Zab 1

IGICE CYA MBERE

1 Hahirwa umuntu udakurikiza imigambi y’ababi,

Ntahagarare mu nzira y’abanyabyaha,

Ntiyicarane n’abakobanyi.

2 Ahubwo amategeko y’Uwiteka ni yo yishimira,

Kandi amategeko ye ni yo yibwira ku manywa na nijoro.

3 Uwo azahwana n’igiti cyatewe hafi y’umugezi,

Cyera imbuto zacyo igihe cyacyo.

Ibibabi byacyo ntibyuma,

Icyo azakora cyose kizamubera cyiza.

4 Ababi ntibamera batyo,

Ahubwo bahwana n’umurama utumurwa n’umuyaga.

5 Ni cyo gituma ababi bazatsindwa ku munsi w’amateka,

N’abanyabyaha bazatsindirwa mu iteraniro ry’abakiranutsi.

6 Kuko Uwiteka azi inzira y’abakiranutsi,

Ariko inzira y’ababi izarimbuka.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =