Yoz 10

Barwanya abandi bami batanu, bo baterwa n’urubura

1 Ubwo Adonisedeki umwami w’i Yerusalemu yumvise uko Yosuwa yatsinze Ayi akaharimbura rwose, kandi uko yagize kuri Ayi n’umwami waho nk’uko yagize i Yeriko n’umwami waho, kandi uko Abagibeyoni basezeranye amahoro n’Abisirayeli bakabana na bo,

2 aherako aratinya cyane kuko i Gibeyoni hari umudugudu ukomeye cyane, nk’uko indembo z’abami zimera ndetse harutaga kuri Ayi, n’abagabo baho bose bari intwari.

3 Ni cyo cyatumye Adonisedeki umwami w’i Yerusalemu atuma kuri Hohamu umwami w’i Heburoni no kuri Piramu umwami w’i Yaramuti, no kuri Yafiya umwami w’i Lakishi no kuri Debira umwami wo kuri Eguloni ati

4 “Nimuzamuke munsange, muntabare tuneshe Abagibeyoni kuko basezeranye amahoro na Yosuwa n’Abisirayeli.”

5 Nuko abo bami batanu b’Abamori: umwami w’i Yerusalemu n’uw’i Heburoni n’uw’i Yaramuti, n’uw’i Lakishi n’uwo kuri Eguloni bateranira hamwe, barazamuka bo n’ingabo zabo zose bagandikira i Gibeyoni, barahagerereza.

6 Nuko Abagibeyoni batuma kuri Yosuwa mu ngerero z’i Gilugali bati “Ntuhemukire abagaragu bawe, uzamuke n’ingoga uze utuvune uturengere, kuko abami bose b’Abamori bo ku misozi miremire bateraniye hamwe kudutera.”

7 Nuko Yosuwa ahagurukana n’ingabo zose n’ab’intwari bakomeye bose, bava i Gilugali.

8 Uwiteka abwira Yosuwa ati “Ntubatinye kuko mbakugabije, nta muntu wo muri bo uzaguhagarara imbere.”

9 Maze Yosuwa abatungukiraho vuba, kuko yaje ijoro ryose avuye i Gilugali.

10 Uwiteka abatataniriza imbere y’Abisirayeli, babicira i Gibeyoni barabatikiza, babirukanira mu nzira izamuka ijya i Betihoroni, barabanesha babageza kuri Azeka n’i Makeda.

11 Nuko bagihunga Abisirayeli bamanukira i Betihoroni, Uwiteka amanura amabuye manini y’urubura avuye mu ijuru, agenda abahondagura barinda bagera kuri Azeka. Nuko barapfa, abishwe n’urubura barutaga abo Abisirayeli bicishije inkota.

Izuba rihagarara umunsi wose, ntiryarenga

12 Umunsi Uwiteka yagabijeho Abisirayeli Abamori, Yosuwa abwirira Uwiteka imbere y’Abisirayeli ati

“Zuba, hagarara kuri Gibeyoni,

Nawe Kwezi, hagarara mu gikombe cyo kuri Ayaloni.”

13 Izuba riherako rirahagarara n’ukwezi kuguma aho kuri, bigeza aho ubwo bwoko bwamariye guhōra inzigo ababisha babo. Mbese icyo nticyanditswe mu gitabo cya Yashari? Izuba riguma mu ijuru hagati ritinda kurenga, rimara nk’umunsi wose.

14 Kandi nta munsi wahwanye n’uwo mu yawubanjirije cyangwa mu yawukurikiye, ubwo Uwiteka yumvaga umuntu kuko Uwiteka ari we warwaniye Abisirayeli.

15 Yosuwa aherako atabarukana n’Abisirayeli bose mu ngerero z’i Gilugali.

Bica abo bami

16 Abo bami batanu barahunga, bihisha mu buvumo bw’i Makeda.

17 Babwira Yosuwa bati “Twabonye abo bami batanu bihisha mu buvumo bw’i Makeda.”

18 Nuko Yosuwa aravuga ati “Muhirike amabuye manini muyashyire ku muryango w’ubuvumo, mushyireho n’abo kubarinda.”

19 Ati “Ariko ntimuhatinde, mukurikire ababisha banyu mubakubite muhere ku b’inyuma, ntimubakundire kwinjira mu midugudu yabo kuko Uwiteka Imana yanyu ibabagabije.”

20 Yosuwa n’Abisirayeli bamaze kubatikiza kugeza aho bashiriye, abasigaye muri bo binjira mu midugudu igoswe n’inkike z’amabuye.

21 Abantu bose baherako bagaruka amahoro kuri Yosuwa mu ngando z’i Makeda.

Nta muntu n’umwe watinyutse gutuka uwo mu Bisirayeli.

22 Nuko Yosuwa aherako aravuga ati “Nimusibure umuryango w’ubuvumo, mukuremo abo bami batanu mubanzanire.”

23 Bakora uko bategetswe basohora abo bami batanu, barabamuzanira babakuye muri bwa buvumo: umwami w’i Yerusalemu n’umwami w’i Heburoni n’umwami w’i Yaramuti, n’umwami w’i Lakishi n’umwami wo kuri Eguloni.

24 Bamaze gukuramo abo bami babashyira Yosuwa. Yosuwa ahamagaza abagabo b’Abisirayeli bose, abwira abatware b’ingabo bajyanye na we ati “Nimuze munyegere mukandagire ku majosi y’aba bami.” Barabegera babakandagira ku majosi.

25 Yosuwa arababwira ati “Ntimutinye kandi ntimukuke umutima, mube intwari kuko Uwiteka azagira atya ababisha banyu bose muzarwana.”

26 Maze Yosuwa akubita abo bami arabica, abamanika ku biti bitanu. Nuko baguma ku biti kugeza nimugoroba.

27 Izuba rirenze Yosuwa ategeka ko babamanura ku biti, babajugunya muri bwa buvumo bari bihishemo, ku muryango wabwo bahasibisha amabuye manini birinda bigeza na bugingo n’ubu.

Bahindūra imidugudu yabo

28 Uwo munsi Yosuwa atsinda i Makeda, abicisha inkota n’umwami waho abarimbura bose pe, ntiyasigaza n’umwe mu bari bawurimo bose kandi agira umwami w’i Makeda nk’uko yagize umwami w’i Yeriko.

29 Bukeye Yosuwa n’Abisirayeli bose bava i Makeda, batera i Libuna baraharwanya.

30 Uwiteka agabiza Abisirayeli uwo mudugudu na wo n’umwami wawo babicisha inkota, ntiyasigaza n’umwe mu bari bawurimo bose kandi agira umwami waho nk’uko yagize umwami w’i Yeriko.

31 Bukeye Yosuwa n’Abisirayeli bose bava i Libuna batera i Lakishi, bagandikayo baraharwanya.

32 Uwiteka agabiza Abisirayeli Lakishi bahatsinda ku munsi wa kabiri, bicisha inkota abari bawurimo bose nk’uko yagenje iby’i Libuna byose.

33 Maze Horamu umwami w’i Gezeri ahagurutswa no gutabara i Lakishi, Yosuwa amwicana n’abantu be bose ntiyasigaza n’umwe.

34 Bukeye Yosuwa n’Abisirayeli bose bava i Lakishi batera kuri Eguloni, barahagerereza baraharwanya.

35 Uwo munsi barahatsinda bicisha inkota abari bahari bose, arabarimbura rwose nk’uko yagenje iby’i Lakishi byose.

36 Bukeye Yosuwa azamukana n’Abisirayeli bose bava kuri Eguloni, batera i Heburoni baraharwanya.

37 Barahatsinda bicisha inkota umwami waho n’imidugudu yaho yose n’abari bayirimo bose, ntiyasigaza n’umwe muri bo nk’uko yagenje ibyo kuri Eguloni byose, aharimburana n’abari bahari bose pe.

38 Maze Yosuwa agarukana n’Abisirayeli bose, batera i Debira baraharwanya

39 barahatsinda, maze umwami waho n’imidugudu yaho babicisha inkota barimbura abari bayirimo bose pe, ntiyasigaza n’umwe muri bo nk’uko yagize i Debira n’umwami waho, nk’uko yagize i Heburoni kandi nk’uko yagize i Libuna n’umwami waho.

40 Uko ni ko Yosuwa yateye igihugu cyose cy’imisozi miremire n’icy’ikusi, n’icy’ikibaya n’icy’imirenge y’imisozi n’abami babyo ntiyasigaza n’umwe. Arimbura abahumeka bose pe, nk’uko Uwiteka Imana y’Abisirayeli yategetse.

41 Yosuwa arabica uhereye i Kadeshi y’i Baruneya ukageza n’i Gaza, n’igihugu cyose cy’i Gosheni kugeza n’i Gibeyoni.

42 Nuko abo bami bose n’ibihugu byabo Yosuwa abaneshereza icyarimwe, kuko Uwiteka Imana y’Abisirayeli yabarwaniye.

43 Nuko Yosuwa atabarukana n’Abisirayeli bose, basubira mu ngerero z’i Gilugali.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 12 =