Yh 4

Yesu avugana n’Umusamariyakazi

1 Nuko Umwami Yesu amenya yuko Abafarisayo bumvise ko yigisha kandi abatiza benshi, arusha Yohana,

2 (icyakora Yesu ubwe si we wabatizaga, ahubwo ni abigishwa be),

3 ni cyo cyatumye ava i Yudaya agasubira i Galilaya,

4 yiyumvamo ko akwiriye kunyura i Samariya.

5 Nuko agera mu mudugudu w’i Samariya witwa Sukara, bugufi bw’igikingi Yakobo yahaye umwana we Yosefu,

6 kandi aho hari iriba rya Yakobo. Nuko Yesu ananijwe n’uko yagenze cyane apfa kwicara kuri iryo riba, hari nk’isaha esheshatu.

7 Umusamariyakazi aza kuvoma, Yesu aramubwira ati “Mpa utuzi two kunywa”,

8 (kuko abigishwa be bari bagiye mu mudugudu kugura ibyo kurya.)

9 Umusamariyakazi aramusubiza ati “Ko uri Umuyuda nkaba Umusamariyakazi, uransaba amazi ute?” Icyatumye abaza atyo ni uko Abayuda banenaga Abasamariya.

10 Yesu aramusubiza ati “Iyaba wari uzi impano y’Imana, ukamenya n’ugusabye amazi uwo ari we, nawe uba umusabye na we akaguha amazi y’ubugingo.”

11 Undi ati “Databuja, ko udafite icyo uvomesha n’iriba rikaba ari rirerire, none se ayo mazi y’ubugingo wayakura he?

12 Mbese ye uruta sogokuruza Yakobo wadufukuriye iri riba, kandi akaba yaranywaga amazi yaryo ubwe n’abana be n’amatungo ye?”

13 Yesu aramusubiza ati “Umuntu wese unywa aya mazi azongera kugira inyota,

14 ariko unywa amazi nzamuha ntazagira inyota rwose iteka ryose, ahubwo amazi nzamuha azamuhindukiramo isoko y’amazi adudubiza kugeza mu bugingo buhoraho.”

15 Umugore aramubwira ati “Databuja, mpa kuri ayo mazi ntazagira inyota, kandi ntazagaruka kuvoma hano kuko ari kure.”

16 Yesu aramubwira ati “Genda uhamagare umugabo wawe maze ugaruke hano.”

17 Umugore aramusubiza ati “Nta mugabo mfite.”

Yesu aramubwira ati “Uvuze ukuri yuko udafite umugabo,

18 kuko wari ufite abagabo batanu, n’uwo ufite ubu si uwawe. Ibyo byo ubivuze ukuri.”

19 Umugore aramubwira ati “Databuja, menye yuko uri umuhanuzi.

20 Ba sogokuruza bacu basengeraga kuri uyu musozi, namwe mukagira ngo i Yerusalemu ni ho hakwiriye gusengerwa.”

21 Yesu aramusubiza ati“Mugore, nyizera. Igihe kizaza, ubwo bazaba batagisengera Data kuri uyu musozi cyangwa i Yerusalemu.

22 Dore mwebweho musenga icyo mutazi, ariko twebwe dusenga ibyo tuzi kuko agakiza kava mu Bayuda.

23 Ariko igihe kiraje ndetse kirasohoye, ubwo abasenga by’ukuri basengera Data mu Mwuka no mu kuri, kuko Data ashaka ko bene abo ari bo bamusenga.

24 Imana ni Umwuka, n’abayisenga bakwiriye kuyisengera mu Mwuka no mu kuri.”

25 Umugore aramubwira ati “Nzi yuko Mesiya azaza, ari we witwa Kristo, kandi ubwo azaza azatubwira byose.”

26 Yesu aramubwira ati “Ni jye tuvugana.”

27 Uwo mwanya abigishwa be baraza batangazwa n’uko avugana n’uwo mugore, ariko ntihagira umubaza ati “Urashaka iki?” Cyangwa ati “Ni iki gitumye uvugana na we?”

28 Nuko uwo mugore asiga ikibindi cye, aragenda ajya mu mudugudu abwira abantu ati

29 “Nimuze murebe umuntu umbwiye ibyo nakoze byose, murebe ahari ko ari Kristo!”

30 Bava mu mudugudu ngo baze aho ari.

31 Batarahagera abigishwa be baramwinginga bati “Mwigisha, akira ufungure.”

32 Arababwira ati “Mfite ibyokurya mutazi.”

33 Abigishwa be barabazanya bati “Mbese hari uwamuzaniye ibyokurya?”

34 Yesu arababwira ati “Ibyokurya byanjye ni ugukora ibyo uwantumye ashaka, no kurangiza umurimo we.

35 Mbese ntimuvuga ngo ‘Hasigaye amezi ane isarura rigasohora?’ Dore ndababwira, nimwubure amaso murebe imirima yuko imaze kwera ngo isarurwe.

36 Umusaruzi ahabwe ibihembo, ateranirize imyaka ubugingo buhoraho ngo umubibyi n’umusaruzi banezeranwe,

37 kuko iri jambo ari iry’ukuri ngo ‘Habiba umwe, hagasarura undi.’

38 Nabatumye gusarura ibyo mutahinze, abandi barakoze namwe mwazunguye umurimo wabo.”

39 Nuko benshi mu Basamariya bo muri uwo mudugudu bizera Yesu, kuko bumvise amagambo y’uwo mugore ahamya ati “Yambwiye ibyo nakoze byose.”

40 Nuko Abasamariya bamusanze baramwinginga ngo agumane na bo, asibirayo kabiri.

41 Hizera abandi benshi baruta aba mbere, kuko biyumviye ijambo rye.

42 Maze babwira uwo mugore bati “Noneho si amagambo yawe yonyine aduteye kwizera, kuko natwe twiyumviye tukamenya ko uyu ari we Mukiza w’abari mu isi koko.”

43 Iyo minsi ibiri ishize, avayo ajya i Galilaya,

44 kuko Yesu yahamije yuko umuhanuzi atagira icyubahiro mu gihugu cy’iwabo.

45 Ageze i Galilaya, Abanyagalilaya baramwakira kuko babonye ibyo yakoreye i Yerusalemu byose mu minsi mikuru, kuko muri iyo minsi na bo bari bagiyeyo.

Yesu akiza umuhungu w’umutware

46 Bukeye yongera kujya i Kana y’i Galilaya, aho yahinduriye amazi vino. Kandi i Kaperinawumu hariho umutware w’umwami, wari urwaje umwana we w’umuhungu.

47 Yumvise yuko Yesu avuye i Yudaya asohoye i Galilaya aramusanga, amwingingira kumanuka ngo akize umwana we kuko yendaga gupfa.

48 Yesu aramubwira ati “Ntimwakwizera keretse mubonye ibimenyetso n’ibitangaza.”

49 Uwo mutware aramusubiza ati “Databuja, manuka akana kanjye katarapfa.”

50 Yesu aramubwira ati “Genda, umwana wawe ni muzima.”

Uwo muntu yizera iryo jambo Yesu amubwiye aragenda.

51 Bukeye bwahoakiri mu nzira, abagaragu be baramusanganira baramubwira bati “Umwana wawe ni muzima.”

52 Ababaza igihe yoroherewe baramusubiza bati “Ejo ku isaha ndwi, ni ho ubuganga bwamuvuyemo.”

53 Nuko se amenya yuko ari yo saha Yesu yamubwiriyemo ati “Umwana wawe ni muzima.” Nuko uwo mutware aramwizera ubwe n’ab’inzu ye bose.

54 Icyo ni cyo kimenyetso cya kabiri Yesu yakoze, avuye i Yudaya ageze i Galilaya.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =