Yoz 2

Rahabu yakira abatasi abahisha

1 Bari i Shitimu, Yosuwa mwene Nuni yohereza abagabo babiri rwihishwa ngo bajye gutata. Arababwira ati “Nimugende mwitegereze igihugu cyane cyane i Yeriko.” Nuko baragenda binjira mu nzu ya maraya witwaga Rahabu bararamo.

2 Umwami w’i Yeriko abwirwa yuko muri iryo joro haje abagabo bo mu Bisirayeli gutata igihugu.

3 Uwo mwami atuma kuri Rahabu ati “Sohora abo bagabo bari iwawe, kuko bazanywe no gutata igihugu cyose.”

4 Ariko uwo mugore ajyana abo bagabo bombi arabahisha, abwira intumwa ati “Ni koko iwanjye haje abagabo ariko ntazi aho baturuka,

5 nuko bumaze kwira igihe cyo kugarira kigeze, abo bagabo baragenda sinzi aho bagannye. Nimubakurikire n’ingoga murabafata.”

6 Ariko ba batasi yari yaburije inzu abahisha hejuru yayo, abatwikira imigwegwe yari yatondekanije.

7 Nuko ba bandi babagenzereza mu nzira igana kuri Yorodani aho bambukira, ababagenza bamaze kugenda barugarira.

Basezerana uko bazabigenza

8 Nuko batararyama uwo mugore arurira abasanga hejuru y’inzu,

9 arababwira ati “Nzi yuko Uwiteka abahaye igihugu kandi mwaduteye ubwoba, ndetse abari mu gihugu bose mwabakuye umutima,

10 kuko twumvise uburyo Uwiteka yakamije Inyanja Itukura muyigezeho muva muri Egiputa, n’ibyo mwagiriye abami bombi b’Abamori bo hakurya ya Yorodani, Sihoni na Ogi, abo mwarimbuye rwose.

11 Tubyumvise uwo mwanya imitima yacu ishya ubwoba, nta muntu n’umwe mutakuye umutima, kuko Uwiteka Imana yanyu ari yo Mana yo hejuru mu ijuru no hasi mu isi.

12 None ndabinginze, nimundahire Uwiteka ko muzagirira neza inzu ya data nk’iyo mbagiriye, mumpe ikimenyetso cy’ukuri

13 yuko muzarokora data na mama, na basaza banjye na barumuna banjye n’abo bari kumwe, mugakiza amagara yacu ntidupfe.”

14 Abo bagabo baramusubiza bati “Amagara yacu mukijije natwe tuzabitura gukiza ayanyu. Nimutatubūra, Uwiteka namara kuduha igihugu tuzakwitura ineza. Ni iby’ukuri.”

15 Arabohereza, abamanuza umugozi abanyujije mu idirishya kuko inzu ye yari hejuru y’inkike y’umudugudu, ni ho yari atuye.

16 Nuko arababwira ati “Mujye mu misozi kugira ngo mudahura n’ababagenza, mumareyo iminsi itatu mwihishe kugeza aho ababagenza bazahindukirira, nyuma muzigendere.”

17 Abo bagabo baramusubiza bati “Iyi ndahiro uturahije nta mugayo uzatubaho.

18 Nitugera muri iki gihugu uzapfundike aka kagozi gatukura ku idirishya uducishijemo, ariko so na nyoko na bene so n’abo mu rugo rwa so bose, uzabateranirize iwawe.

19 Nihagira umuntu uva mu nzu yawe agasohoka, amaraso ye ni we azabaho twe nta rubanza ruzatubaho. Kandi umuntu wese uzaba ari hamwe nawe mu nzu, amaraso ye azatubeho nihagira umwakura.

20 Ariko nutubūra ntituzagibwaho n’urubanza rw’indahiro uturahije.”

21 Na we arababwira ati “Bizaba nk’uko muvuze”, maze arabasezerera baragenda. Nyuma apfundika akagozi gatukura ku idirishya.

Abatasi basubirayo babatekerereza ibyo babonye

22 Nuko baragenda bajya mu misozi bamarayo iminsi itatu, bageza aho ababagenjeje bahindukiriye, ariko bari babashatse inzira yose barabaheba.

23 Nuko abo bagabo bombi baragaruka bamanuka umusozi, barambuka basanga Yosuwa mwene Nuni bamutekerereza ibyababayeho byose.

24 Baramubwira bati “Ni ukuri koko, Uwiteka ashyize iki gihugu cyose mu maboko yacu, kandi bene cyo twabakuye umutima.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eighteen =