Yoz 4

Batoranya abagabo bo gutora amabuye yo muri Yorodani

1 Ubwoko bwose bumaze kwambuka Yorodani, Uwiteka abwira Yosuwa ati

2 “Robanura muri aba bantu abagabo cumi na babiri, mu miryango yose havemo umwe umwe,

3 ubategeke uti ‘Nimutore amabuye cumi n’abiri muri Yorodani hagati aho abatambyi bari bashinze ibirenge, muyambukane muyashyire aho mugandika iri joro.’ ”

4 Yosuwa aherako ahamagaza abagabo cumi na babiri yarobanuye mu miryango y’Abisirayeli yose umwe umwe,

5 arababwira ati “Nimunyure imbere y’isanduku y’Uwiteka Imana yanyu muri Yorodani hagati, umuntu wese aterura ibuye arishyire ku rutugu nk’uko umubare w’imiryango y’Abisirayeli ungana,

6 kugira ngo bibe ikimenyetso muri mwe kera ubwo abana banyu bazabaza ba se bati ‘Aya mabuye ku bwanyu ni icyitegererezo ki?’

7 Muzabasubize muti ‘Amazi ya Yorodani yatandukaniye imbere y’isanduku y’isezerano ry’Uwiteka, igihe yambukaga Yorodani amazi yayo agatandukana, kandi ayo mabuye azaba icyitegererezo cyibutsa Abisirayeli iteka ryose ibyabayeho.’ ”

8 Nuko Abisirayeli bakora nk’uko Yosuwa yabategetse, batora amabuye cumi n’abiri muri Yorodani hagati nk’uko Uwiteka yategetse Yosuwa, bakurikije umubare w’imiryango y’Abisirayeli uko ungana, barayambukana bayageza aho bagiye kugandika bayaturaho.

9 Yosuwa na we ashinga amabuye cumi n’abiri muri Yorodani hagati, aho abatambyi bahetse isanduku y’isezerano bari bashinze ibirenge, ni ho akiri na bugingo n’ubu.

Bambuka, amazi ya Yorodani asubirana

10 Nuko abatambyi bahetse isanduku bahagarara muri Yorodani hagati, kugeza igihe ibyo Uwiteka yategetse Yosuwa kubwira abantu byarangiriye nk’uko Mose yari yategetse Yosuwa byose. Nuko abantu barihuta barambuka.

11 Ariko abantu bose bamaze guhita, isanduku y’Uwiteka ihetswe n’abatambyi irambutswa, abantu babireba.

12 Abarubeni n’Abagadi n’igice cy’umuryango wa Manase, babanziriza Abisirayeli kwambuka bafite intwaro nk’uko Mose yari yarabategetse.

13 Ingabo nk’inzovu enye zifite intwaro zinyura imbere y’Uwiteka mu kibaya cy’i Yeriko, ziteguye kurwana.

14 Uwo munsi Uwiteka akuza Yosuwa mu maso y’Abisirayeli bose, baramwubaha nk’uko bubahaga Mose iminsi yose yamaze akiriho.

15 Uwiteka abwira Yosuwa ati

16 “Tegeka abatambyi bahetse isanduku y’isezerano bave muri Yorodani.”

17 Yosuwa ategeka abatambyi ati “Nimuzamuke muve muri Yorodani.”

18 Abatambyi bahetse isanduku y’isezerano ry’Uwiteka bavuye muri Yorodani bashinze ibirenge imusozi, amazi ya Yorodani aherako arasubirana, asandara hose arenga inkombe nk’uko yari asanzwe.

19 Abantu bazamuka bava muri Yorodani ku munsi wa cumi w’ukwezi kwa mbere, bagandika i Gilugali mu rugabano rw’i Yeriko mu ruhande rw’iburasirazuba.

20 Ya mabuye cumi n’abiri bakuye muri Yorodani Yosuwa ayashinga i Gilugali.

21 Maze abwira Abisirayeli ati “Abana banyu ubwo bazabaza ba se mu gihe kizaza bati ‘Aya mabuye ni ay’iki?’

22 Muzabigishe mubasobanurira muti ‘Abisirayeli bambutse Yorodani ikamye’,

23 kuko Uwiteka Imana yanyu yakamije amazi ya Yorodani imbere yanyu kugeza aho mwambukiye, nk’uko Uwiteka Imana yanyu yagize Inyanja Itukura ubwo yayikamirije imbere yacu kugeza aho twambukiye,

24 kugira ngo amahanga yose yo mu isi amenye ko Uwiteka agira amaboko akomeye, bajye batinya Uwiteka Imana yanyu iteka ryose.”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + four =