1 Amateka 5

Abakomoka kuri Rubeni

1 Rubeni yari imfura ya Isirayeli, ariko ubutware bwe bw’umwana w’imfura barabumwaka, kuko yashize isoni kuri muka se, babuha bene Yosefu mwene Isirayeli. Nyamara (Yosefu) ntiyari akwiriye gutangiririrwaho mu mubare w’amazina nk’uwavutse ari imfura.

2 Kandi Yuda yagwije amaboko muri bene se, kuri we hakomotse umwami. Ariko ubutware bw’umwana w’imfura bwari ubwa Yosefu.

3 Bene Rubeni imfura ya Isirayeli ni Henoki na Palu, na Hesironi na Karumi.

4 Mwene Yoweli ni Shemaya, mwene Shemaya ni Gogi, mwene Gogi ni Shimeyi,

5 mwene Shimeyi ni Mika, mwene Mika ni Reyaya, mwene Reyaya ni Bāli,

6 mwene Bāli ni Bēra, ni we Tigulatipilineseri umwami wa Ashuri yajyanye ho umunyago, ari we wari umutware w’Abarubeni.

7 Bene Bēra uko imiryango yabo iri, ni yo yanditswe mu bya ba sekuruza uko kuvuka kwabo kwari kuri, umukuru ni Yeyeli na Zekariya,

8 na Bela mwene Azazi mwene Shema mwene Yoweli, waturaga muri Aroweri akageza i Nebo n’i Bālimeyoni.

9 Kandi agatura n’iburasirazuba akageza ahagana mu ishyamba, uhereye ku ruzi rwa Ufurate kuko imikumbi yabo yari igwiriye mu gihugu cy’i Galeyadi.

10 Maze ku ngoma ya Sawuli barwana n’Abahagari barabica, baherako batura mu mahema yabo, bakwira igihugu cyose cy’iburasirazuba bw’i Galeyadi.

Abakomoka kuri Gadi

11 Bene Gadi batura babitegeye, mu gihugu cy’i Bashani ukageza Saleka.

12 Yoweli ni we wari mukuru, uwa kabiri ni Shafamu, na Yanayi na Shafati i Bashani.

13 Na bene wabo bo mu mbyaro za ba sekuruza babo, Mikayeli na Meshulamu na Sheba, na Yorayi na Yakani na Ziya na Eberi, uko ari barindwi.

14 Aba ni bo bene Abihayili mwene Huri mwene Yarowa, mwene Gileyadi mwene Mikayeli mwene Yeshishayi, mwene Yahudo mwene Buzi.

15 Ahi mwene Abudiyeli mwene Guni, ni we wari umutware w’amazu ya ba sekuruza.

16 Abo baturaga i Galeyadi muri Bashani, mu midugudu yaho no mu bikingi byose by’i Sharoni ukageza aho bigarukira.

17 Abo bose barabazwe, uko kuvuka kwabo kwari kuri ku ngoma ya Yotamu umwami w’i Buyuda, no ku ngoma ya Yerobowamu umwami wa Isirayeli.

18 Muri bene Rubeni n’Abagadi n’igice cy’umuryango wa Manase, harimo abagabo b’intwari zibasha gutwara ingabo n’inkota no kurasanisha imiheto z’abahanga mu ntambara, zose zari ingabo inzovu enye n’ibihumbi bine na magana arindwi na mirongo itandatu, ni bo babashaga gutabara.

19 Barwana n’Abahagari na Yeturi na Nafishi na Nadabu.

20 Bakirwana na bobaratabarwa, Abahagari n’abari kumwe na bo bose batangwa mu maboko y’Abarubeni n’Abagadi n’Abamanase, kuko batakambiye Imana muri iyo ntambara, ikemera guhendahendwa kuko bayiringiye.

21 Maze banyaga amatungo yabo, ingamiya inzovu eshanu n’intama inzovu ebyiri n’ibihumbi bitanu, n’indogobe ibihumbi bibiri n’abantu agahumbi.

22 Benshi baguyemu ntambarakuko iyo ntambara yari ivuye ku Mana. Baherako batura muri icyo gihugu, kugeza igihe bajyaniwe ho iminyago.

Abakomoka kuri Manase

23 Ab’igice cy’umuryango wa Manase batura muri icyo gihugu, uhereye i Bashani ukageza i Bāliherumoni n’i Seniri no ku musozi wa Herumoni.

24 Aba ni bo bari abatware b’amazu ya ba sekuruza babo: Eferi na Ishi na Eliyeli na Aziriyeli, na Yeremiya na Hodaviya na Yahudiyeli. Bari abanyambaraga b’intwari b’ibirangirire n’abatware b’amazu ya ba sekuruza babo.

25 Hanyuma bacumura ku Mana ya ba sekuruza babo, bakajya bararikira imana z’abanyamahanga bo muri icyo gihugu, abo Imana yabarimburiye imbere.

26 Hanyuma Imana ya Isirayeli ihata umutima wa Puli umwami wa Ashūri n’umutima wa Tigulatipilineseri umwami wa Ashūri, ajyana ho iminyago Abarubeni n’Abagadi n’ab’igice cy’umuryango wa Manase, abajyana i Hala n’i Habora n’i Hara, no ku mugezi w’i Gozani na bugingo n’ubu.

Abatambyi bakuru bakomoka kuri Lewi

27 Bene Lewi ni Gerushoni na Kohati na Merari.

28 Bene Kohati ni Amuramu na Isuhari, na Heburoni na Uziyeli.

29 Bene Amuramu ni Aroni na Mose na Miriyamu.

Bene Aroni ni Nadabu na Abihu, na Eleyazari na Itamari.

30 Eleyazari abyara Finehasi, Finehasi abyara Abishuwa.

31 Abishuwa abyara Buki, Buki abyara Uzi.

32 Uzi abyara Zerahiya, Zerahiya abyara Merayoti.

33 Merayoti abyara Amariya, Amariya abyara Ahitubu.

34 Ahitubu abyara Sadoki, Sadoki abyara Ahimāzi.

35 Ahimāzi abyara Azariya, Azariya abyara Yohanani.

36 Yohanani abyara Azariya, (ari we wakoraga umurimo w’ubutambyi mu nzu Salomo yubatse i Yerusalemu).

37 Azariya abyara Amariya, Amariya abyara Ahitubu.

38 Ahitubu abyara Sadoki, Sadoki abyara Shalumu.

39 Shalumu abyara Hilukiya, Hilukiya abyara Azariya.

40 Azariya abyara Seraya, Seraya abyara Yehosadaki.

41 Yehosadaki yajyagiye ari umunyagano, ubwo Uwiteka yanyagishaga Abayuda n’ab’i Yerusalemu Nebukadinezari.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 11 =