera ntacirwaho iteka, utamwizera amaze kuricirwaho kuko atizeye izina ry’Umwana w’Imana w’ikinege.

19 Uko gucirwaho iteka ni uku: ni uko umucyo waje mu isi, abantu bagakunda umwijima kuwurutisha umucyo babitewe n’uko ibyo bakora ari bibi,

20 kuko umuntu wese ukora ibibi yanga umucyo, kandi ntaza mu mucyo ngo ibyo akora bitamenyekana,

21 ariko ukora iby’ukuri ni we uza mu mucyo, ngo ibyo akora bigaragare ko byakorewe mu Mana.

Yohana yongera guhamya Yesu

22 Hanyuma y’ibyo Yesu ajyana n’abigishwa be mu gihugu cy’i Yudaya, atindanayo na bo abatiza abantu.

23 Ariko Yohana weyabatirizaga muri Ayinoni bugufi bw’i Salimu, kuko aho hari amazi menshi. Abantu barazaga bakabatizwa,

24 kuko Yohana yari atarashyirwa mu nzu y’imbohe.

25 Abigishwa ba Yohana bajya impaka n’Umuyuda ku byo kwiyeza.

26 Basanga Yohana baramubwira bati “Mwigisha, uwari kumwe nawe hakurya ya Yorodani, uwo wahamyaga dore na we arabatiza, n’abantu bose baramusanga.”

27 Yohana arabasubiza ati “Nta cyo umuntu yashobora kwiha ubwe, keretse yagihawe kivuye mu ijuru.

28 Namwe murambere abagabo yuko navuze nti ‘Si jye Kristo, ahubwo natumwe kumubanziriza.’

29 Uwo umugeni asanga ni we mukwe, kandi umuranga iyo ahagaze iruhande rw’umukwe amwumva anezezwa n’ijwi rye. None uwo munezero wanjye mwinshi cyane urasohoye.

30 Uwo akwiriye gukuzwa, naho jye nkwiriye kwicisha bugufi.”

31 Uwavuye mu ijuru ni we usumba byose, naho uwo mu isi we ni uw’isi nyine, kandi n’ibyo avuga ni iby’isi. Uwavuye mu ijuru ni we usumba byose,

32 kandi ibyo yabonye n’ibyo yumvise ni byo ahamya, nyamara nta wemera ibyo ahamya.

33 Uwemera ibyo ahamya, aba yemeye n’uko n’Imana ari inyakuri.

34 Uwatumwe n’Imana avuga amagambo yayo, kuko Imana idatanga Umwuka imugeze.

35 Se akunda Umwana we kandi yamweguriye byose,

36 uwizera uwo Mwana aba abonye ubugingo buhoraho, ariko utumvira uwo Mwana ntazabona ubugingo, ahubwo umujinya w’Imana uguma kuri we.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =