Yh 5

Yesu akiza umuntu umaze imyaka mirongo itatu n’umunani amugaye

1 Hanyuma y’ibyo haba iminsi mikuru y’Abayuda, nuko Yesu ajya i Yerusalemu.

2 Kandi i Yerusalemu bugufi bw’irembo ry’intama hariho ikidendezi, mu Ruheburayo kitwa Betesida, cyariho amabaraza atanu.

3 Muri ayo mabaraza hari abarwayi benshi, barimo impumyi n’ibirema n’abanyunyutse, [bari bategereje ko amazi yihinduriza,

4 kuko rimwe na rimwe marayika yamanukaga akajya muri icyo kidendezi, agahinduriza amazi. Nuko umuntu wabanzaga kujyamo amazi yihindurije, ni we wakiraga indwara ye iyo ari yo yose.]

5 Hariho umuntu wari ufite indwara, ayimaranye imyaka mirongo itatu n’umunani.

6 Yesu amubonye aryamye amenya yuko amaze igihe kirekire arwaye, aramubaza ati “Mbese urashaka gukira?”

7 Umurwayi aramusubiza ati “Databuja, simfite umuntu unjugunya mu kidendezi iyo amazi yihindurije, nkīza undi antanga kumanukamo.”

8 Yesu aramubwira ati “Byuka wikorere uburiri bwawe ugende.”

9 Muri ako kanya uwo muntu arakira, yikorera uburiri bwe aragenda.

Ubwo hari ku munsi w’isabato.

10 Nuko Abayuda babwira ukijijwe bati “Dore uyu munsi ni isabato, kandi amategeko ntiyemera ko wikorera uburiri bwawe.”

11 Na we arabasubiza ati “Uwankijije ni we wambwiye ati ‘Ikorere uburiri bwawe ugende.’ ”

12 Baramubaza bati “Uwo muntu ni nde wakubwiye ngo wikorere ugende?”

13 Ariko uwakijijwe ntiyamenya uwo ari we, kuko Yesu yari yigendeye kandi hari abantu benshi.

14 Hanyuma y’ibyo Yesu amubona mu rusengero aramubwira ati “Dore ubaye muzima, ntukongere gukora icyaha utazabona ishyano riruta irya mbere.”

15 Uwo muntu aragenda abwira Abayuda yuko ari Yesu wamukijije.

16 Ni cyo cyatumaga Abayuda bashaka kurenganya Yesu, kuko yakoraga bene nk’ibyo ku isabato.

17 Ariko arabasubiza ati “Data arakora kugeza n’ubu, nanjye ndakora.”

18 Ni cyo cyatumye Abayuda barushaho gushaka kumwica, kuko uretse kuzirura isabato gusa, ahubwo ahora yita n’Imana ko ari Se bwite, akīgereranya na yo.

Yesu ahamya ko ubutware bwe buva ku Mana

19 Yesu arabasubiza ati “Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko ari nta cyo Umwana abasha gukora ubwe atabonye Se agikora, kuko ibyo Se akora byose n’Umwana ari byo akora,

20 kuko Se akunda Umwana we akamwereka ibyo akora byose, ndetse azamwereka n’imirimo iruta iyi kugira ngo mutangare.

21 Nk’uko Se azura abapfuye akabaha ubugingo, ni ko n’Umwana aha ubugingo abo ashaka.

22 Kuko ari nta n’umwe Data aciraho iteka, ahubwo yabihaye Umwana ngo abe ari we uca amateka yose,

23 kugira ngo abantu bose bubahe Umwana nk’uko bubaha Se. Utubaha uwo Mwana ntaba yubashye na Se wamutumye.

24 “Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko uwumva ijambo ryanjye akizera uwantumye, aba afite ubugingo buhoraho kandi ntazacirwaho iteka, ahubwo aba avuye mu rupfu ageze mu bugingo.

25 Ni ukuri, ni ukuri, ndababwira yuko igihe kije ndetse kirasohoye, ubwo abapfa bumva kandi bazumva ijwi ry’Umwana w’Imana, n’abaryumvise bazaba bazima,

26 kuko nk’uko Data afite ubugingo muri we, ni ko yabuhaye Umwana ngo abugire na we.

27 Kandi yamuhaye ubutware bwo guca amateka, kuko ari Umwana w’umuntu.

28 Ntimutangazwe n’ibyo kuko igihe kizaza, ubwo abari mu bituro bose bazumva ijwi rye

29 bakavamo, abakoze ibyiza bakazukira ubugingo, naho abakoze ibibi bakazukira gucirwaho iteka.

Ibihamya Yesu

30 “Nta cyo mbasha gukora ubwanjye, ahubwo uko numvise ni ko nca amateka, kandi ayo nca ni ay’ukuri kuko ntakurikiza ibyo nkunda ubwanjye, ahubwo nkurikiza ibyo uwantumye akunda.

31 “Nakwihamya ubwanjye, guhamya kwanjye ntikuba ari uk’ukuri,

32 ahubwo hariho undi umpamya, nanjye nzi yuko ibyo ampamya ari iby’ukuri.

33 Mwatumye kuri Yohana, na we yahamije ukuri.

34 Icyakora sinishingikirije ku buhamya bw’umuntu, ahubwo mbivugiye kugira ngo mukizwe.

35 Uwo yari itabaza ryaka rimurika, namwe mwamaze igihe gito mwishimira umucyo we.

36 Ariko mfite ibimpamya biruta ibya Yohana, kuko imirimo Data yampaye ngo nyisohoze, iyo mirimo nkora ari yo impamya ubwayo yuko Data ari we wantumye.

37 Kandi Data wantumye na we yahamije ibyanjye ubwe. Ntimwigeze kumva ijwi rye, habe no kubona ishusho ye,

38 ndetse ntimufite n’ijambo rye riguma muri mwe, kuko uwo yatumye mutamwizeye.

39 Murondora mu byanditswe, kuko mwibwira ko muri byo arimo mufite ubugingo buhoraho, kandi ari byo bimpamya.

40 Nyamara mwanze kuza aho ndi, ngo muhabwe ubugingo.

41 “Sinshaka ishimwe ry’abantu,

42 ariko mwebwe ndabazi yuko mudakunda Imana mu mitima yanyu.

43 Jye naje mu izina rya Data ntimwanyemera, ariko undi naza mu izina rye ubwe we muzamwemera.

44 Mbese mwabasha mute kwizera kandi mumaranira gushimwa n’abantu, mu cyimbo cyo gushaka ishimwe riva ku Mana ubwayo?

45 Mwe gutekereza yuko nzabarega kuri Data kuko hariho ubarega, ndetse ni Mose uwo mwiringiye.

46 Iyo mwizera Mose nanjye muba munyizeye, kuko ari ibyanjye yanditse.

47 Ariko se nimutizera ibyo uwo yanditse, noneho n’amagambo yanjye muzayizera mute?”

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + twelve =