Zab 6

1 Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi, babwirisha inanga ijwi ryo mu gituza. Ni Zaburi ya Dawidi.

2 Uwiteka ntuncyahishe umujinya wawe,

Kandi ntumpanishe uburakari bwawe bwotsa.

3 Uwiteka, mbabaririra kuko numiranye,

Uwiteka, nkiriza kuko amagufwa yanjye ahinda imishyitsi.

4 Umutima wanjye na wo uhagaze cyane,

Nawe Uwiteka, uzageza he kubikundira?

5 Uwiteka, garuka utabare umutima wanjye,

Unkize ku bw’imbabazi zawe.

6 Kuko ūpfuye atakikwibuka,

Ni nde uzagushimira ikuzimu?

7 Kuniha kurandambiye,

Uko ijoro rije ntotesha uburiri bwanjye amarira,

Uburiri bwanjye nyabuminjagiraho.

8 Mu maso hanjyehananurwa n’umubabaro,

Hashajishijwe n’abantera bose.

9 Mwa nkozi z’ibibi mwe, nimuve aho ndi,

Kuko Uwiteka yumvise kurira kwanjye.

10 Uwiteka yumvise kwinginga kwanjye,

Uwiteka azemera gusenga kwanjye.

11 Abanzi banjye bose bazamwara bagire ubwoba bwinshi,

Bazasubizwa inyuma ikimwaro kizabatungura.

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − twelve =