Ibar 21

Abisirayeli baterwa n’inzoka z’ubusagwe 1 Umunyakanāni umwami wa Arada waturaga i Negebu, yumva ko Abisirayeli baje baciye mu nzira ica muri Atarimu, arabarwanya abafatamo mpiri. 2 Abisirayeli bahiga Uwiteka umuhigo bati “Nutugabiza iri shyanga, tuzasenya rwose imidugudu yabo tuyirimbure.” 3 Uwiteka yumvira Abisirayeli abagabiza abo Banyakanāni, barabarimbura rwose, n’imidugudu yabo barayisenya: aho hantu bahita Horuma. […]

Ibar 22

Balaki yinginga Balāmu kuvuma Abisirayeli 1 Abisirayeli barahaguruka babamba amahema mu kibaya cy’i Mowabu kinini, hakurya ya Yorodani ahateganye n’i Yeriko. 2 Balaki mwene Sipori amenya ibyo Abisirayeli bagiriye Abamori byose. 3 Abamowabu batinyishwa ubwo bwoko cyane n’ubwinshi bwabo, bakurwa umutima n’Abisirayeli. 4 Abamowabu babwira abakuru b’i Midiyani bati “None uyu mutwe uzarigata abatugose bose, […]

Ibar 23

1 Balāmu abwira Balaki ati “Nyubakishiriza hano ibicaniro birindwi, unyitegurire hano amapfizi arindwi n’amasekurume y’intama arindwi.” 2 Balaki abigenza uko Balāmu amubwiye. Balaki na Balāmu batambira ku gicaniro cyose impfizi n’isekurume y’intama. 3 Balāmu abwira Balaki ati “Hagarara iruhande rw’ibitambo byawe byoshejwe nanjye ngende, ahari Uwiteka araza ansanganire; icyo ambwira ndakikubwira.” Ajya mu mpinga y’ibiharabuge. […]

Ibar 24

Balāmu yongera kabiri guhesha Abisirayeli umugisha 1 Balāmu abonye yuko Uwiteka akunda guha Abisirayeli umugisha, ntiyagenda nka mbere gushaka indagu, ahubwo yerekeza amaso ye mu butayu. 2 Balāmu arambura amaso, abona Abisirayeli baganditse nk’uko imiryango yabo iri. Umwuka w’Imana amuzaho, 3 aca umugani uhanura ati “Balāmu mwene Bewori aravuga, Umuntu wari uhumirije amaso aravuga. 4 […]

Ibar 25

Abisirayeli basenga ibigirwamana, Uwiteka abahana 1 Abisirayeli baguma i Shitimu, abantu batangira gusambana n’Abamowabukazi, 2 kuko babararikaga ngo baze mu itamba ry’ibitambo by’imana zabo. Abantu bagatonōra bakikubita hasi imbere y’imana zabo. 3 Abisirayeli bifatanya na Bāli y’i Pewori, bikongereza uburakari bw’Uwiteka. 4 Uwiteka abwira Mose ati “Teranya abatware b’abantu bose, umanike abakoze ibyo imbere y’Uwiteka […]

Ibar 26

Babara Abisirayeli ubwa kabiri 1 Hanyuma ya mugiga iyo, Uwiteka abwira Mose na Eleyazari mwene Aroni umutambyi ati 2 “Mubare umubare w’iteraniro ry’Abisirayeli ryose, bamaze imyaka makumyabiri bavutse cyangwa isāga, abo mu Bisirayeli bose babasha gutabara, mubabare nk’uko amazu ya ba sekuru ari.” 3 Mose na Eleyazari umutambyi bababwirira mu kibaya cy’i Mowabu kinini, bari […]

Ibar 27

Uwiteka acira abakobwa ba Selofehadi urubanza 1 Maze higira hafi abakobwa ba Selofehadi mwene Heferi, wa Gileyadi, wa Makiri, wa Manase, bo mu miryango ya Manase mwene Yosefu. Aya ni yo mazina y’abakobwa ba Selofehadi: Mahila na Nowa na Hogila, na Miluka na Tirusa. 2 Bahagarara imbere ya Mose na Eleyazari umutambyi, n’abatware n’iteraniro ryose […]

Ibar 28

Ibikwiriye kujya bitambwa mu minsi mikuru 1 Uwiteka abwira Mose ati 2 “Tegeka Abisirayeli uti ‘Ibitambo byanjye, ibyokurya byanjye by’ibitambo n’amaturo bikongorwa n’umuriro by’umubabwe umpumurira neza, mujye mwitondera kubintambira mu bihe byabyo byategetswe.’ 3 “Ubabwire uti ‘Ibi ni byo bitambo n’amaturo bikongorwa n’umuriro mukwiriye kujya mutambira Uwiteka: uko bukeye mujye mutamba abana b’intama b’amasekurume babiri […]

Ibar 29

Ibikwiriye kujya bitambwa mu kwezi kwa karindwi 1 “ ‘Mu kwezi kwa karindwi ku munsi wako wa mbere mujye muteranira kuba iteraniro ryera, ntimukagire umurimo w’ubugaragu muwukoraho. Uwo munsi ubabere uwo kuvuza amahembe. 2 Mujye muwutambaho ibitambo byoswa by’umubabwe uhumurira Uwiteka neza, by’ikimasa cy’umusore n’isekurume y’intama, n’abana b’intama b’amasekurume barindwi bataramara umwaka, bidafite inenge. 3 […]

Ibar 30

1 Nuko Mose abwira Abisirayeli ibyo Uwiteka yamutegetse byose. Amategeko y’imihigo 2 Mose abwira abatware b’imiryango y’Abisirayeli ati “Iri ni ryo tegeko Uwiteka ategetse: 3 Umugabo nahiga Uwiteka umuhigo cyangwa niyibohesha indahiro, ntagace ku isezerano rye ngo aryonone, ahubwo ahigure ibyaturutse mu kanwa ke. 4 “Kandi umukobwa nahiga Uwiteka umuhigo, akibohesha isezerano akiri mu rugo […]