Zab 4

1 Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi, babwira inanga. Ni Zaburi ya Dawidi.

2 Mana gukiranuka kwanjye guturukaho,

unsubize uko ngutakiye.

Warambohoye ubwo nari mfite umubabaro,

Mbabarira, wumve gusenga kwanjye.

3 Bana b’abantu,

Muzageza he guhindura icyubahiro cyanjye igisuzuguriro?

Muzageza he gukunda ibitagira umumaro no gukurikiza ibinyoma?

Sela.

4 Ariko mumenye yuko Uwiteka yirobanuriye umukunzi we,

Uwiteka azanyumva uko mutakiye.

5 Mugire impuhwe zo gukora icyaha,

Muri ku mariri yanyu mwibwirire mu mitima mucecetse.

Sela.

6 Mutambe ibitambo mukiranutse,

Kandi mwiringire Uwiteka.

7 Hariho benshi babaza bati

“Ni nde uzatwereka ibitunezeza?

Uwiteka utuvushirize umucyo wo mu maso hawe.”

8 Ushyire ibyishimo mu mutima wanjye,

Biruta ibyo ku burumbuke bw’amasaka na vino.

9 Nzajya ndyama nsinzire niziguye,

Kuko ari wowe wenyine Uwiteka umpa kuba amahoro.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 3 =