Yh 7

Bene se wa Yesu ntibamwizera

1 Hanyuma y’ibyo Yesu aba i Galilaya, ntiyashakaga kuba i Yudaya, kuko Abayuda bashakaga kumwica.

2 Iminsi mikuru y’Abayuda yitwa Ingando yendaga gusohora.

3 Nuko bene se baramubwira bati “Va hano ujye i Yudaya, kugira ngo abigishwa bawe barebe imirimo ukora,

4 kuko ari nta muntu ushaka kumenyekana wakorera ikintu mu rwihisho. Kuko ukora iyo mirimo, ngaho genda wiyereke abari mu isi bose!”

5 (Bene se babivugiye batyo kuko batamwizeraga).

6 Yesu arababwira ati “Igihe cyanjye ntikirasohora, ariko igihe cyanyu gihoraho iteka.

7 Ab’isi ntibabasha kubanga, ariko jyewe baranyanga kuko mpamya ibyabo, yuko imirimo yabo ari mibi.

8 Mwebweho nimujye muri iyo minsi mikuru, ariko jyeweho sinjyayo ubu kuko igihe cyanjye kitarasohora.”

9 Amaze kubabwira ibyo, asigara i Galilaya.

10 Ariko bene se bamaze kwikubura bagiye mu minsi mikuru, na we aragenda ariko atari ku mugaragaro, ahubwo nko mu rwihisho.

11 Abayuda bamushakira muri ya minsi mikuru bati “Mbese wa wundi ari he?”

12 Abantu bamugira impaka cyane, bamwe bati “Ni umuntu mwiza”, abandi bati “Oya, ayobya abantu.”

13 Ariko ntihagira umuvuga ku mugaragaro, kuko batinyaga Abayuda.

Yesu ajya i Yerusalemu mu minsi mikuru y’Ingando

14 Iminsi mikuru igeze hagati, Yesu azamuka ajya mu rusengero arigisha.

15 Abayuda baratangara bati “Uyu yakuye hehe ubu bwenge ko atigishijwe?”

16 Yesu arabasubiza ati “Ibyo nigisha si ibyanjye, ahubwo ni iby’Iyantumye.

17 Umuntu nashaka gukora ibyo Ikunda, azamenya ibyo nigisha ko byavuye ku Mana, cyangwa yuko mbivuga ku bwanjye.

18 Uvuga ibye ubwe aba yishakiye icyubahiro, ariko ushakira Iyamutumye icyubahiro uwo ni we w’ukuri, gukiranirwa ntikuri muri we.

19 Mbese Mose ntiyabahaye amategeko? Ariko muri mwe nta wuyumvira. Murashakira iki kunyica?”

20 Abantu baramusubiza bati “Ufite dayimoni. Ni nde ushaka kukwica?”

21 Yesu arabasubiza ati “Nakoze umurimo umwe, namwe mwese murawutangarira.

22 Mose yabahaye umuhango wo gukeba, (icyakora ntiwakomotse kuri Mose, ahubwo wakomotse kuri ba sokuruza banyu), ndetse mukeba abantu no ku isabato.

23 Ubwo umuntu akebwa ku isabato ngo amategeko ya Mose atazirurwa, none kuki mundakarira kuko nakijije umubiri w’umuntu wose ku isabato?

24 Mwe guca imanza ku bigaragara gusa, ahubwo muce imanza z’ukuri.”

Abafarisayo bapfa Yesu, batuma abasirikare kumufata

25 Nuko bamwe mu b’i Yerusalemu barabazanya bati “Uwo bashaka kwica si uyu?

26 Nyamara dore aravugira ku mugaragaro ko ari nta cyo bamugira! Mbese harya, ni ukuri koko abakuru bacu bemeye ko uyu ari we Kristo?

27 Uyu tuzi aho yaturutse, ariko Kristo naza nta wuzamenya aho yaturutse.”

28 Nuko Yesu avuga cyane yigishiriza mu rusengero ati “Jyewe muranzi n’aho naturutse murahazi, ariko sinaje ku bwanjye, ahubwo Iyantumye ni iy’ukuri, iyo mutazi.

29 Nyamara jyewe ndayizi kuko navuye kuri yo, kandi ari yo yantumye.”

30 Nuko bashaka kumufata ariko ntihagira ubihangara, kuko igihe cye cyari kitarasohora.

31 Nuko abantu benshi mu bahateraniye baramwizera bati “Harya Kristo naza, mugira ngo azakora ibimenyetso byinshi biruta ibyo uyu yakoze?”

32 Abafarisayo bumva ibyo rubanda bamuvugira mu byongorerano, nuko abatambyi bakuru n’Abafarisayo batuma abasirikare ngo bamufate.

33 Yesu aherako aravuga ati “Hasigaye umwanya muto nkiri kumwe namwe, hanyuma nkajya ku wantumye.

34 Muzanshaka mwe kumbona, kandi aho nzaba ndi ntimubasha kujyayo.”

35 Nuko Abayuda baravugana bati “Mbese uyu agiye kujya he, aho tutazamubona? Aho ntagiye kujya mu batataniye mu Bagiriki akaba ari bo yigisha?

36 Iryo jambo avuze ni iriki ngo ‘Muzanshaka mwe kumbona’, kandi ngo ‘Aho nzaba ndi ntimubasha kujyayo?’ ”

Imigezi y’amazi y’ubugingo

37 Nuko ku munsi uheruka w’iyo minsi mikuru, ari wo munsi uruta iyindi, Yesu arahagarara avuga cyane ati “Umuntu nagira inyota aze aho ndi anywe.

38 Unyizera, imigezi y’amazi y’ubugingo izatemba iva mu nda ye, nk’uko ibyanditswe bivuga.”

39 Ibyo yabivuze yerekeje ku Mwuka Wera, uwo abamwizera bendaga guhabwa, ariko ubwo Umwuka yari ataraza kuko Yesu yari atarahabwa ubwiza bwe.

40 Bamwe muri rubanda bumvise ayo magambo baravuga bati “Ni ukuri uyu ni we wa muhanuzi.”

41 Abandi bati “Uyu ni we Kristo.” Ariko abandi bati “Mbese Kristo aturuka i Galilaya?

42 Ibyanditswe ntibivuga ngo Kristo azakomoka mu rubyaro rwa Dawidi, aturuke i Betelehemu, ikirorero Dawidi yarimo?”

43 Nuko abantu baramupfa.

44 Bamwe muri bo bashaka kumufata ariko ntihagira n’umukoza urutoki.

Nikodemo avugira Yesu imbere y’Abafarisayo

45 Nuko ba basirikare basubira ku batambyi bakuru n’Abafarisayo. Na bo barababaza bati “Mubujijwe n’iki kumuzana?”

46 Abasirikare barabasubiza bati “Yemwe, ntabwo higeze kuba umuntu uvuga nka we.”

47 Abafarisayo barabasubiza bati “Mbese namwe mwayobejwe?

48 Hari umuntu n’umwe wo mu bakuru cyangwa mu Bafarisayo wamwizeye?

49 Ariko abo bantu batazi amategeko baravumwe.”

50 Nikodemo, wa wundi wigeze gusanga Yesu kera, kandi wari umwe wo muri bo arababaza ati

51 “Mbese amategeko yacu acira umuntu urubanza, batabanje kumwumva no kumenya ibyo yakoze?”

52 Baramusubiza bati “Mbega nawe waturutse i Galilaya? Irebere mu byanditswe, urasanga ko nta muhanuzi uturuka i Galilaya.”

[

53 Barataha, umuntu wese ajya iwe.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =