1 Amateka 4

Urundi rutonde rw’abakomoka kuri Yuda

1 Bene Yuda ni Perēsi na Hesironi, na Karumi na Huri na Shobali.

2 Reyaya mwene Shobali abyara Yahati, Yahati abyara Ahumayi na Lahadi. Izo ni zo mbyaro z’Abasorati.

3 Aba ni bo bana ba se wa Etamu: Yezerēli na Ishuma na Idubashi, na mushiki wabo yitwaga Haseleluponi,

4 na Penuweli se wa Gedori na Ezeri se wa Husha. Aba ni bo bahungu ba Huri, imfura ye ni Efurata se wa Betelehemu.

5 Ashihuri se wa Tekowa yari afite abagore babiri, Hela na Nāra.

6 Nāra amubyaraho Ahuzamu na Heferi, na Temeni na Hāhashutari. Abo ni bo bahungu ba Nāra.

7 Bene Hela ni Sereti na Isuhari na Etunani.

8 Hakosi abyara Anubu na Sobeba, n’imbyaro za Aharuheli mwene Haramu.

9 Yabesi yarushaga bene se icyubahiro, kandi nyina yamwise Yabesi kuko yavuze ati “Namubyaranye agahinda.”

10 Yabesi atakambira Imana ya Isirayeli ati “Icyampa ukampa umugisha rwose, ukāgura imbago yanjye kandi ukuboko kwawe kukabana nanjye, ukandinda ibyago ntibimbabaze.” Nuko Imana imuha ibyo yasabye.

11 Kelubu murumuna wa Shuha abyara Mehiri se wa Eshitoni.

12 Eshitoni abyara Betirafa na Paseya, na Tehina se wa Irunahashi. Abo ni bo bantu ba Reka.

13 Bene Kenazi ni Otiniyeli na Seraya, mwene Otiniyeli ni Hatati.

14 Meyonotayi abyara Ofura, na Seraya abyara Yowabu se wa Geharashimu,kuko bari abanyamyuga.

15 Bene Kalebu mwene Yefune ni Iru, na Ela, na Nāmu, na bene Ela ni Kenazi.

16 Bene Yehalelēli ni Zifu na Zifa, na Tiriya na Asarēli.

17 Bene Ezira ni Yeteri na Meredi na Eferi na Yaloni, kandi abyara Miriyamu na Shamayi, na Ishuba se wa Eshitemowa.

18 Umugore we w’Umuyudakazi abyara Yeredi se wa Gedori, na Heberi se wa Soko, na Yekutiyeli se wa Zanowa. Abo ni bo bahungu ba Bitiya umukobwa wa Farawo warongowe na Meredi.

19 Abahungu ba muka Hodiya murumuna wa Nahamu, ni se wa Keyila w’Umugarumi na Eshitemowa w’Umunyamāka.

20 Bene Shimoni ni Amunoni na Rina, na Benihanani na Tiloni. Bene Ishi ni Zoheti na Benizoheti.

21 Bene Shela mwene Yuda ni Eri se wa Leka na Lāda se wa Maresha, n’imbyaro z’inzu y’ababohaga imyenda y’ibitare byiza, bo mu nzu ya Ashibeya,

22 na Yokimu n’abagabo b’i Kozeba, na Yowasi na Sarafi batwaraga i Mowabu, na Yashubilehemu. Kandi ayo magambo ni aya kera.

23 Abo ni bo bari ababumbyi baturaga i Netayimu n’i Gedera, babanagayo n’umwami bakamukorera.

Abakomoka kuri Simiyoni

24 Bene Simiyoni ni Nemuweli na Yamini, na Yaribu na Zera na Shawuli.

25 Umuhungu wa Shawuli ni Shalumu, mwene Shalumu ni Mibusamu, mwene Mibusamu ni Mishuma.

26 Mwene Mishuma ni Hamuweli, mwene Hamuweli ni Zakuri, mwene Zakuri ni Shimeyi.

27 Shimeyi abyara abahungu cumi na batandatu n’abakobwa batandatu, ariko bene se ntibabyara abana benshi kandi umuryango wabo wose ntiwagwiriye nk’uw’Abayuda.

28 Kandi baturaga i Bērisheba n’i Molada n’i Hasarishuwali,

29 n’i Biluha na Esemu n’i Toladi,

30 n’i Betuweli n’i Horuma n’i Sikulagi,

31 n’i Betimarukaboti n’i Hasarisusimu, n’i Betibiri n’i Shārayimu. Iyo ni yo yari imidugudu yabo kugeza aho Dawidi yimiye ingoma.

32 N’ibirorero byabo ni Etamu na Ayini, na Rimoni na Tokeni na Ashani, byose uko ari bitanu.

33 Ibirorero byabo byose byari bikikije iyo midugudu ukageza i Bāli. Aho ni ho baturaga kandi bamenyaga ibya ba sekuruza.

34 Meshobabu na Yamuleki na Yosha mwene Amasiya,

35 na Yoweli na Yehu mwene Yoshibiya mwene Seraya mwene Asiyeli,

36 na Eliyowenayi na Yākoba na Yeshohaya, na Asaya na Adiyeli na Yesimiyeli na Benaya,

37 na Ziza mwene Shifi mwene Aloni, mwene Yedaya mwene Shimuri mwene Shemaya.

38 Abo bavuzwe mu mazina bari abatware mu miryango yabo, kandi amazu ya ba sekuruza babo aragwira cyane.

39 Bajya aharasukirwa i Gedori iruhande rw’ikibaya rw’iburasirazuba, gushakira imikumbi yabo ubwatsi.

40 Babona ubwatsi bwiza butoshye, kandi igihugu cyari kigari gifite amahoro n’ituze, kuko abari batuyeyo ubwa mbere bari Abahamu.

41 Kandi abo banditswe amazina baje ku ngoma ya Hezekiya umwami w’Abayuda batera amahema yabo, Abameyunimu basanzeyo barabarimbura rwose kugeza n’ubu, bahindūra imisozi yabo bayituramo, kuko hari ubwatsi bw’imikumbi yabo.

42 Kandi bamwe muri bo bo muri bene Simiyoni, abagabo magana atanu bajya ku musozi Seyiri, abatware babo ni Pelatiya na Neyariya na Refaya na Uziyeli, bene Ishi.

43 Bica igice cy’Abamaleki cyacitse ku icumu, baturayo na bugingo n’ubu.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 6 =