Yoz 1

Imana itoranya Yosuwa ngo azungure Mose

1 Ubwo Mose umugaragu w’Uwiteka yari amaze gupfa, Uwiteka abwira Yosuwa mwene Nuni umufasha wa Mose ati

2 “Umugaragu wanjye Mose yarapfuye, none ubu haguruka wambukane n’aba bantu bose ruriya ruzi rwa Yorodani, mujye mu gihugu mbahaye mwebwe Abisirayeli.

3 Aho muzakandagira hose ndahabahaye nk’uko nabwiye Mose.

4 Uhereye mu butayu no kuri uriya musozi Lebanoni ukageza ku ruzi runini rwitwa Ufurate, igihugu cyose cy’Abaheti no kugeza ku Nyanja Nini y’iburengerazuba, ni rwo rugabano rwanyu.

5 Nta muntu n’umwe warinda kuguhagarara imbere iminsi yose yo kubaho kwawe. Nk’uko nabanaga na Mose ni ko nzabana nawe, sinzagusiga kandi sinzaguhāna.

6 Komera ushikame, kuko uzatuma aba bantu bazungura igihugu narahiye ko nzaha ba sekuruza babo.

7 Icyakora ukomere ushikame cyane, kugira ngo witondere amategeko yose umugaragu wanjye Mose yagutegetse. Ntuzayateshuke uciye iburyo cyangwa ibumoso, kugira ngo ubashishwe byose aho uzajya hose.

8 Ibiri muri iki gitabo cy’amategeko ntukarorere kubihamisha akanwa kawe, ahubwo ujye ubitekereza ku manywa na nijoro kugira ngo ubone uko ukurikiza ibyanditswemo byose. Ni ho uzahirwa mu nzira zawe, ukabashishwa byose.

9 Mbese si jye ubigutegetse? Nuko komera ushikame, ntutinye kandi ntukuke umutima, kuko Uwiteka Imana yawe iri kumwe nawe aho uzajya hose.”

Yosuwa abwira abantu yuko bazambuka Yorodani

10 Yosuwa ategeka abatware b’imitwe ati

11 “Munyure mu ngando mutegeke abantu muti ‘Nimukore amahamba kuko mu minsi itatu muzambuka ruriya ruzi rwa Yorodani, mujya guhindūra igihugu Uwiteka Imana yanyu yabahaye mukibemo.’ ”

12 Yosuwa abwira Abarubeni n’Abagadi n’igice cy’umuryango wa Manase ati

13 “Mwibuke rya jambo Mose umugaragu w’Uwiteka yabategetse ati ‘Uwiteka Imana yanyu irabaruhuye, ibahaye iki gihugu.’

14 Abagore banyu n’abana banyu n’amashyo yanyu bizasigara mu gihugu Mose yabahaye cyo hakuno ya Yorodani, ariko mwebwe ab’intwari mwese mubanzirize bene wanyu kwambuka, mwitwaje intwaro kugira ngo muzabarwanire,

15 kugeza aho Uwiteka azaruhurira bene wanyu nk’uko namwe yabaruhuye, na bo bagahindūra igihugu Uwiteka Imana yanyu yabahaye. Nyuma muzasubire mu gihugu mwahindūye mukibemo, icyo Mose umugaragu w’Uwiteka yabahaye hakuno ya Yorodani iburasirazuba.”

16 Na bo basubiza Yosuwa bati “Ibyo udutegeka byose tuzabikora, n’aho uzadutuma hose tuzajyayo.

17 Nk’uko twumviraga Mose muri byose nawe ni ko tuzakumvira, icyakora Uwiteka Imana yawe ibane nawe, nk’uko yabanaga na Mose.

18 Uzagomera itegeko ryawe wese, ntiyumvire n’amagambo yawe mu byo uzamutegeka byose azicwa. Icyakora komera ushikame!”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =