Yh 6

Yesu ahaza abantu ibihumbi bitanu

1 Hanyuma y’ibyo Yesu ajya hakurya y’Inyanja y’i Galilaya, ari yo yitwa Tiberiya.

2 Iteraniro ry’abantu benshi riramukurikira, kuko babonye ibimenyetso yakoreye abarwayi.

3 Yesu azamuka umusozi yicaranayo n’abigishwa be.

4 Ubwo Pasika, iminsi mikuru y’Abayuda, yendaga gusohora.

5 Yesu yubura amaso, abonye abantu benshi baza aho ari abaza Filipo ati “Turagura hehe ibyokurya ngo aba babone ibyo barya?”

6 Icyatumye amubaza atyo yagira ngo amugerageze, ubwe yari azi icyo ari bukore.

7 Filipo aramusubiza ati “Imitsima yagurwa idenariyo magana abiri ntiyabakwira, nubwo umuntu yaryaho gato.”

8 Umwe mu bigishwa be, ari we Andereya mwene se wa Simoni Petero aramubwira ati

9 “Hano hari umuhungu ufite imitsima itanu y’ingano, n’ifi ebyiri. Ariko ibyo byamarira iki abantu bangana batya?”

10 Yesu ati “Nimwicaze abantu.” Aho hantu hari ubwatsi bwinshi, nuko abagabo baricara, bari nk’ibihumbi bitanu.

11 Yesu yenda ya mitsima arayishimira ayigabanya abicaye, n’ifi na zo azigenza atyo nk’uko bazishakaga.

12 Bamaze guhaga abwira abigishwa be ati “Nimuteranye ubuvungukira busigaye hatagira ikintu gipfa ubusa.”

13 Barateranya buzuza intonga cumi n’ebyiri z’ubuvungukira bwa ya mitsima itanu y’ingano, ubwo abariye bashigaje.

14 Abantu babonye ikimenyetso yakoze baravuga bati “Ni ukuri uyu ni we wa muhanuzi wari ukwiriye kuza mu isi.”

15 Yesu amenye yuko bagiye kuza kumufata ngo bamwimike, arabiyufūra asubira ku musozi wenyine.

Yesu agendesha amaguru hejuru y’inyanja

16 Bugorobye abigishwa be baramanuka bajya ku nyanja.

17 Bikira mu bwato, bambuka inyanja bagana i Kaperinawumu. Bwari bwije kandi na Yesu atarabageraho,

18 inyanja ihindurizwa n’umuyaga mwinshi uhuha.

19 Bamaze kuvugama sitadiyo makumyabiri n’eshanu cyangwa mirongo itatu, babona Yesu agendesha amaguru hejuru y’inyanja. Ageze bugufi bw’ubwato baratinya.

20 Ariko arababwira ati “Ni jye; mwitinya.”

21 Baherako bemera ko ajya mu bwato, uwo mwanya bugera imusozi aho bajyaga.

Iby’umutsima w’ubugingo

22 Bukeye bwaho iteraniro ry’abantu benshi ryari rihagaze hakurya y’inyanja, bamenya yuko hari ubwato bumwe gusa kandi ko Yesu atīkiranye n’abigishwa be muri bwo, ahubwo ko bagiye bonyine ubwabo.

23 Nuko ayandi mato avuye i Tiberiya amaze kwambuka, afata bugufi bw’aho barīriye ya mitsima, Umwami Yesu amaze kuyishimira.

24 Nuko abo bantu babonye ko Yesu n’abigishwa be badahari, bikira muri ayo mato ubwabo bajya i Kaperinawumu kumushakirayo.

25 Bamubonye hakurya y’inyanja baramubaza bati “Mwigisha, waje hano ryari?”

26 Yesu arabasubiza ati “Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko ibimenyetso mwabonye atari byo bituma munshaka, ahubwo ni ya mitsima mwariye mugahaga.

27 Ntimukorere ibyokurya bishira, ahubwo mukorere ibyokurya bigumaho kugeza ku bugingo buhoraho, ibyo Umwana w’umuntu azabaha, kuko Se ari we Mana yamushyizeho ikimenyetso cyayo.”

28 Baramubaza bati “Tugire dute ngo dukore imirimo y’Imana?”

29 Arabasubiza ati “Umurimo w’Imana nguyu: ni uko mwizera uwo yatumye.”

30 Baramubaza bati “Urakora kimenyetso ki ngo tukirebe tukwizere? Icyo wakora ni iki?

31 Ba sogokuruza bacu barīraga manu mu butayu, nk’uko byanditswe ngo ‘Yabahaye kurya umutsima uvuye mu ijuru.’ ”

32 Yesu arababwira ati “Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko Mose atari we wabahaye umutsima uvuye mu ijuru, ahubwo ni Data ubaha umutsima w’ukuri uvuye mu ijuru.

33 Kuko umutsima w’Imana ari umanuka uva mu ijuru, ugaha abari mu isi ubugingo.”

34 Baramubwira bati “Databuja, ujye uduha uwo mutsima iteka.”

35 Yesu arababwira ati “Ni jye mutsima w’ubugingo, uza aho ndi ntazasonza na hato, n’unyizera ntabwo azagira inyota na hato.

36 Ariko nababwiye yuko mwambonye, nyamara ntimwizera.

37 Uwo Data yampaye wese aza aho ndi, kandi uza aho ndi sinzamwirukana na hato.

38 Kuko ntavanywe mu ijuru no gukora ibyo nishakiye, ahubwo nazanywe no gukora ibyo uwantumye ashaka,

39 kandi ibyo uwantumye ashaka ni ibi: ni ukugira ngo mu byo yampaye byose ntagira na kimwe nzimiza, ahubwo ngo nzakizure ku munsi w’imperuka.

40 Kuko icyo Data ashaka ari iki: ni ukugira ngo umuntu wese witegereza Umwana akamwizera ahabwe ubugingo buhoraho, nanjye nzamuzure ku munsi w’imperuka.”

41 Nuko Abayuda baramwitotombera kuko yavuze ati “Ni jye mutsima wavuye mu ijuru.”

42 Bati “Uyu si we Yesu mwene Yosefu, ntituzi se na nyina? Ni iki gituma avuga ko yavuye mu ijuru?”

43 Yesu arabasubiza ati “Mwe kwitotomba.

44 Nta wubasha kuza aho ndi, keretse arehejwe na Data wantumye, nanjye nkazamuzura ku munsi w’imperuka.

45 Byanditswe mu byahanuwe ngo ‘Bose bazigishwa n’Imana.’ Umuntu wese wumvise ibya Data akabyiga aza aho ndi.

46 Si ukugira ngo hari umuntu wabonye Data, keretse uwavuye ku Mana, uwo ni we wabonye Data.

47 Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko uwizera ari we ufite ubugingo buhoraho.

48 Ni jye mutsima w’ubugingo.

49 Ba sekuruza wanyu barīraga manu mu butayu, nyamara barapfuye.

50 Uyu ni wo mutsima umanuka uva mu ijuru, kugira ngo umuntu uwurya ye gupfa.

51 Ni jye mutsima muzima wavuye mu ijuru. Umuntu narya uwo mutsima azabaho iteka ryose, kandi umutsima nzatanga ku bw’abari mu isi kugira ngo babone ubugingo, ni umubiri wanjye.”

52 Abayuda bajya impaka bati “Mbese uyu yabasha ate kuduha umubiri we ngo tuwurye?”

53 Yesu arababwira ati “Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko nimutarya umubiri w’Umwana w’umuntu, ntimunywe n’amaraso ye, nta bugingo muba mufite muri mwe.

54 Urya umubiri wanjye, akanywa amaraso yanjye aba afite ubugingo buhoraho, nanjye nzamuzura ku munsi w’imperuka,

55 kuko umubiri wanjye ari ibyokurya by’ukuri, n’amaraso yanjye ari ibyokunywa by’ukuri.

56 Urya umubiri wanjye, akanywa amaraso yanjye, aguma muri jye nanjye nkaguma muri we.

57 Nk’uko Data uhoraho yantumye, nanjye nkaba ndiho ku bwa Data, ni ko undya na we azabaho ku bwanjye.

58 Uyu ni wo mutsima wavuye mu ijuru, si nk’uwo ba sekuruza banyu bariye bagapfa, ahubwo urya uyu mutsima azabaho iteka ryose.”

59 Ibyo yabivugiye mu isinagogi, yigishiriza i Kaperinawumu.

60 Nuko benshi mu bigishwa be babyumvise baravuga bati “Iryo jambo rirakomeye, ushobora kuryihanganira ni nde?”

61 Yesu amenya mu mutima we yuko abigishwa be babyitotombeye, arababaza ati “Mbese ibyo bibabereye igisitaza?

62 None mwabona Umwana w’umuntu azamuka ajya aho yahoze mbere byamera bite?

63 Umwuka ni we utanga ubugingo, umubiri nta cyo umaze. Amagambo mbabwiye ni yo mwuka, kandi ni yo bugingo,

64 ariko hariho bamwe muri mwe batizera.” (Kuko uhereye mbere na mbere Yesu yari azi abatizera abo ari bo, n’uzamugambanira uwo ari we.)

65 Nuko aravuga ati “Ni cyo cyatumye mbabwira yuko hatariho ubasha kuza aho ndi, keretse abihawe na Data.”

66 Benshi mu bigishwa be bahera ubwo basubira inyuma, barorera kugendana na we.

67 Yesu abaza abigishwa be cumi na babiri ati “Kandi namwe murashaka kugenda?”

68 Simoni Petero aramusubiza ati “Databuja, twajya kuri nde, ko ari wowe ufite amagambo y’ubugingo buhoraho,

69 natwe tukaba twizeye tuzi yuko uri Kristo, Uwera w’Imana?”

70 Yesu arabasubiza ati “Mbese si jye wabitoranyirije uko muri cumi na babiri? None dore umwe muri mwe ni umwanzi.”

71 Uwo yavugaga ni Yuda Isikariyota mwene Simoni kuko ari we wari ugiye kuzamugambanira, ari umwe muri abo cumi na babiri.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − eleven =