Yoz 9

Abagibeyoni bigira inama zo kwikiza barahanwa

1 Nuko abami bose bo hakuno ya Yorodani, bo mu misozi no mu bibaya no mu mpande z’Inyanja Nini ahagana i Lebanoni, Abaheti n’Abamori n’Abanyakanāni, n’Abaferizi n’Abahivi n’Abayebusi babyumvise,

2 bateranira hamwe bahuza inama yo kurwanya Yosuwa n’Abisirayeli.

3 Ariko Abagibeyoni bumvise ibyo Yosuwa yakoze i Yeriko no kuri Ayi,

4 bahimba ubwenge baragenda bīhindura intumwa, bajyana amasaho ashaje ku ndogobe zabo, n’imvumba za vino zishaje ziteye ibiremo zibaririye,

5 bambaye inkweto mu birenge zishaje ziteye indomo, n’imyenda ishaje y’ubushwambagara, kandi imitsima yose y’impamba yari yaragwengeye iguye uruhumbu.

6 Barahaguruka basanga Yosuwa n’Abisirayeli mu ngando y’i Gilugali barababwira bati “Turaturuka mu gihugu cya kure, nuko mudusezeranye isezerano.”

7 Nuko Abisirayeli basubiza Abahivi bati “Ahari muri abaturanyi bacu. None twabasha dute gusezerana namwe?”

8 Babwira Yosuwa bati “Turi abagaragu bawe.”

Yosuwa arababaza ati “Muri bwoko ki? Muturuka he?”

9 Baramusubiza bati “Twebwe abagaragu bawe turaturuka mu gihugu cya kure, twazanywe ino n’izina ry’Uwiteka Imana yawe, kuko twumvise kwamamara kwayo n’ibyo yakoze muri Egiputa byose,

10 n’ibyo yakoreye abami babiri b’Abamori bo hakurya ya Yorodani, Sihoni umwami w’i Heshiboni, na Ogi umwami w’i Bashani wari muri Ashitaroti.

11 Nuko abakuru bacu n’abari mu gihugu cyacu bose baratubwira bati ‘Nimujyane impamba y’urugendo mujye kubasanganira mubabwire muti: Turi abagaragu banyu none mudusezeranye isezerano.’

12 Kandi iyi mitsima yacu, twayihambiriye mu mazu y’iwacu igishyushye umunsi duhaguruka tukaza kubareba, none yaragwengeye iguye uruhumbu,

13 kandi n’izi mvumba twazujuje vino zikiri nshya none dore ziratobaguritse, imyambaro n’inkweto bidusaziyeho ku bw’urugendo rurerure cyane.”

14 Abisirayeli bemezwa n’ibyokurya byabo batabishobanuje Uwiteka.

15 Nuko Yosuwa asezerana na bo isezerano ry’amahoro no kutazabica, n’abatware b’iteraniro barabarahira.

16 Nuko iminsi itatu ishize bamaze gusezerana na bo, bumva ko ari abaturanyi babo kandi ko batuye hagati yabo.

17 Abisirayeli baragenda bagera mu midugudu yabo ku munsi wa gatatu. Imidugudu yabo yari i Gibeyoni n’i Kefira, n’i Bēroti n’i Kiriyatiyeyarimu.

18 Abisirayeli ntibabica kuko abatware b’iteraniro bari barabarahiye Uwiteka Imana y’Abisirayeli, iteraniro ryose ryitotombera abatware.

19 Ariko abatware bose babwira iteraniro bati “Twabarahiye Uwiteka Imana y’Abisirayeli, ntitwabasha kubākura

20 ahubwo tubagire dutya: tubasige ari bazima kugira ngo uburakari butatubaho ku bwa ya ndahiro twabarahiye.”

21 Abatware barababwira bati “Nimubareke ari bazima, mubagire abashenyi n’abavomyi b’iteraniro ryose nk’uko twababwiye.”

22 Nuko Yosuwa arabahamagaza arababaza ati “Ni iki cyatumye muturyarya mukavuga yuko muri kure yacu cyane, kandi duturanye?

23 Nuko rero muravumwe, ntabwo muzabura kuba abaretwa n’abashenyi n’abavomyi b’inzu y’Imana yanjye.”

24 Basubiza Yosuwa bati “Erega abagaragu bawe twabwiwe neza yuko Uwiteka Imana yawe, yategetse Mose umugaragu wayo kubaha igihugu cyose no kurimbura bene igihugu ngo bashire imbere yanyu. Ni cyo cyatumye tubatinya cyane ku bw’amagara yacu tugakora dutyo.

25 None dore turi mu maboko yawe, icyo ushima ko ari cyiza kigutunganiye abe ari cyo udukorera.”

26 Nuko abagirira atyo, abakiza amaboko y’Abisirayeli ntibabica.

27 Yosuwa abagira abashenyi n’abavomyi b’iteraniro n’ab’igicaniro cy’Uwiteka, aho azatoranya hose. Ni ko bagikora na bugingo n’ubu.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − two =